Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, bavuga ko ubukorikori bakoreramo bwabafashije gukomeza gutunga imiryango yabo.

Aba biganjemo abagore baboha ibiseke n’ibikapu, bavuga ko ibi bikorwa by’ubukorikori bakorera muri Gereza, bibafasha kubona amikoro yo kubasha kubaho muri gereza ndetse bagashobora no gutunga imiryango basize mu ngo zabo.

Umwe muri bo yagize ati “Iyo tubonye umuntu utugurira, tubona amavuta yo kwisiga n’iyo sabune.”

Undi na we agira ati “Bidufasha kutanywa igikoma kitagira isukari nk’igihe umuryango watinze kugusura, gereza iraguhahira.”

Mugenzi wabo avuga ko bakomeza no kuzuza inshingano zo kwita ku miryango yabo baba barasize hanze.

Ati “Amafaranga ava muri ibi bikorwa dukora, umwana wawe aramutse ikibazo akakubwira ati ‘mama ikibazo mfite giteye gutya kandi nkeneye amafaranga’, uvugana n’ubuyobozi bwa gereza hanyuma wa mwana akaza ayo ushaka kuri ya mafaranga yawe ni yo ugenera wa mwana wawe.”

Icyakora aba bagororwa bavuga ko bagifite ikibazo cy’isoko kuko ibyo bakora bitagurwa uko byakabaye ku buryo baramutse babonye isoko rihagije barushaho kwinjiza amafaranga menshi.

Ubuyobozi bwa Gereza ni bwo butanga ibikoresho byifashishwa n’aba bagororwa, bamara gukora ibyo bikorwa by’ubukorikori, bikagurishwa na gereza ubundi ikabagenera 20% yavuyemo.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge, CSP Uwayezu Augustin yagize ati “Ayo 20% twabyita ko ajya kuri konti ye [umugororwa], buri mufungwa cyangwa umugororwa aba afite ifishi muri social iriho amafaranga, ayo 20% y’ibyo yakoze nayo araza akajya kuri ya fishi y’umugororwa.”

CSP Uwayezu Augustin avuga ko ayo mafaranga ashobora gufasha umugororwa. Ati “Yamufasha guhaha icyo ashaka hano muri kantine, bitewe n’ingano y’ibyo yakoze akaba afite amafaranga menshi ku ifishi, ashobora kuba yasaba ko hari amafaranga ava ku ifishi ye akajya mu muryango we.”

Leta y’u Rwanda iri mu mavugurura y’itegeko rigenga urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aho serivisi zarwo zizaba cyane izo kugorora kuruta guhana.

Ni na gahunda zatangiye kuko hashyizweho uburyo bwo kwigisha imyuga imfungwa n’abagororwa kugira ngo nibagera hanze mu gihe bazaba barangije ibihano, bazabashe kugira ibyo bakora.

Muri 2018 ubwo abagororwa bamurikaga ibikorwa bakora

Juventine MUJAMWALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 9 =

Previous Post

Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Next Post

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.