Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yatangiye icyifuzo gikomeye mu gikorwa cya mbere cyo kubahiriza ibyifuzo byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bwa M23 bwagiranye ibiganiro na Uhuru Kenyatta, umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bumusaba kugenzura ko n’indi mitwe iri kubahiriza ibyemezo yafatiwe birimo gushyira hasi intwaro no guhagarika imirwano.

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, washyizweho nk’umuhuza muri ibi bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye abayobozi b’umutwe wa M23 barimo Perezida wawo, Betrand Bisimwa ndetse n’abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru mu bya gisirikare, kuri uyu wa Kane tariki 12 Mutarama 2023.

Muri ibi biganiro byari bigamije gushaka amahoro mu burasirazuna bwa DRC, umutwe wa M23 ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza ibyo wasabwe, wasezeranyije ko uzakomeza kubyubahiriza kugira ngo amahoro akomeze kuboneka muri Kivu ya Ruguru.

Wasezezeranyije ko uzakomeza kuva mu bice wafashe no guhagarika imirwano ndetse no gukomeza gukorana n’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zatangiye kugenzura uduce uyu mutwe wamaze kurekura.

Wasezeranyije kandi ko inzira zo kubahiriza ibi byemezo byo kuva mu bice wari warafashe ko kizakomeza kugenzurwa n’izi ngabo za EACRF ndetse n’itsinda ry’ingabo z’umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) mu rwego rwo kugarura abaturage bari baravuye mu byabo.

Itangazo ry’ibyavuye muri ibi biganiro rikomeza rigira riti “Abayobozi ba M23 basabye Perezida Kenyatta gukurikirana ko hari ituze muri DRC nanone kandi niba uburenganzira bw’abaturage bwubahirizwa, nanone kandi niba imitwe yose ikomoka muri DRC n’ikomoka hanze yarashyize hasi intwaro, igahagarika imirwano cyangwa ibitero igaba kuri M23 ikaba inashaka ko amakimbirane arangira binyuze mu nzira z’amahoro.”

Abari muri iyi nama kandi bavuze ko umwuka uri muri Kivu ya Ruguru nk’agace kari kugarijwe n’ibibazo by’umutekano mucye kurusha utundi, hari intambwe imaze guterwa mu gushaka amahoro n’ituze mu byumweru bine bishize.

Iri tangazo rigira riti “Benshi mu baturage bari bavuye mu byabo, batangiye gusubira mu ngo zabo.”

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23 na bwo bwaboneyeho gushimira Uhuru Kenyatta ku muhate akomeje kugaragaza mu gukomeza iyi nzira yo gushaka amahoro muri DRC.

Uhuru Kenyatta yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Türkiye buriruka amasigamana, mu myaka 3 bwikubye 5

Next Post

Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Related Posts

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
18/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare bwakajije, rinavuga ko igisirikare...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

Eng.- AFC/M23 sends a message to DRC Government and warns the Burundian army

by radiotv10
18/07/2025
0

The AFC/M23 coalition, has urged the DRC authorities to cease intensified military attacks. It also accused the Burundian army of...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwanya Pasiporo y’u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Umwanya Pasiporo y'u Rwanda ihagazeho mu zikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.