Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gusaba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika ibikorwa bibangamira abaturage biri kubera mu Mujyi wa Bukavu no mu nkengero zawo, unavuga ko ingabo z’u Burundi ziri gukoresha uburyo nk’ubwa FARDC na FDLR.

Byatangajwe na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025 mu butumwa yatanze asaba uruhande ruhanganye n’uyu mutwe rugizwe na FARDC n’impande ziyifasha, guhagarika ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa mu Mujyi wa Bukavu.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Kinshasa buri gukoresha ingabo z’amahanga, zidafite icyo zishobora kumarira Abanyekongo uretse kubabangamira gusa.

Ati “Ingabo z’u Burundi zo zayobotse uburyo nk’ubwa FARDC, FDLR na Wazalendo bakomeje kubangamira abaturage b’abasivile bagakwiye kuba barengera.”

Yakomeje agira ati “Abaturage bacu bakomeje kwicwa, bafatwa ku ngufu mu buryo bubabaje, bagasahurwa ndetse n’ibindi bikorwa bitesha agaciro ikiremwamuntu, yaba ku manywa na nijoro, badafite uwabatabara.”

Yavuze kandi ko hari ibibunda bya rutura biri gushyirwa mu bice bireba mu gace ka Cyanguru mu Rwanda, biri mu duce rwa Nguba na Muhumba, aho bikomeje gutera ikikango abaturage bo mu mujyi wa Bukavu banakomeje kugabwaho ibitero by’umusubirizo n’ihuriro ry’abarwanyi ba Leta ya Congo Kinshasa.

Yavuze ko nyuma yuko uruhande rwa FARDC rutsinzwe i Goma rwahaye abasivile imbunda, none bikaba byarateje umutekano mucye kubera ubujura bahise bijandikamo.

Bertrand Bisimwa yavuze ko ibi bikorwa bikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Epfo byumwihariko mu mujyi wa Bukavu, aho imikorere nk’iy’umutwe wa Wazalendo ikomeje kwimakazwa.

Ati “Nta muntu ushobora kwemerera ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza muri uyu murongo bukora ibyo bwishakiye bukomeza kwica abantu no gutsemba imiryango bwitwaje kurinda ubusugire bwa DRC.”

Betrand Bisimwa nk’uko aherutse kubitangaza, yavuze ko uyu mutwe wa M23 udashobora gukomeza kurebera ibikorwa nk’ibyo, ahubwo ko uzagira icyo ukora kugira ngo bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku mpanuka yahitanye ubuzima bwa benshi

Next Post

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.