Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko havutse imikoranire mishya ihuriweho n’imitwe ya ADF, FDLR na Wazalendo, ikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanyekongo bicwa bazizwa ubwoko bwabo.

Ni nyuma y’uko hakomeje kumvikana ubwicanyi bukorerwa abasivile bo mu Bice biri mu nkengero z’ahagenzurwa n’uyu mutwe wa M23, aho bikorwa n’abarwanyi b’imitwe ifatanya na FARDC, aho baba bahungiye nyuma yo kumeneshwa n’uyu mutwe bahanganye.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko iyi mitwe uko ari itatu ikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane.

Yagize ati “Twamaganye twivuye inyuma ibikorwa by’ubwicanyi bukorwa hashingiwe ku irondabwoko bukorerwa abasivile bo muri Lubero, Butembo ndetse no mu bice bihakikije.”

Lawrence Kanyuka yavuze ko “Ibikorwa nk’ibi by’ubugome ndengakamere, bidashobora kwihanganirwa na busa.” Nk’uko wakunze kubivuga ko udashobora kuzajye urebera ahakorwa ibikorwa nk’ibi bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Umuvugizi wa M23, yibukije ubutegetsi bwa Congo n’umuryango mpuzamahanga, ndetse n’abayobozi bo mu Bihugu byo mu karere, ko uyu mutwe utahwemye kugaragaza ibikorwa nk’ibi ndetse ugasaba ko hagira igikorwa.

Ati “Turamenyesha Umuryango w’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga, ndetse n’abayobozi bo mu karere, ko havutse ubufatanye bushya bwa ADF, FDLR na Wazalendo bihurije mu bikorwa bari gukorera muri ibi bice.”

Yavuze ko ubu bufatanye bugamije gukora ibikorwa bishingiye ku ivanguramoko, ndetse no gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside no kubiba urwangano mu baturage b’abasivile.

Umuvugizi wa M23 yavuze kandi ko ibi byose binashyigikirwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa ndetse ko biri mu migambi yabwo buri kwifashisha mu rugamba buhanganyemo n’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Related Posts

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

IZIHERUKA

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine
MU RWANDA

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

by radiotv10
04/11/2025
0

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

04/11/2025
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

03/11/2025
Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.