Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO iravugwaho kubakira FARDC indake zidasanzwe zizayifasha guhashya M23 ikisubiza ibice yigaruriye

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in MU RWANDA
0
MONUSCO iravugwaho kubakira FARDC indake zidasanzwe zizayifasha guhashya M23 ikisubiza ibice yigaruriye
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abimbuye bwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [MONUSCO], ziravugwaho kubakira indake FARDC kugira ngo ihindure uburyo iri kurwanamo na M23.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [FARDC] kimaze iminsi gihanganye n’umutwe wa M23 aho cyaniyambaje iri tsinda ry’ingabo rya MONUSCO ndetse n’imitwe imwe yitwaje intwaro ifite ibirindiro muri iki Gihugu.

Gusa umutwe wa M23 uvugwaho kuba ufite igisirikare gikomeye, wagiye uhashya abo bahanganye, ukabakura mu birindiro byawo, byagiye binatuma yigarurira ibice binyuranye ubu inagenzura.

Ikinyamakuru Goma 24 News gikorera muri Congo, cyagaragaje indake [imyobo yo mu butaka ifasha abarwanyi kurwana] ziri kubakwa na MONUSCO bivugwa ko iri kuzubakira FARDC.

Iki kinyamakuru cyerekanye amafoto y’aba basirikare bari mu butumwa bwa LONI bari kubaka izi ndeke, cyagize kiti “Ntibashobora no kwiyubakira Indeke. MONUSCO ni yo iri kubakira ibirindiro byo kwirwanaho bya FRDC biherereye i Rukoro mu bilometero 6 uvuye i Rutshuru rwagati. Mbega ikimwaro kuri FARDC yacu.”

Iki gisirikare cya Congo kivugwaho ko kidasanzwe kimenyereye imirwanire y’ubu buryo bwo mu ndake, kimaze iminsi gikubitwa inshuro na M23, ikirukana abasirikare bacyo mu bice cyabaga kigenzura ubu bikaba biri mu maboko y’uyu mutwe w’abarwanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Ahari kubakwa izi ndake hagaragaye imodoka za MONUSCO
Ni ibikorwa biri gukorwa n’aba basirikare bari mu butumwa bwa LONI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Hagaragaye ifoto y’abayobozi bakuru ba M23 barimo Gen.Makenga bica akanyota bamwenyura

Next Post

Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.