Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriraga muri Türkiye, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’iki Gihugu, zasinye amasezerano ane y’ubufatanye, arimo ayasinywe hagati ya Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda n’Urwego ruri mu zikomeye mu gisirikare muri Türkiye, ndetse n’ay’iperereza mu by’impanuka z’indege.

Ni amasezerano yasinywe na Guverinoma z’Ibihugu byombi kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, umunsi wa nyuma w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame.

Aya masezerano, harimo ay’ubufatanye n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Türkiye mu rwego rw’ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho (Media and Communication).

Hari kandi amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urwego rushinzwe iby’amasoko y’ibya gisirikare ruzwi nka Presidency of Defence Industries (SSB) ndetse na Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda.

Uru rwego rwa SSB rwashinzwe mu 1985, rugenzurwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Türkiye, rufite inshingano zo gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe na Komite Nshingwabikorwa mu rwego rwa Gisirikare, ndetse rukaba rutegura gahunda zitanga ibisubizo bigamije gufasha igisirikare kugera ku ntego zacyo.

Uru rwego kandi rusanzwe runafite inshingano zo gukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kubaka uruganda rwa gisirikare rujyanye n’igihe.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Türkiye kandi zasinye andi masezerano y’imikoranire mu bijyanye n’itangazamakuru ry’isakazamajwi (radio) n’iry’isakazamashusho (Television).

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru mu Rwanda (Rwanda Broadcasting Agency-RBA) ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Türkiye (Turkish Radio and Televesion Corporation-TRT).

Andi masezerano, ni ay’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, mu bijyanye n’iperereza mu by’impanduka z’indege n’izindi mpanuka zikomeye.

Perezida wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan yakiriye mugenzi we Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira imikoranire y’u Rwanda na Türkiye
Hasinywe amasezerano ari ayo mu rwego rwa gisirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bakinnyi nyamwamba ba Rayon baherutse kugira imvune

Next Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.