Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in AMAHANGA
2
Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi ufite ipeti rya Chief Inspector waciwe ibiganza n’igisasu bifashisha mu gutera ibyuka biryana mu maso ubwo yari mu gikorwa cyo guhosha imyigaragambyo yakamejeje muri Kenya, yavuze ko na we atazi uko byagenze, avuga ko atazi icyo azabwira abana be.

Chief Inspector David Karuri Maina, yacitse ibiganza bye byombi, ubwo yafunguraga kimwe mu bisasu bifashisha batera mu kivunge cy’abigaragambya kugira ngo batatane, akibagirwa ko yagifunguye, birangira kimuturikanye, bituma ibiganza bye byombi bicika.

Ni imyigaragambyo ikomeje guca ibintu muri Kenya, aho Abanya-Kenya biganjemo urubyiruko bakomeje kwamagana umushinga w’itegeko rishya ry’ubukungu, ryongera imisoro, mu gihe bo batifuza ko uyu mushinga utorwa.

Uyu mupolisi wahuye n’iri sanganya, ni umwe mu bari bagiye guhosha iyi myigaragambyo yaberaga ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, aho ari mu Bitaro bya Nairobi West Hospital, Maina; yavuze ko atazi uko ubuzima bwe bugiye kumera.

Yagize ati “Wari umunsi w’agahinda, ibi byabaye ubwo twageragezaga gutuma i Nairobi haboneka ituze. Ibi bigiye guhindura imibereho yanjye, kuko hari byinshi ntazongera gukora kandi nabibashaga. Sinzi icyo nzabwira abana banjye kuri iri sanganya, ndabizi bizabashengura.”

Chief Inspector David Karuri Maina aho arwariye muri Nairobi West Hospital, akomeje gusurwa n’abayobozi banyuranye bo nzego nkuru z’Igihugu muri Kenya, aho kuri uyu wa Kane, yasuwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubukerarugendo, Alfred Mutua.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Theohile Munyaneza says:
    1 year ago

    Bamuhe amafaranga azatuma agira ubuzima bwiza,kdi yyihangane haricyo Imana yamweretse

    Reply
  2. David says:
    1 year ago

    Ntawamenya aho amahirwe azira. Wasanga agiye kuba intwali, ruto akamuha cash Atari kuzapfa abonye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

Next Post

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w'imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.