Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gusaba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika ibikorwa bibangamira abaturage biri kubera mu Mujyi wa Bukavu no mu nkengero zawo, unavuga ko ingabo z’u Burundi ziri gukoresha uburyo nk’ubwa FARDC na FDLR.

Byatangajwe na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025 mu butumwa yatanze asaba uruhande ruhanganye n’uyu mutwe rugizwe na FARDC n’impande ziyifasha, guhagarika ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa mu Mujyi wa Bukavu.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Kinshasa buri gukoresha ingabo z’amahanga, zidafite icyo zishobora kumarira Abanyekongo uretse kubabangamira gusa.

Ati “Ingabo z’u Burundi zo zayobotse uburyo nk’ubwa FARDC, FDLR na Wazalendo bakomeje kubangamira abaturage b’abasivile bagakwiye kuba barengera.”

Yakomeje agira ati “Abaturage bacu bakomeje kwicwa, bafatwa ku ngufu mu buryo bubabaje, bagasahurwa ndetse n’ibindi bikorwa bitesha agaciro ikiremwamuntu, yaba ku manywa na nijoro, badafite uwabatabara.”

Yavuze kandi ko hari ibibunda bya rutura biri gushyirwa mu bice bireba mu gace ka Cyanguru mu Rwanda, biri mu duce rwa Nguba na Muhumba, aho bikomeje gutera ikikango abaturage bo mu mujyi wa Bukavu banakomeje kugabwaho ibitero by’umusubirizo n’ihuriro ry’abarwanyi ba Leta ya Congo Kinshasa.

Yavuze ko nyuma yuko uruhande rwa FARDC rutsinzwe i Goma rwahaye abasivile imbunda, none bikaba byarateje umutekano mucye kubera ubujura bahise bijandikamo.

Bertrand Bisimwa yavuze ko ibi bikorwa bikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Epfo byumwihariko mu mujyi wa Bukavu, aho imikorere nk’iy’umutwe wa Wazalendo ikomeje kwimakazwa.

Ati “Nta muntu ushobora kwemerera ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza muri uyu murongo bukora ibyo bwishakiye bukomeza kwica abantu no gutsemba imiryango bwitwaje kurinda ubusugire bwa DRC.”

Betrand Bisimwa nk’uko aherutse kubitangaza, yavuze ko uyu mutwe wa M23 udashobora gukomeza kurebera ibikorwa nk’ibyo, ahubwo ko uzagira icyo ukora kugira ngo bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Next Post

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.