Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Makuza yashimye uko yahawe Serivisi inoze, bamwe bamusubiza bati “Ni uko ari wowe”

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Makuza yashimye uko yahawe Serivisi inoze, bamwe bamusubiza bati “Ni uko ari wowe”

????????????????????????????????????

Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Makuza Bernard wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, yashimye abamuhaye serivisi zinoze, bamwe mu baturage bamusubiza bavuga ko ntawatinyuka kumuha serivisi mbi kandi ari umuntu ukomeye.

Hon Makuza Bernard wabaye Minisitiri w’Intebe akagira n’indi myanya ikomeye mu Rwanda nka Perezida wa Sena aherukamo, yanditse ubutumwa kuri Twitter ashima serivisi nziza yahawe.

Muri ubu butumwa yashyizeho kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Makuza Bernard yagize ati “Ndashimira abakozi bo muri Servisi z’ubutaka mu Murenge wa Kinyinya n’abo mu Karere ka Gasabo uburyo bakira ababagana na servisi yihuse kandi inoze batanga.”

Ubu butumwa buherekejwe n’ifoto y’Ibiro by’Akarere ka Gasabo, Makuza yakomeje agira ati “Nanyuzwe. Urugero rwiza henshi na benshi bakwigiraho. NTIMUGATEZUKE.”

Ndashimira abakozi bo muli Servisi z'ubutaka mu Umurenge wa KINYINYA n'abo mu Akarere ka GASABO,uburyo bakira ababagana na servisi yihuse kandi inoze batanga.Nanyuzwe.Urugero rwiza henshi na benshi bakwigiraho.NTIMUGATEZUKE. pic.twitter.com/VDYWx8hPyo

— Makuza Bernard (@_MakuzaBernard) January 26, 2022

Gusa bamwe mu basubije ubu butumwa bwe, bavuze ko kuba yahawe serivisi inoze ntagitangaza kirimo kuko ntawatinyuka kumuha serivisi mbi n’ibigwi afite mu Rwanda.

Uwitwa Umusore Wirwanyeho, yasubije agira ati “Ni uko bakuzi iyaba wari uzi icyangombwa maze imyaka irenga 8 nirukaho nabuze.”

Uwitwa Bisoso Mukamwiza na we yagize ati “Nyakubahwa muyobozi nta muntu wabona muza kumusaba service ngo areke kubasamira hejuru! Niba mushaka kumenya urugero rwa serivisi, muzagende mwambaye mask yagasaza k’agakene, mwambaye imyenda icitse, hanyuma mubabwire muti ‘nye gushaka icyangombwa cy’ubutaka’ muzumirwa.”

Uwitwa Minyaruko Aron we yagize ati “Hon. ahubwo wasanga hari ababirenganiye mo kubera imbara zose zagushyizweho, Ni iki kitakorwa ngo Nyakubahwa abone icyo ashaka kandi vuba?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 4 =

Previous Post

Kiyovu yasinyishije rutahizamu w’Umurundi akaba umuvandimwe wa Bigirimana Abedi usanzwe ayikinira

Next Post

Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

Mukase wa Akeza wapfuye bigashengura benshi yagejejwe imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.