Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Meddy yatanze ubuhamya bukora ku mutima bw’ibihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, wamaramaje mu gakiza ko kwakira Yesu, yagarutse ku bihe bigoye yanyuranyemo n’umugore we atarakira agakiza, n’uburyo gusenga byaje kumuhishurira inzira itunganye, ubu bakaba babanye mu munezero w’Imana.

Meddy yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024 mu giterane yatumiwemo cyabereye muri Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu muhanzi wamaze kwiyegurira indirimbo zaririmbiwe uwiteka, ndetse akaba yaramaze kwakira agakiza ubudasubira inyuma, yavuze ko ubwo yakundanaga n’umugore we batarasezerana, banyuze mu bihe bigoye, ariko byose bigashingira ku kuba atari azi Imana.

Yavuze ko umugore we yasanze ari umuhanzi w’igikundiro mu Rwanda, ndetse agakundwa n’abiganjemo igitsinagore, ku buryo byateraga impungenge umugore we.

Kubera ibyo, umubano wabo wajemo agatotsi kuko uburyo yakundwaga n’abakobwa, byateraga impungenge umugore we.

Ati “Umubano watangiye kuzamo kutumvikana. Nari naratakaye, ndacanganyukirwa kuko ntari mfite icyerekezo, ibintu bitangira kujya ahabi.”

Kuva ubwo yatangiye kujya asoma ijambo ry’Imana yiherereye kuko yari ameze nk’uru mu rungabangabo. Ati “Namaze umwaka mu cyumba cyanjye nsenga. Numvaga ko umunsi umwe Imana izaza ikanyiyereka ariko si ko byagenze. Ndimo nsenga umwuka wanjye watewe imbaraga ntangira guhinduka ntarabimenya.”

Meddy n’umukunzi we bakomeje kubana mu nzu imwe nubwo batari bagasezerana, ndetse bakagirana ibihe byiza batembera mu bice binyuranye by’Isi, ndetse na we atangira kumusengera kugira ngo na we yinjire mu nzira nk’iyo yari amaze kwinjiramo

Ati “Naje kwisanga ndi Pasiteri we, ndamusengera buri munsi na buri joro ngo Yesu abashe kumwiyereka. Asinziriye ambwira ko yagize inzozi, musobanurira ko ari Yesu wamwiyeretse we ntiyabyumva.”

Yavuze ko umunsi umwe bagiye muri Pariki, agasenga cyane ndetse agatangira kuvuga indimi, ariko umugore we akayoberwa ibyo ari byo, akagira ngo ari kuvuga ikinyarwanda.

Ati “Ubwa kabiri tuvuye gusenga yagize inzozi arambwira ngo ndatekereza ko nkwiye kwakira Yesu, nanjye namuzanye mu gakiza […] Kuva uwo munsi niho ubuzima bwanjye bwatangiriye, uje mu rugo iwanjye turanezerewe, dufite amahoro, urukundo rutarimo Yesu rukubiye mu kwikunda no kwikubira.”

Ni ubuhamya bwakoze ku mutima ya benshi bitabiriye iki giterane, banyuzagamo bagakoma amashyi, bishimiye ibihe Meddy yanyuzemo ariko ntibimuherane, akaza gukizwa, ubu akaba ari umugabo uvuga Imana ashize amanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be

Next Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.