Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikijyanye Madamu Jeannette Kagame i Burundi wamaze kugerayo (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida Paul Kagame, Jeannette Kagame, yageze i Burundi, yitabiriye Inama y’Ihuriro ryatumijwe na mugenzi we Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayishimiye.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Akeza.net gikorera i Burundi cyatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukwakira 2023, avuga ko Madamu Jeannette Kagame yageze i Burundi muri iki gitondo.

Iki kinyamakuru kivuga ko Madamu Jennette Kagame yitabiriye ihuriro rigiye kuba ku nshuro ya kane, ry’abafasha b’abayobozi bo hejuru, ryateguwe na Angeline Ndayishimiye Madamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.

Madamu Jeannette Kagame agiye mu Burundi nyuma y’amezi abiri, mugenzi we Angeline Ndayishimiye na we aje mu Rwanda, wakoresheje inzira y’ubutaka akinjirira ku mupaka Nemba/Gasenyi uhuza u Rwanda n’u Burund.

Icyo gihe Angeline Ndayishimiye wageze mu Rwanda tariki 18 Nyakanga 2023, yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga izwi nka Women Deliver yigaga ku ruhare rw’abagore mu iterambere, yabaye muri uko kwezi.

Ni inama kandi yanitabiriwe n’abayobozi banyuranye ku Isi, barimo Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uwa Senegal, Macky Sall ndetse na Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde.

Ku nshuro ya mbere ari mu mwanya w’umugore w’umukuru w’igihugu, Madamu Angeline Ndayishimiye kuwa kabiri yagiriye uruzinduko mu Rwanda agiye mu nama ya Women Deliver 2023.

Icyo gihe kandi Madamu Angeline Ndayishimiye, yanakiriwe na Madamu Jeannette Kagame, bahererenya impano, zigizwe n’ibibumbatiye umuco w’Ibihugu byombi, bakanagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye.

Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we Angeline Ndayishimiye, bombi bahurije ku gushyigikira ibikorwa biteza imbere abari n’abategarugori ndetse n’urubyiruko, banyuza mumiryango bashinze, nka ‘Imbuto Foundation’ ya Madamu Jeannette Kagame, na Bonne Action Umugiraneza Foundation yashinzwe na Angeline Ndayishimiye.

Yakiranywe urugwiro
Ubwo Madamu Jeannette Kagame yari ageze ku kibuga cy’Indege
Mu nama yakiriwe na Madamu Angeline Ndayishimiye

 

Muri Nyakanga ubwo Angeline Ndayishimiye yazaga mu Rwanda, akakirwa na Madamu Jeannette Kagame, bahanye impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

U Rwanda rwahagarariwe mu mukino Arsenal yatangiyemo ibyishimo by’imbonekarimwe

Next Post

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Israel&Gaza: Imibare mishya y’abamaze kugwa mu mirwano ikarishye yatangiye bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.