Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars

radiotv10by radiotv10
09/10/2021
in SIPORO
0
Mashami Vincent avuga ko hari uwamwiyitiriye kuri Twitter uri gusubizanya n’ababajwe n’umusaruro w’Amavubi Stars
Share on FacebookShare on Twitter

Mashami Vincent umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, Amavubi Stars avuga ko kuri ubu hari umuntu utazwi wamwiyitiriye ku rubuga mpuzamahanga rwa twitter akaba ari guterana amagambo n’ababajwe n’uko Uganda yatsinze u Rwanda igitego 1-0 kuri uyu wa kane kuri sitade ya Kigali.

Kuwa kane tariki ya 7 Ukwakira 2021 nibwo u Rwanda rwatsinzwe na Uganda igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 3 wo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar mu 2022. Abanyarwanda bahise bajya ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza agahinda batewe n’uyu musaruro.

Nyuma gato nibwo habonetse umuntu ukoresha amazina ya Mashami Vincent wasubizaga buri umwe wese wagize icyo avuga ku myitwarire y’Amavubi Stars.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9 Ukwakira 2021 nibwo Mashami nyirizina yanyarukiye ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko ibyanditswe mu izina rye byose yitandukanyije nabyo kuko urubuga rwe rusanzwe ruzwi.

Magingo aya, ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri i Kampala muri Uganda aho biteganyijwe ko icakirana na Uganda kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021 kuri sitade ya St Marry’s Kitende.

Mu itsinda rya gatanu (E) ryo gushaka itike y’igikombe cy’isi, u Rwanda rurimo n’amanota abiri (2) mu gihe Uganda kuri ubu ifite amanita atanu. Mali ifite amanita arindwi inayoboye itsinda.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Igitego cya Aboubakar Djibrine cyafashije Mukura VS gutsinda Rayon Sports

Next Post

#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

#2022FIFAWCQ: Mu masaha macye Amavubi Stars aracakirana na Uganda Cranes (11 bafite amahirwe)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.