Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wa siporo Aurore Mimosa Munyangaju na Murenzi Abdallah uyobora FERWACY baritabira kongere ya UCI

radiotv10by radiotv10
24/09/2021
in MU RWANDA
0
Minisitiri wa siporo Aurore Mimosa Munyangaju na Murenzi Abdallah uyobora FERWACY baritabira kongere ya UCI
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa gatanu tariki 24 Nzeri 2021 nibwo biteganyijwe haterana kongere y’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi (UCI), kongere ibera mu Bubiligi ahari kubera shampiyona y’isi y’uyu mukino.

Ni inama igiye kuba nyuma y’amasaha macye u Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025, shampiyona izaba ikinwa ku nshuro ya 98 kuko iy’uyu mwaka ari iya 94.

Muri kongere ya UCI bazashimangira gahunda y’uko u Rwanda ruzakira shampiyona y’isi ndetse hanaganirwe buri kimwe cyatuma umukino w’amagare urushaho gutera imbere ndetse banemeze amarushanwa mpuzamahanga.

Ku ruhande rw’u Rwanda, muri iyi kongere haraba harimo Murenzi Abdallah perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) na Minisitiri wa siporo mu Rwanda (MINISPORTS), Aurore Mimosa Munyangaju.

Image

Dr. Mohamed Wagih AZZAM perezida wa CAC (ubanza ibumoso), Aurore Mimosa Munyangaju (uwa kabiri uva ibumoso) mu gihe Abdallah Murenzi ari we wa mbere uva iburyo

U Rwanda ruzakira shampiyona y’isi y’umukino w’amagare ya 2025 (2025 UCI Road World Championships), ruhite ruca agahigo ko kuba ari igihugu cya mbere muri Afurika kibigezeho.

Shampiyona y’isi ya 2025 si u Rwanda rwayishakaga rwonyine kuko n’igihugu cya Maroc cyari cyaratanze ubusabe ariko birangira u Rwanda rugaragaye ko rufite ibisabwa kugira ngo rwakire iri siganwa mpuzamahanga riba rihuriza hamwe abakinnyi bose bakomeye ku rwego rw’isi baba bakinira amakipe y’ibihugu bavukamo.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 10 =

Previous Post

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw'iminsi ibiri muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.