Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, bavuga ko ubukorikori bakoreramo bwabafashije gukomeza gutunga imiryango yabo.

Aba biganjemo abagore baboha ibiseke n’ibikapu, bavuga ko ibi bikorwa by’ubukorikori bakorera muri Gereza, bibafasha kubona amikoro yo kubasha kubaho muri gereza ndetse bagashobora no gutunga imiryango basize mu ngo zabo.

Umwe muri bo yagize ati “Iyo tubonye umuntu utugurira, tubona amavuta yo kwisiga n’iyo sabune.”

Undi na we agira ati “Bidufasha kutanywa igikoma kitagira isukari nk’igihe umuryango watinze kugusura, gereza iraguhahira.”

Mugenzi wabo avuga ko bakomeza no kuzuza inshingano zo kwita ku miryango yabo baba barasize hanze.

Ati “Amafaranga ava muri ibi bikorwa dukora, umwana wawe aramutse ikibazo akakubwira ati ‘mama ikibazo mfite giteye gutya kandi nkeneye amafaranga’, uvugana n’ubuyobozi bwa gereza hanyuma wa mwana akaza ayo ushaka kuri ya mafaranga yawe ni yo ugenera wa mwana wawe.”

Icyakora aba bagororwa bavuga ko bagifite ikibazo cy’isoko kuko ibyo bakora bitagurwa uko byakabaye ku buryo baramutse babonye isoko rihagije barushaho kwinjiza amafaranga menshi.

Ubuyobozi bwa Gereza ni bwo butanga ibikoresho byifashishwa n’aba bagororwa, bamara gukora ibyo bikorwa by’ubukorikori, bikagurishwa na gereza ubundi ikabagenera 20% yavuyemo.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge, CSP Uwayezu Augustin yagize ati “Ayo 20% twabyita ko ajya kuri konti ye [umugororwa], buri mufungwa cyangwa umugororwa aba afite ifishi muri social iriho amafaranga, ayo 20% y’ibyo yakoze nayo araza akajya kuri ya fishi y’umugororwa.”

CSP Uwayezu Augustin avuga ko ayo mafaranga ashobora gufasha umugororwa. Ati “Yamufasha guhaha icyo ashaka hano muri kantine, bitewe n’ingano y’ibyo yakoze akaba afite amafaranga menshi ku ifishi, ashobora kuba yasaba ko hari amafaranga ava ku ifishi ye akajya mu muryango we.”

Leta y’u Rwanda iri mu mavugurura y’itegeko rigenga urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aho serivisi zarwo zizaba cyane izo kugorora kuruta guhana.

Ni na gahunda zatangiye kuko hashyizweho uburyo bwo kwigisha imyuga imfungwa n’abagororwa kugira ngo nibagera hanze mu gihe bazaba barangije ibihano, bazabashe kugira ibyo bakora.

Muri 2018 ubwo abagororwa bamurikaga ibikorwa bakora

Juventine MUJAMWALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Next Post

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.