• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Abaminisitiri bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda n’izindi mpinduka zakozwe

radiotv10by radiotv10
11/06/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma zayinjijemo bane bashya, ari bo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, uw’Ubucuruzi n’Inganda, ndetse n’Abanyamabanga babiri ba Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.

Ni impinduka zikubiye mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryacyeye, rigaragaza ko Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yagizwe Murwanashyaka Damien.

Muri iyi Minisiteri kandi hinjijwemo Abanyamabanga ba Leta babiri, ari bo Zingiro Armand na Col. Bizimungu Claudien.

Aba bose binjiye muri iyi Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ni bashya muri Guverinoma y’u Rwanda, bakaba basimbuye abari muri iyi Minisiteri barimo Jimmy Gasore wari Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kuva muri Nzeri 2023.

Undi wasimbuwe muri iyi Minisiteri yari ifite Umunyamabanga wa Leta umwe ubu ikaba yagize babiri, ni Amb. Jean de Dieu Uwihanganye wari wagarutse muri Guverinoma y’u Rwanda muri 2019 nyuma yuko yari Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore, inshingano yagiyemo n’ubundi avuye muri iyi Minisiteri.

Izindi mpinduka zabayeho muri Guverinoma y’u Rwanda, ni muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, aho Uwizeye Judith yagizwe Minisitiri agasimbura Amb. Christine Nkulikiyinka.

Uwizeye Judith utari mushya muri Guverinoma y’u Rwanda, yari asanzwe ari Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, mu gihe Christine Nkulikiyinka yasimbuye, na we yahawe izindi nshingano zo kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Espagne.

Nanone kandi hari undi mushya winjiye muri Guverinoma, ari we Kajangwe Antoine Marie wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, asimbura Prudence Sebahizi wari muri izi nshingano kuva muri 2024.

Kajangwe Antoine Marie winjiye muri Guverinoma, si mushya muri iyi Minisiteri yahawe kuyobora, kuko yari ayisanzwemo ari Umunyamabanga Uhoraho kuva muri 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + thirteen =

Previous Post

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

Next Post

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Related Posts

The silent judgment faced by single mothers who give birth at home

The silent judgment faced by single mothers who give birth at home

by radiotv10
11/06/2026
0

In many communities, a girl who gives birth at home is often treated as though she has committed the greatest...

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

by radiotv10
11/06/2026
1

Mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umugabo waguwe gitumo n’abitambukiraga ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu...

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

by radiotv10
11/06/2026
0

Perezida wa Repubulika yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa,...

Menya Abaminisitiri bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda n’izindi mpinduka zakozwe

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

by radiotv10
11/06/2026
0

President of the Republic of Rwanda, Paul Kagame, has made changes to the Government, bringing in four new members, the...

Capital Markets Youth Forum 2026 Inspires Young Rwandans to Invest in Their Future

Capital Markets Youth Forum 2026 Inspires Young Rwandans to Invest in Their Future

by radiotv10
11/06/2026
0

KIGALI, Rwanda, June 10, 2026 Hundreds of students, young professionals, financial sector leaders, and policymakers gathered at the Kigali Convention...

Next Post
Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

The silent judgment faced by single mothers who give birth at home

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.