Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga

radiotv10by radiotv10
28/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly yirekuye aceza mu buryo butangaje abantu batakekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly yagaragaje amashusho ari guceza mu buryo bw’imibyinire nk’iy’abaturanyi bo mu cyahoze ari Zaire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu, aho anyuzamo agafata mu mukaba w’ipantalo akayizamura agaceza umuziki yirekuye.

Ni amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na Miss Jolly ubwe kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022, yafashwe ubwo yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’amavuko y’Umunyamakuru Umurerwa Evelyne.

Muri aya mashusho, uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, aba ari guceza indirimbo yitwa Waah ya Diamond na Koffi Olomide iri mu zakunzwe mu karere.

Ubutumwa buherekeje aya mashusho, Miss Jolly yagize ati “Rero bakunze kumbwira ngo sinashobora kubyina nanjye ndababwira nti reka mbereke ko mbishoboye, uko ni ko byagenze.”

So,they told me that I can’t dance and I told them to give me the dance flow and that’s how it went down . Just celebrating the gift of life . Happy new year folks 😜: 🎥 @Knowless1butera pic.twitter.com/XcXMAj7Tca

— Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) December 27, 2022

Muri aya mashusho, Miss Jolly yacezaga mu buryo bumenyerewe mu njyana z’abanyekongo, aho anyuzamo agafata mu mukandara w’ipantalo akayizamura, ubundi agasa nk’umanuka.

Muri aya mashusho kandi humvikanamo ijwi ry’umuntu uba ari guseka yatembagaye kubera imibyinire ya Miss Jolly batakekaga ko yayishobora.

Uyu munyamakuru Evelyne Umurerwa watanze igitekerezo kuri ubu butumwa n’amashusho, yagize ati “Wakoze cyane nshuti yanjye Mutesi Jolly kuri iyi mbyino, waraye unkoreye umugoroba.”

N’abandi batanze ibitekerezo kuri aya mashusho, bagaragaje gutungurwa ku kuba uyu mukobwa yabashije kubyina gutya kuko asanzwe azwiho kutirekura nkuku.

Miss Jolly yatunguye benshi
Yaceje benshi baratungurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa

Next Post

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

DRC: Umupolisi yakatiwe igihano cy’urupfu undi ahamwa no gusambanya umwana w’imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.