Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye
Share on FacebookShare on Twitter

Priti Patel washyize umukono ku masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza agamije kurengera abimukira, yeguye muri Guverinoma y’u Bwongereza, aho yeguranye n’abandi bayobozi babiri.

Priti Patel ndetse na Nadine Dorries wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga, Umuco, Itangazamakuru n’Umuco, bandikiye Boris Johnson amabaruwa y’ubwegure bwabo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022.

Banditse izi baruwa mbere yuko Boris Johnson ava mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022 kugira ngo ahe umwanya Liz Truss wamusimbuye watowe kuri uyu wa Mbere.

Aba bari muri Guverinoma y’u Bwongereza, beguye mbere yuko Liz Truss atangira kuyobora Igihugu cyabo.

Undi muyobozi weguye kandi ni Ben Elliot wari Umuyobozi Mukuru w’ishyaka rya Conservative Party, wifurijwe ishya n’ihirwe iri shyaaka rye mu cyerekezo cye gishya.

Nadine Dorries, yatangaje ko yagombaga kuguma ku mwanya we ariko ko nyuma yo kugisha inama umutima, yumvise atakomezanya na Guverinoma nshya kuko yumva atatenguha iyo yahozemo.

Priti Patel mu ibaruwa ndende yananyujije kuri Twitter ye, yavuze ko yifuza kuzagaruka muri Guverinoma ariko ko yagejeje kuri Boris Johnson ubwegure bwe.

Madamu Patel waje i Kigali mu muhango w’amasezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kohereza abimukura mu Rwanda, yavuze ko azashyigikira Minisitiri w’Intebe mushya byumwihariko mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

Yagize ati “Ndashimira Liz Truss ku bwo gutorerwa kuba umuyobozi mushya kandi nzamuha inkunga nka Minisitiri w’Intebe mushya.”

Yavuze ko ari we uzafata icyemezo cyo kuba yakomezanya n’iyi Guverinoma nshya mu gihe Minisitiri w’Intebe yazamugirira icyizere.

Patel yikije cyane kuri ariya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda, aho yavuze ko uburyo bwonyine bwo gufasha Guverinoma y’u Bwongereza guhangana n’iki kibazo cy’abimukira bajyayo ku bwinshi, ari iyi nzira bahisemo yo kugirana imikoranire n’u Rwanda.

Patel yasabye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Liz Truss gushyigikira aya masezerano Igihugu cye cyagiranye n’u Rwanda.

Yagize ati “Nta wundi muti w’iki kibazo gikomereye Guverinoma atari uguca intege ukwinjira kw’abimukira baza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.”

Iyi gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, yagiye igerwa intorezo kenshi dore ko indege yagombaga kuzana aba mbere tariki 14 Kamena 2022, yasubitse urugendo rwayo habura iminota micye ngo ifate ikirere nyuma yuko Urukiko Nyaburayi rw’Uburenganzira bwa muntu rusubikishije uru rugendo.

Icyo gihe Priti Patel, yahise atangaza ko ntakizabuza Guverinoma y’u Bwongereza gukomeza uyu mugambi ndetse ko kuva uwo munsi bahise batangira gutegura urugendo rw’indi ndege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Related Posts

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

IZIHERUKA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara
IMIBEREHO MYIZA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.