Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura amasaha macye ngo Umuryango RPF-Inkotanyi utangire ibikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza Abakandida bawo barimo Perezida Paul Kagame ugiye guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu, aho hatangajwe impinduka zizagaragara muri ibi bikorwa nko kuba noneho Umukandida atazagera mu Turere twose nk’uko byagendaga.

Byatangajwe mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Amb. Gasamagera Wellars yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024.

Ni ikiganiro kibaye habura amasaha macye ngo ibikorwa byo kwiyamamaza bitangire, aho Umuryango RPF-Inkotanyi uzatangirira mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Amb. Gasamagaera yagize ati “Umukandida wacu ku mwanya wa Perezida wa Repubulika azajya hirya no hino mu Gihugu agaragarize abaturage imbonankubone ibyo abateganyiriza. Abakandida ku mwanya w’Abadepite na bo bazajya mu Turere twose tw’Igihugu basobanura ibyo umuryango wa FPR-Inkotanyi ubateganyiriza.”

Gasamagera yatangaje ko nubwo Abanyamuryango ba RPF bagiye kwinjira mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida babo, bitazahagarika ubuzima bw’Igihugu ahubwo ko ibindi bikorwa byose bizakomeza.

Yagize ati “Nk’Umuryango FPR-Inkotanyi, twemera ihame ry’uko kwamamaza bidahagarika ubuzima bw’igihugu. Ibigomba gukorwa byose, gutanga serivisi ku baturage, gukora imirimo yose ikorwa kugira ngo igihugu gikomeze kwiyubaka, ntabwo bigomba guhagarara.”

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi yavuze ko mu bikorwa byo kwiyamamaza byabanje mu bihe byatambutse, Umukandida w’uyu Muryango ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu; yageraga mu Turere twose, ariko ko kuri iyi nshuro hari impinduka.

Ati “Aho uku kwamamaza kuzatandukanira n’ugusanzwe, ni uko ubusanzwe Umukandida wacu yajyaga muri buri Karere, ariko ubu twahurije hamwe Uturere dutandukanye ku mpamvu zumvikana; dufite igihe cyo kwamamaza kingana n’iminsi 21 ariko muri iyo minsi dufitemo n’ibindi bikorwa by’igihugu bigomba gukorwa.”

Ambasaderi Gasamagera uvuga ko ibi bizanatuma Umukandida abasha no gukora izindi nshingano asanganywe, yavuze kandi ko iki cyemezo nanone kigamije gutuma abaturage n’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bakomeza ibikorwa byabo bibateza imbere binateza imbere Igihugu.

Ati “Ni cyo cyatumye dufata icyemezo cyo guhuriza hamwe Uturere tubiri, dutatu kugira ngo umukandida wacu azabone uburyo bwo gukora imirimo ashinzwe no kwiyamamaza.”

Ibi bizatuma Umuryango RPF-Inkotanyi ugera mu Turere 19, kuko hari utuzagenda duhurizwa hamwe, ariko abaturage bo mu Turere twose uko ari 30 bakazagaragarizwa imigabo n’imigambi y’Umuryango.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, yavuze kandi ko nubwo abazitabira ibikorwa byo kwiyamamaza bazajya basaba uruhusa abakoresha babo, ariko bitanabuza abazabishaka ko bakomeza imirimo yabo.

Ati “Hazaza ababishaka, abatabishaka bazakomeza imirimo yabo […] Ariko ntabwo ari ukuvuga ngo abanyamuryango bacu, abashaka kudushyigikira ntibazaza, bazakoresha uburenganzira bafite bwo gusaba.”

Umuryango RPF-Inkotanyi kandi waboneyeho gusaba abanyamuryango bawo kuzitwara neza muri ibi bikorwa, ndetse ubasaba kutazabangamira abandi bakandida.

Amb. Gasamagera yagaragaje ko Umukandida wa RPF azagaragariza Abanyarwanda ibyo abateganyiriza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

Next Post

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.