Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Arsenal iri mu makipe y’i Burayi afite abakunzi benshi mu Rwanda, yaguze Umunya-Espagne Mikel Merino Zazón, imutanzeho Miliyoni 37,7 z’Ama-Euro (arenga miliyari 55 Frw).

Mikel Merino Zazón w’imyaka 28, asanzwe ari umukinnyi ukina hagati mu kibuga, aho ubu yamaze kuva muri Real Sociedad muri Espagne, yerecyeza mu ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza.

Mikel Merino wari umaze imyaka 6 muri Real Sociedad ibarizwa i Donostia-San Sebastian muri Espagne, yabanje gutangwaho miliyoni 32,3 Euros, andi miliyoni 5 Euro yo azagenda yongerwaho nyuma.

Mikel Merino wasinyiye Arsenal amasezerano y’imyaka itanu ishobora no kongerwaho undi mwaka umwe, azajya yambara nimero 23 muri iyi kipe ya Arsenal, ibarizwa mu majyaruguru y’umujyi wa Londres, Umurwa mukuru w’ u Bwongereza.

Mikel Merino si ubwa mbere azaba akinnye mu gihugu cy’u Bwongereza, dore ko yigeze gukinira ikipe ya Newcastle United hagati ya 2017 na 2018, ndetse akaba agiye kongera gukinana na Martin Ødegaard, Captain w’ikipe ya Arsenal, cyane ko muri 2019-2020 bari bari kumwe mu ikipe ya Real Sociedad.

Mikel Merino wifuzwaga n’andi makipe y’iwabo muri Espagne, arimo Atletico Madrid na FC Barcelone, byarangiye ahisemo kujya muri Arsenal, nyuma yo kuganira n’umutoza w’iyi kipe, Umunya-Espagne Mikel Arteta, akamwumvisha ko bagomba gukorana.

Mikel Merino ni umwe mu bakinnyi bari bagize ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye irushanwa ry’igikombe cy’u Burayi cya 2024, aho yagiye agaragara muri buri mukino wose w’iki gikombe, akaba yibukirwa cyane ku gitego cy’umutwe yatsinze ikipe y’u Budage muri 1/4 cy’irangiza, bigatuma afasha Espagne y’umutoza Luis de la Fuente, gusezerera u Budage.

Mikel Merino, wari umaze gukinira Real Sociedad imikino 242 yatsinzemo ibitego 27, agatanga n’imipira 30 yavuyemo ibindi, yishimiye kugera mu ikipe ya Arsenal.

Mu magambo ye yagize ati “Mwakoze mwese ku bwo kunyakirana yombi, nishimiye cyane kuba ndi kumwe namwe mwese hano. Mfite amatsiko menshi y’uyu mwaka w’imikino, nizera ko twakomeza gukora ibintu bihambaye nk’uko muri kugenda mubikora, ndabashimira cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 9 =

Previous Post

Trump yagize icyo avuga ku birego yongeye kuzamurwaho n’icyo abona bigamije

Next Post

Hatangajwe igihano cyahanishijwe abasirikare ba FARDC bari bakurikiranyweho kwica barashe abamotari babiri

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igihano cyahanishijwe abasirikare ba FARDC bari bakurikiranyweho kwica barashe abamotari babiri

Hatangajwe igihano cyahanishijwe abasirikare ba FARDC bari bakurikiranyweho kwica barashe abamotari babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.