Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa Politiki uharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage, PSD watangaje ko wifuza ko umubare w’Abadepite ugera ku 120 uvuye kuri 80 ndetse n’uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40, unasobanura impamvu.

Byatangajwe na Perezida w’iri shyaka, Dr Vincent Biruta usanzwe ari na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, nyuma y’uko iri shyaka ritangaje ko ritazatanga umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ahubwo ko rizashyigikira uwatanzwe n’Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ni icyemezo cyafashwe n’Inama Nkuru yateranye kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024, aho iri shyaka rivuga ko ribona Paul Kagame watanzwe na RPF-Inkotanyi, ashoboye kandi agifite ubushake bwo gukorera Igihugu, kandi Abanyarwanda bose bakaba bamukunda.

Gusa iri shyaka rivuga ko mu matora y’Abadepite, yo rizatangamo Abakandida, ariko ko ryifuza ko umubare w’abagize Inteko Ishinga Amategeko wiyongera, yaba mu Mutwe w’Abadepite ndetse na Sena.

Iri shyaka rivuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kuva kuri 80 ukagera ku 120 [ni ukuvuga ko bazaba biyongereyeho 1/2], naho uw’Abasenateri ukava kuri 26 ukagera kuri 40 [bazaba biyongereyeho 14].

Perezida wa PSD, Dr Vincent Biruta, avuga ko kuva hagenwa imibare y’Abadepite n’Abasenateri iriho ubu, umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, kandi bakaba ari bo bahagarariye.

Ati “Rero iyo tuvuze ngo twari dufite Abadepite mirongo inani (80) mu gihe twari dufite miliyoni umunani (8 000 000) z’abaturage, ni ukuvuga ko hari Umudepite umwe ku baturage ibihumbi ijana (100 000), ni cyo bisobanuye.

Noneho rero niba abaturage dufite bamaze kugera hagati ya miliyoni cumi n’eshatu na cumi n’enye, dukurikije icyo kigereranyo, birumvikana ko umubare wari ukwiye kongerwa kugira ngo abahagarariye abaturage babe bafite umubare bahagarariye ungana n’uwo bari bahagarariye mu gihe Inteko yashyirwagaho bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Iki cyifuzo kandi giherutse gutangwa n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DPGR (Democratic Green Party of Rwanda), nk’uko byatangajwe na Perezida waryo, Dr Frank Habineza, ubwo yatangaga ibitekerezo ku ihuzwa ry’amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu, avuga ko hari ibindi bikwiye kuvugururwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Hagaragajwe igituma imwe mu ndwara zihangayikishije ikomeza gukwirakwira mu Rwanda kandi ivurirwa ubuntu

Next Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.