Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, wamaramaje mu gakiza ko kwakira Yesu, yagarutse ku bihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we atarakira agakiza, n’uburyo gusenga byaje kumuhishurira inzira itunganye, ubu bakaba babanye mu munezero w’Imana.

Meddy yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024 mu giterane yatumiwemo cyabereye muri Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu muhanzi wamaze kwiyegurira indirimbo zaririmbiwe uwiteka, ndetse akaba yaramaze kwakira agakiza ubudasubira inyuma, yavuze ko ubwo yakundanaga n’umugore we batarasezerana, banyuze mu bihe bigoye, ariko byose bigashingira ku kuba atari azi Imana.

Yavuze ko umugore we yasanze ari umuhanzi w’igikundiro mu Rwanda, ndetse agakundwa n’abiganjemo igitsinagore, ku buryo byateraga impungenge umugore we.

Kubera ibyo, umubano wabo wajemo agatotsi kuko uburyo yakundwaga n’abakobwa, byateraga impungenge umugore we.

Ati “Umubano watangiye kuzamo kutumvikana. Nari naratakaye, ndacanganyukirwa kuko ntari mfite icyerekezo, ibintu bitangira kujya ahabi.”

Kuva ubwo yatangiye kujya asoma ijambo ry’Imana yiherereye kuko yari ameze nk’uru mu rungabangabo. Ati “Namaze umwaka mu cyumba cyanjye nsenga. Numvaga ko umunsi umwe Imana izaza ikanyiyereka ariko si ko byagenze. Ndimo nsenga umwuka wanjye watewe imbaraga ntangira guhinduka ntarabimenya.”

Meddy n’umukunzi we bakomeje kubana mu nzu imwe nubwo batari bagasezerana, ndetse bakagirana ibihe byiza batembera mu bice binyuranye by’Isi, ndetse na we atangira kumusengera kugira ngo na we yinjire mu nzira nk’iyo yari amaze kwinjiramo

Ati “Naje kwisanga ndi Pasiteri we, ndamusengera buri munsi na buri joro ngo Yesu abashe kumwiyereka. Asinziriye ambwira ko yagize inzozi, musobanurira ko ari Yesu wamwiyeretse we ntiyabyumva.”

Yavuze ko umunsi umwe bagiye muri Pariki, agasenga cyane ndetse agatangira kuvuga indimi, ariko umugore we akayoberwa ibyo ari byo, akagira ngo ari kuvuga ikinyarwanda.

Ati “Ubwa kabiri tuvuye gusenga yagize inzozi arambwira ngo ndatekereza ko nkwiye kwakira Yesu, nanjye namuzanye mu gakiza […] Kuva uwo munsi niho ubuzima bwanjye bwatangiriye, uje mu rugo iwanjye turanezerewe, dufite amahoro, urukundo rutarimo Yesu rukubiye mu kwikunda no kwikubira.”

Ni ubuhamya bwakoze ku mutima ya benshi bitabiriye iki giterane, banyuzagamo bagakoma amashyi, bishimiye ibihe Meddy yanyuzemo ariko ntibimuherane, akaza gukizwa, ubu akaba ari umugabo uvuga Imana ashize amanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 5 =

Previous Post

General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be

Next Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Related Posts

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.