Thursday, May 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Abaperezida batandatu bageze mu Rwanda mu gihe cy’umunsi umwe

radiotv10by radiotv10
14/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya Abaperezida batandatu bageze mu Rwanda mu gihe cy’umunsi umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu batandatu bageze mu Rwanda, barimo abitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo ku Mugabane wa Afurika izwi nka Africa CEO Forum.

Iyi nama itangira none tariki 14 kugeza kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026, iritabirwa n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abenshi banaraye mu Rwanda.

Abakuru b’Ibihugu bamaze kugera mu Rwanda bitabiriye iyi nama, barimo Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea wageze i Kigali hirya y’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi ari na wo munsi abanyacyubahiro benshi bagereyeho mu Rwanda, hakiriwe Abakuru b’Ibihugu binyuranye, nka Perezida Bola Ahmed Tinubu Nigeria, Mohamed Ould Ghazouani, wa Mauritania, Daniel Chapo wa Mozambique, Gen. Brice Clotaire Oligui Nguema wa Gabon.

Bamwe muri aba Bakuru b’Ibihugu kandi banakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirana ibiganiro, bigamije guteza imbere umubano n’imikoranire y’Ibihugu byabo n’u Rwanda.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje ko “Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu baganiriye ku gukomeza umubano n’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi mu nzego zinyuranye zirimo ubucuruzi, ingufu ndetse n’ubufatanye mu bya gisirikare.”

Perezida Kagame kandi yakiriye ku meza mugenzi we Tinubu ndetse n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje mu bikorwa by’iyi nama igiye kubera i Kigali.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakiriye mugenzi we wa Mauritania, Mohamed Ould Ghazouani, na we bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ubufatanye bw’Ibihugu byombi, ibijyanye n’umutekano ku Mugabane wa Afurika, n’ibibazo byugarije Isi.

Perezida Kagame kandi yakiriye Perezida Daniel Chapo wa Mozambique na we baganira ku mikoranire n’ubufatanye busanzweho hagati y’Ibihugu byombi byumwihariko mu rwego rw’umutekano, ubucuruzi n’ishoramari.

Uretse aba Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Africa CEO Forum, kuri uyu wa Gatatu u Rwanda rwanakiriye Faure Essozimna Gnassingbé usanzwe ari Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo wagize uruzinduko rw’umunsi umwe.

Faure Essozimna Gnassingbé kandi yanakiriwe n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame banagirana ibiganiro byibanze ku mubano ukomeye kandi ukomeje gutera imbere hagati y’Ibihugu byombi ndetse n’intambwe ziriho ziterwa mu guteza imbere ituze mu karere.

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea ni we wageze mu Rwanda bwa mbere ku wa Kabiri

Kuri uyu wa Gatatu kandi Faure Essozimna Gnassingbé na we yagiriye uruzinduko mu Rwanda
Yakiriwe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro
Yakiriwe na Perezida Kagame bagirana ibiganiro

Perezida Bola Ahmed Tinubu Nigeria na we yageze mu Rwanda
Yanakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro

Yanamwakiriye ku meza n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe
Mohamed Ould Ghazouani, wa Mauritania na we yageze i Kigali
Na we yakiriwe na Perezida Kagame mu Biro bye

Daniel Chapo, wa Mozambique na we yahageze

Na we yakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda

Gen. Brice Clotaire Oligui Nguema wa Gabo na we yageze i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

Related Posts

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

by radiotv10
14/05/2026
0

Inzego ziri gukora iperereza ku bantu bakekwaho kubeshya urubyiruko amahirwe yo kujya kwiga muri Canada, nyuma yuko abarenga 1000 bari...

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

by radiotv10
13/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yemeje ko umusore w’imyaka 22 wavugwagaho ibikorwa bigayitse birimo gufata ku ngufu abagore...

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuga ko Igihugu cye kitari kugendera ku byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America byo...

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

by radiotv10
13/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yashyikirije amafaranga ibihumbi 500 Frw nyirayo nyuma yuko yari yayataye mu muhanda Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo...

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum),...

IZIHERUKA

Menya Abaperezida batandatu bageze mu Rwanda mu gihe cy’umunsi umwe
MU RWANDA

Menya Abaperezida batandatu bageze mu Rwanda mu gihe cy’umunsi umwe

by radiotv10
14/05/2026
0

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

14/05/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

13/05/2026
Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Abaperezida batandatu bageze mu Rwanda mu gihe cy’umunsi umwe

Iby’ababeshye urubyiruko muri Kigali rukaza rwizeye amahirwe byatangiye gukurikiranwa n’inzego

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.