Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, wamaramaje mu gakiza ko kwakira Yesu, yagarutse ku bihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we atarakira agakiza, n’uburyo gusenga byaje kumuhishurira inzira itunganye, ubu bakaba babanye mu munezero w’Imana.

Meddy yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024 mu giterane yatumiwemo cyabereye muri Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu muhanzi wamaze kwiyegurira indirimbo zaririmbiwe uwiteka, ndetse akaba yaramaze kwakira agakiza ubudasubira inyuma, yavuze ko ubwo yakundanaga n’umugore we batarasezerana, banyuze mu bihe bigoye, ariko byose bigashingira ku kuba atari azi Imana.

Yavuze ko umugore we yasanze ari umuhanzi w’igikundiro mu Rwanda, ndetse agakundwa n’abiganjemo igitsinagore, ku buryo byateraga impungenge umugore we.

Kubera ibyo, umubano wabo wajemo agatotsi kuko uburyo yakundwaga n’abakobwa, byateraga impungenge umugore we.

Ati “Umubano watangiye kuzamo kutumvikana. Nari naratakaye, ndacanganyukirwa kuko ntari mfite icyerekezo, ibintu bitangira kujya ahabi.”

Kuva ubwo yatangiye kujya asoma ijambo ry’Imana yiherereye kuko yari ameze nk’uru mu rungabangabo. Ati “Namaze umwaka mu cyumba cyanjye nsenga. Numvaga ko umunsi umwe Imana izaza ikanyiyereka ariko si ko byagenze. Ndimo nsenga umwuka wanjye watewe imbaraga ntangira guhinduka ntarabimenya.”

Meddy n’umukunzi we bakomeje kubana mu nzu imwe nubwo batari bagasezerana, ndetse bakagirana ibihe byiza batembera mu bice binyuranye by’Isi, ndetse na we atangira kumusengera kugira ngo na we yinjire mu nzira nk’iyo yari amaze kwinjiramo

Ati “Naje kwisanga ndi Pasiteri we, ndamusengera buri munsi na buri joro ngo Yesu abashe kumwiyereka. Asinziriye ambwira ko yagize inzozi, musobanurira ko ari Yesu wamwiyeretse we ntiyabyumva.”

Yavuze ko umunsi umwe bagiye muri Pariki, agasenga cyane ndetse agatangira kuvuga indimi, ariko umugore we akayoberwa ibyo ari byo, akagira ngo ari kuvuga ikinyarwanda.

Ati “Ubwa kabiri tuvuye gusenga yagize inzozi arambwira ngo ndatekereza ko nkwiye kwakira Yesu, nanjye namuzanye mu gakiza […] Kuva uwo munsi niho ubuzima bwanjye bwatangiriye, uje mu rugo iwanjye turanezerewe, dufite amahoro, urukundo rutarimo Yesu rukubiye mu kwikunda no kwikubira.”

Ni ubuhamya bwakoze ku mutima ya benshi bitabiriye iki giterane, banyuzagamo bagakoma amashyi, bishimiye ibihe Meddy yanyuzemo ariko ntibimuherane, akaza gukizwa, ubu akaba ari umugabo uvuga Imana ashize amanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + two =

Previous Post

General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be

Next Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.