Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Yakiriwe n'akarasisi ka RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’Umutekano, General James Kabarebe ari mu Repubulika ya Central Africa mu ruzinduko rw’iminsi itatu, aho ku munsi wa mbere yahuye n’Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa muri iki Gihugu.

Nk’uko tubikesha Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, mu butumwa bwatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena, ni bwo General James Kabarebe yatangiye uruzinduko rwe muri Repubulika ya Central Africa.

Ubu butumwa bwa RDF, buvuga ko kuri uyu wa Kane “Umujyanama wa Perezida w’u Rwanda mu by’umutekano, Gen James Kabarebe yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Central Africa. Ku munsi wa mbere yahuye n’inzego z’umutekano ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UNCAR) n’iziriyo ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi.”

General James Kabarebe uri mu basirikare b’icyubahiro mu ngabo z’u Rwanda, agize uru ruzinduko nyuma y’iminsi micye habaye impinduo mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, zasize hashyizweho Umugaba Mukuru mushya, ari we Lt Gen Mubarakh Muganga wasimbuye General Jean Bosco Kazura.

Muri izi mpinduka kandi, Perezida Paul Kagame yanashyizeho Minisitiri Mushya w’Ingabo, ari we Juvenal Marizamunda, wasimbuye Maj Gen Albert Murasira.

General James Kabarebe na we wigeze kugira imyanya ikomeye mu ngabo z’u Rwanda, irimo Minisitiri w’Ingabo, yagize uru ruzinduko muri Central Africa, ku munsi umwe n’uwo Perezida wa Central Africa, Faustin-Archange Touadéra yatangiriyeho na we urwe mu Rwanda.

Faustin-Archange Touadéra na we kuri uyu wa Kane, yakiriwe na mugenzi we Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, baganira ku ngingo zinyuranye zirimo ubufatanye mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Repubulika ya Central Africa.

General James Kabarebe yari kumwe n’abandi basirikare bakuru mu Rwanda
Abasirikare bashyizeho morale
Yaganirije abasirikare b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF

Next Post

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.