Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igipimo gishimishije ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamukaho buri mwaka kuva mu 1994

radiotv10by radiotv10
01/04/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya igipimo gishimishije ubukungu bw’u Rwanda bwagiye buzamukaho buri mwaka kuva mu 1994
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ivuga ko mu myaka 30 ishize ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo kiri hejuru ya 7% buri mwaka, ndetse bugenga bugabanya ku gushingira ku buhinzi n’impano z’amahanga.  

Imyaka 30 irahize u Rwanda ruri mu rugamba rwo kongera kwiyubaka. Imibare inagaragaza ko ubukungu bw’iki Gihugu bwari bwarasenyutse ku gipimo cyo mu nsi ya 0% mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yagize ati “Muri 1994; kubera ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi; ubukungu bw’u Rwanda bwaramanutse kuri mirongo itanu munsi ya zeru (-50%). Kuva icyo gihe mu myaka 30 ishize twagize ubukungu buzamuka ku muvuduko uri hagati ya 7% na 8%.

Icya kabiri muri iyi myaka 30; nko mu 1995, 1996, kugeza nko mu mwaka wa 2 000 u rwanda rwacungiraga ku mpano z’amahanga ku kigero kirenga 70%, ubu turi kuri 13%.

Ikindi ubukungu bwacu bwari bushingiye ku buhinzi ku gipimo cyo hejuru cyane, ariko muri iyi myaka 30 ubukungu bwagiye buhinduka, ubu inganda zimaze kugera kuri 20% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, ubuhinzi ni nka 25%, inganda ni nka 48%.”

Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko iri zamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryatumye ibyo Umununyarwanda yinjiza ku mwaka byikuba inshuro zirenze icumi muri iyo myaka.

Ati “Igipimo cy’amafaranga Umunyarwanda yinjiza ubishyize ku mpuzandengo; ubu tumaze kurenza 1 000$ ku muturage, mu gihe mu myaka 30 ishize twari hasi cyane nko munsi 100$.”

Iri terambere ry’ubukungu bw’Igihugu ryazamuye ibikorwa binyuranye byagenewe kwita ku mibereho y’abatuge, ndetse n’imyaka yo kubaho ku Banyarwanda iriyongera, aho iy’ibarura rusange rya 2022 igaragaza ko icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda cyageze ku myaka 69 kivuye kuri 64 yo muri 2012 na 51.2 yo muri 2002.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

Hatahuwe impamvu umuhanzi w’ikirangirire ku Isi yishimira ibihe bibi mugenzi we anyuramo

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Uwitabiriye Miss Rwanda wamaze kwinjira mu masiganwa y’imodoka ari mu byishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.