Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gusaba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika ibikorwa bibangamira abaturage biri kubera mu Mujyi wa Bukavu no mu nkengero zawo, unavuga ko ingabo z’u Burundi ziri gukoresha uburyo nk’ubwa FARDC na FDLR.

Byatangajwe na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025 mu butumwa yatanze asaba uruhande ruhanganye n’uyu mutwe rugizwe na FARDC n’impande ziyifasha, guhagarika ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa mu Mujyi wa Bukavu.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Kinshasa buri gukoresha ingabo z’amahanga, zidafite icyo zishobora kumarira Abanyekongo uretse kubabangamira gusa.

Ati “Ingabo z’u Burundi zo zayobotse uburyo nk’ubwa FARDC, FDLR na Wazalendo bakomeje kubangamira abaturage b’abasivile bagakwiye kuba barengera.”

Yakomeje agira ati “Abaturage bacu bakomeje kwicwa, bafatwa ku ngufu mu buryo bubabaje, bagasahurwa ndetse n’ibindi bikorwa bitesha agaciro ikiremwamuntu, yaba ku manywa na nijoro, badafite uwabatabara.”

Yavuze kandi ko hari ibibunda bya rutura biri gushyirwa mu bice bireba mu gace ka Cyanguru mu Rwanda, biri mu duce rwa Nguba na Muhumba, aho bikomeje gutera ikikango abaturage bo mu mujyi wa Bukavu banakomeje kugabwaho ibitero by’umusubirizo n’ihuriro ry’abarwanyi ba Leta ya Congo Kinshasa.

Yavuze ko nyuma yuko uruhande rwa FARDC rutsinzwe i Goma rwahaye abasivile imbunda, none bikaba byarateje umutekano mucye kubera ubujura bahise bijandikamo.

Bertrand Bisimwa yavuze ko ibi bikorwa bikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Epfo byumwihariko mu mujyi wa Bukavu, aho imikorere nk’iy’umutwe wa Wazalendo ikomeje kwimakazwa.

Ati “Nta muntu ushobora kwemerera ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza muri uyu murongo bukora ibyo bwishakiye bukomeza kwica abantu no gutsemba imiryango bwitwaje kurinda ubusugire bwa DRC.”

Betrand Bisimwa nk’uko aherutse kubitangaza, yavuze ko uyu mutwe wa M23 udashobora gukomeza kurebera ibikorwa nk’ibyo, ahubwo ko uzagira icyo ukora kugira ngo bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Next Post

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.