Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), bwatangaje ko bwiteguye gushyigikira imyanzuro mishya yo guhagarika imirwano muri kariya gace.

Ibi bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026 nyuma y’umunsi umwe i Doha muri Qatar hongeye kubera ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imyanzuro yavuye muri ibi biganiro, harimo isaba MONUSCO kugira uruhare mu kubahiriza agahenge, ndetse no kohereza ingabo mu mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa na AFC/M23.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO, rivuga ko Ingabo zayoo ziteguye gufata ingamba zifatika zo gushyigikira irangira ry’imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Ubuyobozi bw’ubu butumwa buvuga ko “amasezerano yashyizweho umukono” ari ingenzi cyane mu gaharika imirwano, ndetse no kuzana amahoro.

Ibi kandi bibaye nyuma yuko hafashwe umwanzuro ko MONUSCO ikomeza gutanga ubufasha bwayo mu bya tekiniki n’ibikoresho, wafashwe hashingiwe ku mwanzuro wa 2808 w’Inama y’Umutekano.

Iyi nkunga izashyirwa ahanini ku buryo bwa Expanded Joint Verification Mechanism Plus (EJVM+), bigenzurwa n’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, yashimangiye ko Minisiteri y’Ingabo muri DRC imaze kongera imbaraga mu myiteguro yayo y’imbere muri iki cyiciro gishya.

Yagize ati “Ingabo ziri mu butumwa ziteguye kugira uruhare mu buryo burambye kandi bujyanye n’igihe, kanzi zikabikora zubaha ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.”

Uretse uruhare rwa Qatar nk’umuhuza, MONUSCO yemeye uruhare ruhuriweho rw’Imiryango mpuzamahanga ndetse n’Ibihugu binyuranye, nk’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Doha, kimwe n’indi miryango nka SADC, Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), na ICGLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Related Posts

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

by radiotv10
04/02/2026
0

Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barekurwa...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryakoze igikorwa cyo gusenya ahategurirwaga ibitero by’indege zitagira abapilote z’igisirikare cya FARDC ku Kibuga cy’Indege cya...

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

The AFC/M23 coalition has confirmed that it carried out an operation to destroy facilities used to prepare drone attacks by...

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu biganiro byongeye kubera i Doha muri Qatar, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku...

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

by radiotv10
03/02/2026
0

The Government of the DRC and AFC/M23 have signed an agreement calling for an immediate cessation of hostilities and full...

IZIHERUKA

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira
AMAHANGA

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

by radiotv10
04/02/2026
0

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

04/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.