Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in AMAHANGA
0
Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo mu ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, wagaragaye ari mu kazi mu mvura itarekura, yashimiwe umuhate yagaragaje, ndetse anahita azamurwa mu kazi.

Abdallah Tusiime yagaragaye mu ntangiro z’iki cyumweru tariki 21 Ukwakira 2024 ari kuyobora imodoka mu mvura ikomeye, aho yananyuzagamo akanahagarara mu mivu yatembaga.

Amashusho ye yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, ndetse ashimwa na benshi mu bazikoresha bo muri Uganda, barimo na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anitah Among.

Anitah Among mu butumwa yatambukije kuri X, yagize ati “Ndashaka gushimira Umupolisi Abdallah Tusiime wagaragaje umuhate udasanzwe, imyitwarire myiza ndetse n’urukundo rw’akazi byamuranze mu nshingano ze amazemo imyaka. Turashimira serivisi aha Igihugu.”

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, kandi yaje gutangaza ko Abdallah Tusiime yamaze guhabwa inshingano zo gukora muri Polisi ishinzwe kurinda Inteko.

Abdallah Tusiime wari usanzwe akorera Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda rya Kira, yagaragaye ari muri kariya kazi kamuzamuriye izina mu muhanda wa Mawanda.

Uyu mupolisi wamaze kuba ikimenyabose muri Uganda, yanakiriwe ku Biro Bikuru bya Polisi ya Uganda, biherere Naguru mu Murwa Mukuru i Kampala.

Yagie ati “Kuva mu bwana bwanjye, inzozi zanjye zari ukujya mu Gipolisi ngakorera Igihugu cyanye. Nkunda Igihugu cyanjye.”

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Rusoke Kituuma yashimiye Tusiime ku muhate yagaragaje mu nshingano ze.

Ati “Ntabwo ari ubwa mbere twakiriye raporo zinyuranye zigaragaza umuhate wo gukunda Igihugu ndetse n’imbaraga akoresha mu kuzuza inshingano ze.”

Tusiime yagaragaye mu kazi kashimwe na benshi
Yakiriwe mu Biro Bikuru bya Polisi arashimwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

Next Post

Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena

Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.