Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko Ibihugu byose bigomba gushyira imbaraga mu iterambere ry’ubuhinzi, kuko iyo butitaweho buteza ibibazo bidindiza iterambere ry’izindi nzego zigize ubukungu bw’Igihugu.

Dr Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga kuri politike ziteza imbere ubuhinzi iteraniye i Kigali.

Inzego zishinzwe ubuhinzi zigaragaza ko Umugabane wa Afurika wihariye 60% y’ubutaka buhingwa, ariko 20% by’abawutuye ntibabasha kubona ibyo kurya bihagije. Ibi kandi bituma 32% y’abana bari munsi y’imyaka itanu muri Afurika, bagaragarwaho ikibazo cy’igwingira.

Igikomeye kuruta ibindi ni uko Leta z’Ibihugu bya Afurika zidashora imari ifatika mu buhinzi, dore ko bishoramo 4,6% by’ingengo y’imari, mu gihe amasezerano y’i Malabo yo muri 2014 asaba Ibihugu gushora mu buhinzi 10% by’ingengo y’imari.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (AGRA), Hailemariam Desalegn avuga ko igisubizo kigomba gushakirwa kuri iyo ngingo.

Yagize ati “Ubuhinzi muri Afurika ntibuhabwa agaciro n’ubwitange mu buryo bwa politike bigomba uwo mwuga. Umbajije impamvu mvuze ntyo; nakubwira ngo reba amafarnga mushora mu buhinzi. Icyo kirahagije, twe twerekanye neza ko politiki nziza, gushyigikirwa no kwitabwaho; abahinzi bacu bashobora kwikura mu bukene.”

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente avuga ko kwirengagiza ubuhinzi bishobora kugira ingaruka no ku bindi bikorwa binini by’Igihugu.

Ati “Iyo Igihugu kitihagije ku biribwa; gishora amafaranga menshi mu gushakira abaturage ibiribwa, ibyo bituma amafaranga yari agenewe gushyirwa mu nzego zikomeye nk’ubuhinzi, uburezi, ibikorwa remezo n’ubuzima ataboneka.”

Minisitiri Ngirente avuga ko Ibihugu bigomba gushora imari mu buhinzi burambye, bikongerera agaciro umusaruro ubuvamo, ndetse bikanagabanya umusaruro wangirika.

Ati “Kugira ngo tubigereho mu Rwanda, twashyize imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi. Guverinoma kandi iri kwagura ubwishingizi no kubona inguzanyo zihendutse kugira ngo abahinzi babashe gushora imari muri uyu mwuga banahangane n’imihindagurikire y’ikirere. Ibyo tubihuje na politike zo guteza imbere ibikorwaremezo mu cyaro; bituma uru rwego rutanga umusaruro mu Rwanda.”

Abahanga bagaragaza ko buri mwaka Abanyafurika bakenera ibiribwa bingana na toni miliyari 1.3, kugeza ubu 85% y’ibyo biribwa biboneka imbere muri Afururika, naho 15% bigatumiza hanze ya Afurika.

Kubera ikibazo cy’ibiribwa Abanyafurika bafite, 95% y’ibyo bahinga ntibirenga uyu Mugabane, naho 5% y’umusaruro babona ni wo bagurisha ku yindi Migabane.

Iyi nama yitabiriwe n’impuguke ziturutse mu Bihugu binyuranye

Hagaragajwe imishinga yazamura ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

Next Post

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n'uwo ishyaka rye ribishinja

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.