Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa Politiki uharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage, PSD watangaje ko wifuza ko umubare w’Abadepite ugera ku 120 uvuye kuri 80 ndetse n’uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40, unasobanura impamvu.

Byatangajwe na Perezida w’iri shyaka, Dr Vincent Biruta usanzwe ari na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, nyuma y’uko iri shyaka ritangaje ko ritazatanga umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ahubwo ko rizashyigikira uwatanzwe n’Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Nkuru yateranye kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, aho iri shyaka rivuga ko ribona Paul Kagame watanzwe na RPF-Inkotanyi, ashoboye kandi agifite ubushake bwo gukorera Igihugu, kandi Abanyarwanda bose bakaba bamukunda.

Gusa iri shyaka rivuga ko mu matora y’Abadepite, yo rizatangamo Abakandida, ariko ko ryifuza ko umubare w’abagize Inteko Ishinga Amategeko wiyongera, yaba mu Mutwe w’Abadepite ndetse na Sena.

Iri shyaka rivuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kuva kuri 80 ukagera ku 120 [ni ukuvuga ko bazaba biyongereyeho 1/2], naho uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40 [bazaba biyongereyeho 14].

Perezida wa PSD, Dr Vincent Biruta, avuga ko kuva hagenwa imibare y’Abadepite n’Abasenateri iriho ubu, umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, kandi bakaba ari bo bahagarariye.

Ati “Rero iyo tuvuze ngo twari dufite Abadepite mirongo inani (80) mu gihe twari dufite miliyoni umunani (8 000 000) z’abaturage, ni ukuvuga ko hari Umudepite umwe ku baturage ibihumbi ijana (100 000), ni cyo bisobanuye.

Noneho rero niba abaturage dufite bamaze kugera hagati ya miliyoni cumi n’eshatu na cumi n’enye, dukurikije icyo kigereranyo, birumvikana ko umubare wari ukwiye kongerwa kugira ngo abahagarariye abaturage babe bafite umubare bahagarariye ungana n’uwo bari bahagarariye mu gihe Inteko yashyirwagaho bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Iki cyifuzo kandi giherutse gutangwa n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DPGR (Democratic Green Party of Rwanda), nk’uko byatangajwe na Perezida waryo, Dr Frank Habineza, ubwo yatangaga ibitekerezo ku ihuzwa ry’amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu, avuga ko hari ibindi bikwiye kuvugururwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 4 =

Previous Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Next Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.