• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America, zatangaje ibihano ku barimo Betrand Bisimwa usanzwe ari Perezida w’umutwe wa M23, na Corneille Nangaa, umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance du Fleuve Congo (AFC) ririmo n’uyu mutwe.

Undi wafatiwe ibihano, ni umuyobozi wungirije w’umutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho ukorera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, Colonel Charles Sematama.

Leta Zunze Ubumwe za America zivuga ko impamvu y’ibi bihano, ari uko AFC n’imitwe iyishamikiyeho irimo M23 na Twirwaneho bahungabanyije umutekano w’Iburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikabangamira ikiremwamuntu, kandi bigatera ubuhunzi bw’abaturage bagera kuri miliyoni 1,5.

Ibihano Amerika ifatiye Nangaa na Bisimwa, bikurikiye ibyo yafatiye Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, mu kwezi k’Ukuboza umwaka 2024.

Icyo gihe kandi, Leta Zunze Ubumwe za America zanafatiye ibihano Col Michel Rukunda alias Makanika wa Twirwaneho.

Ni mu gihe kandi ku wa Gatatu w’iki cyumweru, muri gereza ya gisirikare ya Ndolo iherereye i Kinshasa, Urukiko Rukuru rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Corneille Nangaa adahari, ku byaha rumushinja birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, bishingiye ku cyaha cyo gushinga no kuyobora ihuriro AFC, umutwe wa Politiki na gisirikare urimo n’umutwe wa M23.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 9 =

Previous Post

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Next Post

Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.