Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi, byanagizwemo uruhare n’abaturage baturiye Pariki, bituma baba abarinzi bazo mu gihe bahoze ari ba rushimusi, kandi bikaba bikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.

Dr Justin Nsengiyumva yabigarutseho ubwo yari mu musangiro wahuje abayobozi batandukanye batumiwe n’Ikigega Mpuzamahanga cyita ku kubungabunga ibidukikije ICCF.

Ni umusangiro witabiriwe n’abantu 200 barimo abagize Inteko Ishinga Amategeko, abagize Guverinoma, abayobozi batandukanye ku rwego mpuzamahanga, imiryango itari iya Leta, ibigo by’ishoramari ndetse n’impirimbanyi mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Minisitiri w’intebe Dr Justin yavuze ko Amahoro n’iterambere bitagerwaho hatabayeho kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Yagize ati “Amahoro n’iterambere ntibishobora kuramba tudakomeje kurengera ibidukikije ari byo abaturage bacu bashingiraho ubuzima. Ni yo mpamvu u Rwanda rwashyize ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije ku isonga ry’ingamba zacu z’iterambere ry’Igihugu mu myaka mirongo itatu ishize.”

Yakomeje agaragza ko binyuze mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima byatanze umusaruro, ku buryo ingagi zasaga nizenda kuzimira, ubu zongeye kororoka ari nyinshi.

Ati “Hari igihe ingagi zo mu Birunga zari zageze mu kaga gakabije ku buryo byabonekaga ko zishobora kuzimira burundu. Uyu munsi, kubera imbaraga u Rwanda rwashyize mu kuzibungabunga, umubare wazo warazamutse ugera hejuru y’igihumbi, ubwiyongere bwikubye inshuro enye ku buryo noneho twishimira ko zitagifatwa nk’inyamaswa ziri mu kaga ko kuba zazimara.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi yavuze ko ibyo byose bitari kugerwaho abaturage baturiye parike batabigizemo uruhare.

Ati “Nta na kimwe muri ibi byagezweho cyari kubasha kugerwaho bitagizwemo uruhare n’abaturage batuye hafi y’izi pariki. Mu by’ukuri, babaye abarinzi ba mbere b’inyamaswa mu Rwanda. Ibi kandi bigerwaho bitewe nuko twashyizeho uburyo buhoraho bw’uko abaturage baturiye za pariki bazajya babona inyungu iziturutsemo.”

Yanagaragaje ko kandi Ibihugu bya Afurika bidakwiye gutuma Pariki zabyo indiri y’ibikorwa by’iterabwoba n’amahuriro y’abagizi ba nabi.

Ati “Ntabwo twakwemera ko Pariki zo muri Afurika zikoreshwa n’imitwe y’iterabwoba cyangwa imiryango y’abagizi ba nabi mu guhungabanya umutekano.”

Kuva mu mwaka wa 2006 ubwo iki gikorwa cyatangiraga, cyagiye gihuza abayobozi n’inararibonye batandukanye barimo Umwami Charles III w’u Bwongereza, Umuherwe Jeff Bezos washinze Amazon na Bezos Earth Fund, Umwamikazi Noor wa Yorudaniya, Igikomangoma Albert II wa Monaco, ndetse n’abahoze ari Perezida ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika George H. W. Bush na Bill Clinton, banabaye abaterankunga bakuru ba ICCF.

Ni mu musangiro wahuriyemo abanyacyubahiro banyuranye

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Next Post

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.