Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo wasimbuye Nyirishema Richard wari umazeho amezi ane, ndetse Maj Gen Joseph Nzabamwita wasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya.

Ni impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Muri Guverinoma hinjiyemo abayobozi batatu bashya, barimo Nelly Mukazayire wari usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, akaba yagizwe Minisitiri wa Siporo.

Muri iyi Minisiteri ya Siporo kandi, Rwego Ngarambe yagizwe Umunyamabanga wa Leta, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Ushinzwe Iterambere rya Siporo.

Nanone muri Guverinoma, hinjiyemo Godfrey Kabera, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Godfrey Kabera wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishami Rishinzwe igenamigambi n’ubushakashatsi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yasimbuye Richard Tusabe.

Abandi bayobozi bashyizwe mu myanya, barimo Maj Gen Joseph Nzabamwita wari umaze amezi atandatu agizwe Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano mu Biro bya Perezida wa Repubulika (OTP) akaba yaranigeze kuba Umuvugizi wa RDF, ubu wasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya.

Parfait Busabizwa wari usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo.

Lambert Dushimimana wari uherutse gukurwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi.

Amb. Vincent Karega wigeze guhagararira u Rwanda muri Afurika y’Epfo no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga, yagizwe Ambasaderi wihariye ushinzwe akarere k’Ibiyaga Bigari. Naho Festus Bizima, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal.

Ni mu gihe kandi Francis Gatare wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), yagizwe Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika.

Eng. Richard Nyirishema wari umaze amezi ane ari Minisitiri wa Siporo, yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Kigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi.

Naho Jean Claude Musabyimana wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, we yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, asimbura Charles Munyaneza wari umaze igihe kinini kuri uyu mwanya.

Hari kandi Francois Regis wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, akaba yari aherutse no gutandukana n’Ikibe ya Simba FC yo muri Tanzania ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru (CEO), we wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, aho yasimbuye Nelly Mukazayire wabaye Minisitiri.

Brave Ngabo wari umaze amezi ane agizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, aho yasimbuye Parfait Busabizwa wagizwe Ambasaderi muri Congo Brazzaville.

Naho Ariane Zingiro, akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Igenamigambi muri MINECOFIN, inshingano yasimbuyeho Godfrey Kabera, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Nelly Mukazayire yagizwe Minisitiri wa Siporo
Rwego Ngarambe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS
Godfrey Kabera yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta
Maj Gen Joseph Nzabamwita yasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + one =

Previous Post

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Next Post

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.