Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa Politiki uharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage, PSD watangaje ko wifuza ko umubare w’Abadepite ugera ku 120 uvuye kuri 80 ndetse n’uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40, unasobanura impamvu.

Byatangajwe na Perezida w’iri shyaka, Dr Vincent Biruta usanzwe ari na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, nyuma y’uko iri shyaka ritangaje ko ritazatanga umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ahubwo ko rizashyigikira uwatanzwe n’Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Nkuru yateranye kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, aho iri shyaka rivuga ko ribona Paul Kagame watanzwe na RPF-Inkotanyi, ashoboye kandi agifite ubushake bwo gukorera Igihugu, kandi Abanyarwanda bose bakaba bamukunda.

Gusa iri shyaka rivuga ko mu matora y’Abadepite, yo rizatangamo Abakandida, ariko ko ryifuza ko umubare w’abagize Inteko Ishinga Amategeko wiyongera, yaba mu Mutwe w’Abadepite ndetse na Sena.

Iri shyaka rivuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kuva kuri 80 ukagera ku 120 [ni ukuvuga ko bazaba biyongereyeho 1/2], naho uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40 [bazaba biyongereyeho 14].

Perezida wa PSD, Dr Vincent Biruta, avuga ko kuva hagenwa imibare y’Abadepite n’Abasenateri iriho ubu, umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, kandi bakaba ari bo bahagarariye.

Ati “Rero iyo tuvuze ngo twari dufite Abadepite mirongo inani (80) mu gihe twari dufite miliyoni umunani (8 000 000) z’abaturage, ni ukuvuga ko hari Umudepite umwe ku baturage ibihumbi ijana (100 000), ni cyo bisobanuye.

Noneho rero niba abaturage dufite bamaze kugera hagati ya miliyoni cumi n’eshatu na cumi n’enye, dukurikije icyo kigereranyo, birumvikana ko umubare wari ukwiye kongerwa kugira ngo abahagarariye abaturage babe bafite umubare bahagarariye ungana n’uwo bari bahagarariye mu gihe Inteko yashyirwagaho bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Iki cyifuzo kandi giherutse gutangwa n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DPGR (Democratic Green Party of Rwanda), nk’uko byatangajwe na Perezida waryo, Dr Frank Habineza, ubwo yatangaga ibitekerezo ku ihuzwa ry’amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu, avuga ko hari ibindi bikwiye kuvugururwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Next Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.