• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

radiotv10by radiotv10
09/10/2021
in SIPORO
0
Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars
Share on FacebookShare on Twitter

Mashami Vincent umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi Stars avuga ko kuri ubu hari umuntu utazwi wamwiyitiriye ku rubuga mpuzamahanga rwa twitter akaba ari guterana amagambo n’ababajwe n’uko Uganda yatsinze u Rwanda igitego 1-0 kuri uyu wa kane kuri sitade ya Kigali.

Kuwa kane tariki ya 7 Ukwakira 2021 nibwo u Rwanda rwatsinzwe na Uganda igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 3 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar mu 2022. Abanyarwanda bahise bajya ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza agahinda batewe n’uyu musaruro.

Nyuma gato nibwo habonetse umuntu ukoresha amazina ya Mashami Vincent wasubizaga buri umwe wese wagize icyo avuga ku myitwarire y’Amavubi Stars.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9 Ukwakira 2021 nibwo Mashami nyirizina yanyarukiye ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko ibyanditswe mu izina rye byose yitandukanyije nabyo kuko urubuga rwe rusanzwe ruzwi.

Magingo aya, ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri i Kampala muri Uganda aho biteganyijwe ko icakirana na Uganda kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021 kuri sitade ya St Marry’s Kitende.

Mu itsinda rya gatanu (E) ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi, u Rwanda rurimo n’amanota abiri (2) mu gihe Uganda kuri ubu ifite amanita atanu. Mali ifite amanita arindwi inayoboye itsinda.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 9 =

Previous Post

Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports

Next Post

#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.