Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura amasaha macye ngo Umuryango RPF-Inkotanyi utangire ibikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza Abakandida bawo barimo Perezida Paul Kagame ugiye guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu, aho hatangajwe impinduka zizagaragara muri ibi bikorwa nko kuba noneho Umukandida atazagera mu Turere twose nk’uko byagendaga.

Byatangajwe mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Amb. Gasamagera Wellars yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024.

Ni ikiganiro kibaye habura amasaha macye ngo ibikorwa byo kwiyamamaza bitangire, aho Umuryango RPF-Inkotanyi uzatangirira mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Amb. Gasamagaera yagize ati “Umukandida wacu ku mwanya wa Perezida wa Repubulika azajya hirya no hino mu Gihugu agaragarize abaturage imbonankubone ibyo abateganyiriza. Abakandida ku mwanya w’Abadepite na bo bazajya mu Turere twose tw’Igihugu basobanura ibyo umuryango wa FPR-Inkotanyi ubateganyiriza.”

Gasamagera yatangaje ko nubwo Abanyamuryango ba RPF bagiye kwinjira mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida babo, bitazahagarika ubuzima bw’Igihugu ahubwo ko ibindi bikorwa byose bizakomeza.

Yagize ati “Nk’Umuryango FPR-Inkotanyi, twemera ihame ry’uko kwamamaza bidahagarika ubuzima bw’igihugu. Ibigomba gukorwa byose, gutanga serivisi ku baturage, gukora imirimo yose ikorwa kugira ngo igihugu gikomeze kwiyubaka, ntabwo bigomba guhagarara.”

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi yavuze ko mu bikorwa byo kwiyamamaza byabanje mu bihe byatambutse, Umukandida w’uyu Muryango ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu; yageraga mu Turere twose, ariko ko kuri iyi nshuro hari impinduka.

Ati “Aho uku kwamamaza kuzatandukanira n’ugusanzwe, ni uko ubusanzwe Umukandida wacu yajyaga muri buri Karere, ariko ubu twahurije hamwe Uturere dutandukanye ku mpamvu zumvikana; dufite igihe cyo kwamamaza kingana n’iminsi 21 ariko muri iyo minsi dufitemo n’ibindi bikorwa by’igihugu bigomba gukorwa.”

Ambasaderi Gasamagera uvuga ko ibi bizanatuma Umukandida abasha no gukora izindi nshingano asanganywe, yavuze kandi ko iki cyemezo nanone kigamije gutuma abaturage n’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bakomeza ibikorwa byabo bibateza imbere binateza imbere Igihugu.

Ati “Ni cyo cyatumye dufata icyemezo cyo guhuriza hamwe Uturere tubiri, dutatu kugira ngo umukandida wacu azabone uburyo bwo gukora imirimo ashinzwe no kwiyamamaza.”

Ibi bizatuma Umuryango RPF-Inkotanyi ugera mu Turere 19, kuko hari utuzagenda duhurizwa hamwe, ariko abaturage bo mu Turere twose uko ari 30 bakazagaragarizwa imigabo n’imigambi y’Umuryango.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, yavuze kandi ko nubwo abazitabira ibikorwa byo kwiyamamaza bazajya basaba uruhusa abakoresha babo, ariko bitanabuza abazabishaka ko bakomeza imirimo yabo.

Ati “Hazaza ababishaka, abatabishaka bazakomeza imirimo yabo […] Ariko ntabwo ari ukuvuga ngo abanyamuryango bacu, abashaka kudushyigikira ntibazaza, bazakoresha uburenganzira bafite bwo gusaba.”

Umuryango RPF-Inkotanyi kandi waboneyeho gusaba abanyamuryango bawo kuzitwara neza muri ibi bikorwa, ndetse ubasaba kutazabangamira abandi bakandida.

Amb. Gasamagera yagaragaje ko Umukandida wa RPF azagaragariza Abanyarwanda ibyo abateganyiriza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 19 =

Previous Post

Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

Next Post

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.