Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly yagaragaje amashusho ari guceza mu buryo bw’imibyinire nk’iy’abaturanyi bo mu cyahoze ari Zaire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu, aho anyuzamo agafata mu mukaba w’ipantalo akayizamura agaceza umuziki yirekuye.

Ni amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na Miss Jolly ubwe kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022, yafashwe ubwo yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’amavuko y’Umunyamakuru Umurerwa Evelyne.

Muri aya mashusho, uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, aba ari guceza indirimbo yitwa Waah ya Diamond na Koffi Olomide iri mu zakunzwe mu karere.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Miss Jolly yagize ati “Rero bakunze kumbwira ngo sinashobora kubyina nanjye ndababwira nti reka mbereke ko mbishoboye, uko ni ko byagenze.”

So,they told me that I can’t dance and I told them to give me the dance flow and that’s how it went down . Just celebrating the gift of life . Happy new year folks 😜: 🎥 @Knowless1butera pic.twitter.com/XcXMAj7Tca

— Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) December 27, 2022

Muri aya mashusho, Miss Jolly yacezaga mu buryo bumenyerewe mu njyana z’abanyekongo, aho anyuzamo agafata mu mukandara w’ipantalo akayizamura, ubundi agasa nk’umanuka.

Muri aya mashusho kandi humvikanamo ijwi ry’umuntu uba ari guseka yatembagaye kubera imibyinire ya Miss Jolly batakekaga ko yayishobora.

Uyu munyamakuru Evelyne Umurerwa watanze igitekerezo kuri ubu butumwa n’amashusho, yagize ati “Wakoze cyane nshuti yanjye Mutesi Jolly kuri iyi mbyino, waraye unkoreye umugoroba.”

N’abandi batanze ibitekerezo kuri aya mashusho, bagaragaje gutungurwa ku kuba uyu mukobwa yabashije kubyina gutya kuko asanzwe azwiho kutirekura nkuku.

Miss Jolly yatunguye benshi
Yaceje benshi baratungurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Next Post

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.