Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida Paul Kagame, Jeannette Kagame, yageze i Burundi, yitabiriye Inama y’Ihuriro ryatumijwe na mugenzi we Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayishimiye.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Akeza.net gikorera i Burundi cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, avuga ko Madamu Jeannette Kagame yageze i Burundi muri iki gitondo.

Iki kinyamakuru kivuga ko Madamu Jennette Kagame yitabiriye ihuriro rigiye kuba ku nshuro ya kane, ry’abafasha b’abayobozi bo hejuru, ryateguwe na Angeline Ndayishimiye Madamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Madamu Jeannette Kagame agiye mu Burundi nyuma y’amezi abiri, mugenzi we Angeline Ndayishimiye na we aje mu Rwanda, wakoresheje inzira y’ubutaka akinjirira ku mupaka Nemba/Gasenyi uhuza u Rwanda n’u Burund.

Icyo gihe Angeline Ndayishimiye wageze mu Rwanda tariki 18 Nyakanga 2023, yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga izwi nka Women Deliver yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere, yabaye muri uko kwezi.

Ni inama kandi yanitabiriwe n’abayobozi banyuranye ku Isi, barimo Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uwa Senegal, Macky Sall ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Ku nshuro ya mbere ari mu mwanya w’umugore w’umukuru w’igihugu, Madamu Angeline Ndayishimiye kuwa kabiri yagiriye uruzinduko mu Rwanda agiye mu nama ya Women Deliver 2023.

Icyo gihe kandi Madamu Angeline Ndayishimiye, yanakiriwe na Madamu Jeannette Kagame, bahererenya impano, zigizwe n’ibibumbatiye umuco w’Ibihugu byombi, bakanagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye.

Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we Angeline Ndayishimiye, bombi bahurije ku gushyigikira ibikorwa biteza imbere abari n’abategarugori ndetse n’urubyiruko, banyuza mumiryango bashinze, nka ‘Imbuto Foundation’ ya Madamu Jeannette Kagame, na Bonne Action Umugiraneza Foundation yashinzwe na Angeline Ndayishimiye.

Yakiranywe urugwiro
Ubwo Madamu Jeannette Kagame yari ageze ku kibuga cy’Indege
Mu nama yakiriwe na Madamu Angeline Ndayishimiye

 

Muri Nyakanga ubwo Angeline Ndayishimiye yazaga mu Rwanda, akakirwa na Madamu Jeannette Kagame, bahanye impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

U Rwanda rwahagarariwe mu mukino Arsenal yatangiyemo ibyishimo by’imbonekarimwe

Next Post

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Related Posts

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.