Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly witabiriye Inama yateguwe n’Umuryango w’Abanyafurika biga muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, aho agomba no gutanga ikiganiro, yagaragaje ko yishimiye kuhahurira n’umunyapolitiki w’umunyabigwi mu karere, Raila Odinga wahataniye kuba Perezida wa Kenya inshuro nyinshi ariko ntagire amahirwe yo gutsinda amatora.

Ni inama yateguwe n’umuryango ‘Oxford University Africa Society’ w’abanyeshuri biga muri iyi Kaminuza yo mu Bwongereza, iri kubera i London hagati ya tariki 24 na 25 Gicurasi 2024.

Miss Jolly wari uherutse kugaragaza ko yatumiwe muri iyi nama nk’uzatangiramo ikiganiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere w’iyi nama, yagaragaje ko yahuye n’Umunyapolitiki wo muri Kenya, Raila Odinga.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Miss Jolly yagize ati “Ku munsi wa mbere w’Inama ya Oxford University Africa Society, byari iby’agaciro guhura n’umunyabigwi Raila Odinga, akunda u Rwanda, yabivuze.”

Miss Jolly yishimiye guhura na Odinga

Uyu munyapolitiki watsinzwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya yabaye muri Nzeri 2022, yegukanywe na William Ruto, ni umwe mu bazwi cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu Gihugu cye cya Kenya, aho amaze kwiyamamaza inshuro eshanu mu matora y’Umukuru w’Igihugu yose, atsindwa.

Raila Odinga ubu ari guhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agasimbura Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, yagize ingendo mu Bihugu bitandukanye asaba ko byazamushyigikira mu matora azaba muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Muri Werurwe, Odinga yagiriye uruzinduko mu Rwanda, anakirwa na Perezida Paul Kagame wanamwizeje ko u Rwanda ruzamushyigikira muri aya matora, kuko ari umugabo urangwa n’umuhate no kudacika intege.

Jolly avuga ko Odinga yamubwiye ko akunda u Rwanda cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Next Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Related Posts

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.