Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly yagaragaje amashusho ari guceza mu buryo bw’imibyinire nk’iy’abaturanyi bo mu cyahoze ari Zaire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu, aho anyuzamo agafata mu mukaba w’ipantalo akayizamura agaceza umuziki yirekuye.

Ni amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na Miss Jolly ubwe kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022, yafashwe ubwo yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’amavuko y’Umunyamakuru Umurerwa Evelyne.

Muri aya mashusho, uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, aba ari guceza indirimbo yitwa Waah ya Diamond na Koffi Olomide iri mu zakunzwe mu karere.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Miss Jolly yagize ati “Rero bakunze kumbwira ngo sinashobora kubyina nanjye ndababwira nti reka mbereke ko mbishoboye, uko ni ko byagenze.”

So,they told me that I can’t dance and I told them to give me the dance flow and that’s how it went down . Just celebrating the gift of life . Happy new year folks 😜: 🎥 @Knowless1butera pic.twitter.com/XcXMAj7Tca

— Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) December 27, 2022

Muri aya mashusho, Miss Jolly yacezaga mu buryo bumenyerewe mu njyana z’abanyekongo, aho anyuzamo agafata mu mukandara w’ipantalo akayizamura, ubundi agasa nk’umanuka.

Muri aya mashusho kandi humvikanamo ijwi ry’umuntu uba ari guseka yatembagaye kubera imibyinire ya Miss Jolly batakekaga ko yayishobora.

Uyu munyamakuru Evelyne Umurerwa watanze igitekerezo kuri ubu butumwa n’amashusho, yagize ati “Wakoze cyane nshuti yanjye Mutesi Jolly kuri iyi mbyino, waraye unkoreye umugoroba.”

N’abandi batanze ibitekerezo kuri aya mashusho, bagaragaje gutungurwa ku kuba uyu mukobwa yabashije kubyina gutya kuko asanzwe azwiho kutirekura nkuku.

Miss Jolly yatunguye benshi
Yaceje benshi baratungurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Next Post

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.