Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida Paul Kagame, Jeannette Kagame, yageze i Burundi, yitabiriye Inama y’Ihuriro ryatumijwe na mugenzi we Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayishimiye.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Akeza.net gikorera i Burundi cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, avuga ko Madamu Jeannette Kagame yageze i Burundi muri iki gitondo.

Iki kinyamakuru kivuga ko Madamu Jennette Kagame yitabiriye ihuriro rigiye kuba ku nshuro ya kane, ry’abafasha b’abayobozi bo hejuru, ryateguwe na Angeline Ndayishimiye Madamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Madamu Jeannette Kagame agiye mu Burundi nyuma y’amezi abiri, mugenzi we Angeline Ndayishimiye na we aje mu Rwanda, wakoresheje inzira y’ubutaka akinjirira ku mupaka Nemba/Gasenyi uhuza u Rwanda n’u Burund.

Icyo gihe Angeline Ndayishimiye wageze mu Rwanda tariki 18 Nyakanga 2023, yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga izwi nka Women Deliver yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere, yabaye muri uko kwezi.

Ni inama kandi yanitabiriwe n’abayobozi banyuranye ku Isi, barimo Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uwa Senegal, Macky Sall ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Ku nshuro ya mbere ari mu mwanya w’umugore w’umukuru w’igihugu, Madamu Angeline Ndayishimiye kuwa kabiri yagiriye uruzinduko mu Rwanda agiye mu nama ya Women Deliver 2023.

Icyo gihe kandi Madamu Angeline Ndayishimiye, yanakiriwe na Madamu Jeannette Kagame, bahererenya impano, zigizwe n’ibibumbatiye umuco w’Ibihugu byombi, bakanagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye.

Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we Angeline Ndayishimiye, bombi bahurije ku gushyigikira ibikorwa biteza imbere abari n’abategarugori ndetse n’urubyiruko, banyuza mumiryango bashinze, nka ‘Imbuto Foundation’ ya Madamu Jeannette Kagame, na Bonne Action Umugiraneza Foundation yashinzwe na Angeline Ndayishimiye.

Yakiranywe urugwiro
Ubwo Madamu Jeannette Kagame yari ageze ku kibuga cy’Indege
Mu nama yakiriwe na Madamu Angeline Ndayishimiye

 

Muri Nyakanga ubwo Angeline Ndayishimiye yazaga mu Rwanda, akakirwa na Madamu Jeannette Kagame, bahanye impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 4 =

Previous Post

U Rwanda rwahagarariwe mu mukino Arsenal yatangiyemo ibyishimo by’imbonekarimwe

Next Post

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.