Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye
Share on FacebookShare on Twitter

Priti Patel washyize umukono ku masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza agamije kurengera abimukira, yeguye muri Guverinoma y’u Bwongereza, aho yeguranye n’abandi bayobozi babiri.

Priti Patel ndetse na Nadine Dorries wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga, Umuco, Itangazamakuru n’Umuco, bandikiye Boris Johnson amabaruwa y’ubwegure bwabo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022.

Banditse izi baruwa mbere yuko Boris Johnson ava mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022 kugira ngo ahe umwanya Liz Truss wamusimbuye watowe kuri uyu wa Mbere.

Aba bari muri Guverinoma y’u Bwongereza, beguye mbere yuko Liz Truss atangira kuyobora Igihugu cyabo.

Undi muyobozi weguye kandi ni Ben Elliot wari Umuyobozi Mukuru w’ishyaka rya Conservative Party, wifurijwe ishya n’ihirwe iri shyaaka rye mu cyerekezo cye gishya.

Nadine Dorries, yatangaje ko yagombaga kuguma ku mwanya we ariko ko nyuma yo kugisha inama umutima, yumvise atakomezanya na Guverinoma nshya kuko yumva atatenguha iyo yahozemo.

Priti Patel mu ibaruwa ndende yananyujije kuri Twitter ye, yavuze ko yifuza kuzagaruka muri Guverinoma ariko ko yagejeje kuri Boris Johnson ubwegure bwe.

Madamu Patel waje i Kigali mu muhango w’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kohereza abimukura mu Rwanda, yavuze ko azashyigikira Minisitiri w’Intebe mushya byumwihariko mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

Yagize ati “Ndashimira Liz Truss ku bwo gutorerwa kuba umuyobozi mushya kandi nzamuha inkunga nka Minisitiri w’Intebe mushya.”

Yavuze ko ari we uzafata icyemezo cyo kuba yakomezanya n’iyi Guverinoma nshya mu gihe Minisitiri w’Intebe yazamugirira icyizere.

Patel yikije cyane kuri ariya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda, aho yavuze ko uburyo bwonyine bwo gufasha Guverinoma y’u Bwongereza guhangana n’iki kibazo cy’abimukira bajyayo ku bwinshi, ari iyi nzira bahisemo yo kugirana imikoranire n’u Rwanda.

Patel yasabye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Liz Truss gushyigikira aya masezerano Igihugu cye cyagiranye n’u Rwanda.

Yagize ati “Nta wundi muti w’iki kibazo gikomereye Guverinoma atari uguca intege ukwinjira kw’abimukira baza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.”

Iyi gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, yagiye igerwa intorezo kenshi dore ko indege yagombaga kuzana aba mbere tariki 14 Kamena 2022, yasubitse urugendo rwayo habura iminota micye ngo ifate ikirere nyuma yuko Urukiko Nyaburayi rw’Uburenganzira bwa muntu rusubikishije uru rugendo.

Icyo gihe Priti Patel, yahise atangaza ko ntakizabuza Guverinoma y’u Bwongereza gukomeza uyu mugambi ndetse ko kuva uwo munsi bahise batangira gutegura urugendo rw’indi ndege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =

Previous Post

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.