Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abagore bari mu burezi no mu buyobozi bw’amashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda bafite impamyabumenyi y’Ikirenga (PhD) wazamutseho hafi kimwe cya kabiri mu myaka itatu nubwo ukiri hasi ugereranyije n’uw’abagabo.

Bikubiye muri raporo nshya y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburinganire n’Ubwuzuzanye GMO (Gender Monitoring Office) yerekana ishusho yo kuzamura uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo.

Iyi raporo igaragaza ko muri 2022, abakoraga mu rwego rw’uburezi bafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) bari 1 083, aho abagore bari 162 banganaga na 15%, mu gihe abagabo bari 921.

Nubwo bimeze gutyo, imibare y’abagore yari yarazamutseho 1/2 mu gihe cy’imyaka itatu, kuko muri 2019 bari 93 gusa, bakaza kugera ku 162 muri 2022.

Ni mu gihe umubare w’abagabo bafite iyi mpamyabumenyi y’ikirenga ya PhD yo yari yarazamutseho 35% kuko muri 2019, bwo bari 683, bakaza kugera ku 921 muri 2022.

Raporo ya Minisiteri y’Uburezi izwi nka ‘cited Education Statistical Yearbooks’ ya 2019-2022, na yo yagaragaje ikinyuranyo kinini cy’imibare y’abarimu b’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye by’uburezi.

Abarimu b’igitsinagore benshi, bari mu mashuri y’incuke, aho muri icyo gihe bari bagize 85,6% by’abarimu 7 259 bose bigishaga muri iki cyiciro, naho mu mashuri abanza, bwo ab’igitsinagore bari bagize 56,9% mu barimu bose 62 937 bigishaga muri iki cyiciro muri 2022.

Ni mu gihe mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye, abagabo na bo bazaga ari benshi, kuko bari bagize 68,3% y’abarimu 23 968 bigishaga mu mashuri yisumbuye, ndetse no mu mashuri makuru na za kaminuza, aho abagabo bari 81% y’abarimu bose bigishaga muri iki cyiciro.

Naho mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyi-ngiro (TVET), abarimu b’abagore bari bacye cyane, kuko bari 24%, aho bari 778 mu barimu 3 190.

Mu bakozi bo mu mashuri makuru na za kaminuza, abagore bari 823 bagize 19% mu bakozi 4 302 bakoraga muri iki cyiciro muri 2022.

Iyi mibare igaragaza ko “abarimu b’igitsinagabo ari bo bafite imyanya ihemba neza mu mashuri yisumbuye n’amashuri makuru na za kaminuza kurusha bagenzi babo b’abagore.”

Gusa nanone inzego z’uburezi zivuga ko ibi na byo atari bibi kuba abarimu b’igitsinagore bigisha mu mashuri yo hasi, nk’ay’incuke n’abanza, ariko ko bikwiye ko bashyigikirwa bakagera no ku rundi rwego rutuma bahembwa amafaranga atubutse ndetse bakajya no mu buyobozi bw’ibigo by’amashuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire na ‘Bodyguard’ we bagaragaweho ibikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.