Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abagore bari mu burezi no mu buyobozi bw’amashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda bafite impamyabumenyi y’Ikirenga (PhD) wazamutseho hafi kimwe cya kabiri mu myaka itatu nubwo ukiri hasi ugereranyije n’uw’abagabo.

Bikubiye muri raporo nshya y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburinganire n’Ubwuzuzanye GMO (Gender Monitoring Office) yerekana ishusho yo kuzamura uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo.

Iyi raporo igaragaza ko muri 2022, abakoraga mu rwego rw’uburezi bafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) bari 1 083, aho abagore bari 162 banganaga na 15%, mu gihe abagabo bari 921.

Nubwo bimeze gutyo, imibare y’abagore yari yarazamutseho 1/2 mu gihe cy’imyaka itatu, kuko muri 2019 bari 93 gusa, bakaza kugera ku 162 muri 2022.

Ni mu gihe umubare w’abagabo bafite iyi mpamyabumenyi y’ikirenga ya PhD yo yari yarazamutseho 35% kuko muri 2019, bwo bari 683, bakaza kugera ku 921 muri 2022.

Raporo ya Minisiteri y’Uburezi izwi nka ‘cited Education Statistical Yearbooks’ ya 2019-2022, na yo yagaragaje ikinyuranyo kinini cy’imibare y’abarimu b’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye by’uburezi.

Abarimu b’igitsinagore benshi, bari mu mashuri y’incuke, aho muri icyo gihe bari bagize 85,6% by’abarimu 7 259 bose bigishaga muri iki cyiciro, naho mu mashuri abanza, bwo ab’igitsinagore bari bagize 56,9% mu barimu bose 62 937 bigishaga muri iki cyiciro muri 2022.

Ni mu gihe mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye, abagabo na bo bazaga ari benshi, kuko bari bagize 68,3% y’abarimu 23 968 bigishaga mu mashuri yisumbuye, ndetse no mu mashuri makuru na za kaminuza, aho abagabo bari 81% y’abarimu bose bigishaga muri iki cyiciro.

Naho mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyi-ngiro (TVET), abarimu b’abagore bari bacye cyane, kuko bari 24%, aho bari 778 mu barimu 3 190.

Mu bakozi bo mu mashuri makuru na za kaminuza, abagore bari 823 bagize 19% mu bakozi 4 302 bakoraga muri iki cyiciro muri 2022.

Iyi mibare igaragaza ko “abarimu b’igitsinagabo ari bo bafite imyanya ihemba neza mu mashuri yisumbuye n’amashuri makuru na za kaminuza kurusha bagenzi babo b’abagore.”

Gusa nanone inzego z’uburezi zivuga ko ibi na byo atari bibi kuba abarimu b’igitsinagore bigisha mu mashuri yo hasi, nk’ay’incuke n’abanza, ariko ko bikwiye ko bashyigikirwa bakagera no ku rundi rwego rutuma bahembwa amafaranga atubutse ndetse bakajya no mu buyobozi bw’ibigo by’amashuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 8 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire na ‘Bodyguard’ we bagaragaweho ibikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Related Posts

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w'Ubukungu n'Iterambere rya Afurika y'Amajyepfo (SADC) zari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

by radiotv10
16/06/2025
0

Another group of troops from the Southern African Development Community (SADC), who had been on a mission in the Democratic...

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

by radiotv10
16/06/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu...

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

by radiotv10
16/06/2025
0

Kigali is a vibrant capital city of Rwanda, it is mostly known for its cleanliness, safety, growing cultural and social...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

16/06/2025
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

16/06/2025
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

16/06/2025
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

16/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

16/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.