Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umukobwa w’Umunya-Uganda wegukanye ikamba rya Miss Uganda wa 2023, wakomeje kwitwa ko ari Umunyarwandakazi kubera uburanga bwe budasanzwe, yeruriye abantu ko akomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda, ariko ko yavukiye muri Uganda, akanahakurira.

Hannah Karema Tumukunde akimara kwegukana ikamba, hazamutse impaka muri Uganda, aho bamwe bavugaga ko batumva ukuntu iri kamba rya Miss Uganda rihabwa Umunyarwandakazi.

Izindi Nkuru

No mu mazina ye harimo iryumvikana nk’irinyarwanda [Tumukunde] ariko si igitangaza kuko hari Abanya-Uganda benshi bahuje amazina n’Abanyarwanda biganjemo abakomoka mu bice byegereye u Rwanda.

Hannah Karema Tumukunde avuga kuri izi mpaka, yavuze ko “Njyewe ndi Umunya-Uganda. Nakuriye muri Uganda mu Buganda. Ariko abantu bashingiye ku buryo nsa bakavuga ko ndi Umunyarwandakazi.”

Hannah Karema Tumukunde yavukiye mu gace ka Kinoni muri Paruwasi ya Buremezi mu Karere ka Nakaseke muri Uganda.

Avuga ku mubyeyi w’umugore w’Umunyarwandakazi ndetse na Se w’Umunya-Uganda w’Umunyankore.

Yakomeje abazwa icyo avuga ku mpaka akomeje kuvugwaho, aho bamwe bavuga ko atari akwiye guhabwa ikamba, yagize ati “Mwiha amatwi ibivugwa n’abantu.”

Yakomeje agira ati “Njye si ndi umukemurampaka. Sinzi ibyo abantu bavuga aho babikuye ariko bafite uburenganzira bwo kuvuga ibyo bashaka. Abakemurampaka bakoze akazi kabo neza kandi nanjye nizera ko nakoze ibyo nagombaga gukora.”

Hannah Karema Tumukunde usanzwe ari n’umuhanga mu ishuri dore ko yagize amanota yo mu cyiciro cya mbere A, avuga indimi zitandukanye zirimo Ikinyankore, Icyongereza, Luganda ndetse n’Ikinyarwanda.

Hanna Karema yegukanye ikamba rya Miss Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru