Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Yakiriwe n'akarasisi ka RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’Umutekano, General James Kabarebe ari mu Repubulika ya Central Africa mu ruzinduko rw’iminsi itatu, aho ku munsi wa mbere yahuye n’Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa muri iki Gihugu.

Nk’uko tubikesha Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, mu butumwa bwatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena, ni bwo General James Kabarebe yatangiye uruzinduko rwe muri Repubulika ya Central Africa.

Ubu butumwa bwa RDF, buvuga ko kuri uyu wa Kane “Umujyanama wa Perezida w’u Rwanda mu by’umutekano, Gen James Kabarebe yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Central Africa. Ku munsi wa mbere yahuye n’inzego z’umutekano ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UNCAR) n’iziriyo ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi.”

General James Kabarebe uri mu basirikare b’icyubahiro mu ngabo z’u Rwanda, agize uru ruzinduko nyuma y’iminsi micye habaye impinduo mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, zasize hashyizweho Umugaba Mukuru mushya, ari we Lt Gen Mubarakh Muganga wasimbuye General Jean Bosco Kazura.

Muri izi mpinduka kandi, Perezida Paul Kagame yanashyizeho Minisitiri Mushya w’Ingabo, ari we Juvenal Marizamunda, wasimbuye Maj Gen Albert Murasira.

General James Kabarebe na we wigeze kugira imyanya ikomeye mu ngabo z’u Rwanda, irimo Minisitiri w’Ingabo, yagize uru ruzinduko muri Central Africa, ku munsi umwe n’uwo Perezida wa Central Africa, Faustin-Archange Touadéra yatangiriyeho na we urwe mu Rwanda.

Faustin-Archange Touadéra na we kuri uyu wa Kane, yakiriwe na mugenzi we Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, baganira ku ngingo zinyuranye zirimo ubufatanye mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Repubulika ya Central Africa.

General James Kabarebe yari kumwe n’abandi basirikare bakuru mu Rwanda
Abasirikare bashyizeho morale
Yaganirije abasirikare b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 8 =

Previous Post

Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF

Next Post

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.