Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Mageragere: Bamwe mu bagororwa bahishuye uko bakomeje gutunga imiryango yabo nubwo bafunze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, bavuga ko ubukorikori bakoreramo bwabafashije gukomeza gutunga imiryango yabo.

Aba biganjemo abagore baboha ibiseke n’ibikapu, bavuga ko ibi bikorwa by’ubukorikori bakorera muri Gereza, bibafasha kubona amikoro yo kubasha kubaho muri gereza ndetse bagashobora no gutunga imiryango basize mu ngo zabo.

Umwe muri bo yagize ati “Iyo tubonye umuntu utugurira, tubona amavuta yo kwisiga n’iyo sabune.”

Undi na we agira ati “Bidufasha kutanywa igikoma kitagira isukari nk’igihe umuryango watinze kugusura, gereza iraguhahira.”

Mugenzi wabo avuga ko bakomeza no kuzuza inshingano zo kwita ku miryango yabo baba barasize hanze.

Ati “Amafaranga ava muri ibi bikorwa dukora, umwana wawe aramutse ikibazo akakubwira ati ‘mama ikibazo mfite giteye gutya kandi nkeneye amafaranga’, uvugana n’ubuyobozi bwa gereza hanyuma wa mwana akaza ayo ushaka kuri ya mafaranga yawe ni yo ugenera wa mwana wawe.”

Icyakora aba bagororwa bavuga ko bagifite ikibazo cy’isoko kuko ibyo bakora bitagurwa uko byakabaye ku buryo baramutse babonye isoko rihagije barushaho kwinjiza amafaranga menshi.

Ubuyobozi bwa Gereza ni bwo butanga ibikoresho byifashishwa n’aba bagororwa, bamara gukora ibyo bikorwa by’ubukorikori, bikagurishwa na gereza ubundi ikabagenera 20% yavuyemo.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge, CSP Uwayezu Augustin yagize ati “Ayo 20% twabyita ko ajya kuri konti ye [umugororwa], buri mufungwa cyangwa umugororwa aba afite ifishi muri social iriho amafaranga, ayo 20% y’ibyo yakoze nayo araza akajya kuri ya fishi y’umugororwa.”

CSP Uwayezu Augustin avuga ko ayo mafaranga ashobora gufasha umugororwa. Ati “Yamufasha guhaha icyo ashaka hano muri kantine, bitewe n’ingano y’ibyo yakoze akaba afite amafaranga menshi ku ifishi, ashobora kuba yasaba ko hari amafaranga ava ku ifishi ye akajya mu muryango we.”

Leta y’u Rwanda iri mu mavugurura y’itegeko rigenga urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aho serivisi zarwo zizaba cyane izo kugorora kuruta guhana.

Ni na gahunda zatangiye kuko hashyizweho uburyo bwo kwigisha imyuga imfungwa n’abagororwa kugira ngo nibagera hanze mu gihe bazaba barangije ibihano, bazabashe kugira ibyo bakora.

Muri 2018 ubwo abagororwa bamurikaga ibikorwa bakora

Juventine MUJAMWALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + nine =

Previous Post

Dosiye ya Prince Kid yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, akurikiranyweho ibyaha bitatu

Next Post

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Nyaruguru: Ngo barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo banabibwira Umurenge ukabagira ba Nayubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.