Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wemeje ko ugiye gukura ingabo zawo [MONUSCO] mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Impuguke muri politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko nubwo u Rwanda rwakunze kunenga imyitwarire yazo, ariko ntacyo byahindura mu mubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yemeje ko ingabo za MONUSCO zizasoza ubutumwa zirimo muri DRC bitarenze muri 2024.

Icyakora uyu muyobozi yongeyeho ko izi ngabo nizimara kuva muri iki Gihugu, umutekano uzarushaho kuzamba, ku buryo abasivile bazarushaho kugira ibyago byo kwicwa no guhohoterwa.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Iyo myaka izo ngabo zari zimaze muri Congo; harimo imyaka 10 y’ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23, byanashyize urukuta hagati y’umubano w’u Rwanda na Congo.

Muri 2022 Perezida Paul Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zitigeze zizikora inshingano zazo, nyamara zimaze imyaka irenga 20.

Yagize ati “Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Congo guhangana nacyo. Bari bajyanywe no guhangana na FDLR n’indi mitwe, ariko nta munsi n’umwe naba nibuka cyangwa namwe muzi; izi ngabo zaba zararwanye na FDLR, ariko bashishikajwe no kurwana na M23.

Ibi ni nabyo byabaye muri 2012. Icyo gihe twababwiye inama ko bari gukemura igi cy’ikibazo, ikindi kizatugiraho ingaruka twese. Twababwiye ko atari ikibazo cyo gukemura mu buryo bw’igisirikare; ahubwo gishingiye kuri politike. Bakabaye bafasha Guverinoma ya Congo kugikemura, ariko baratwirengagije.

Nyuma y’imyaka icumi, ikibazo kitugarutseho twese. None icyo basigaranye cyonyine ni ugushinja u Rwanda ko rubifitemo uruhare.”

Perezida Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zatumye ibibazo by’umutekano birushaho kuba bibi.

Yagize ati “Ingabo za Congo zifatanya na FDLR kurwanya M23. Umuryango w’Abibumbye urushaho kubizambya. Bafasha ingabo za leta, ariko bazi neza ko izo ngabo zifatanya n’umutwe wa FDLR mu rugamba na M23. Bivuze ko ku ruhande rumwe hari M23 urundi rukabaho igisirikare cya congo, MONUSCO na FDLR, nyamara bakabaye barwanya FDLR bakabatsinda ndetse abashaka kugaruka mu rugo bakanabasubiza mu buzima busanzwe.”

Nubwo izi ngabo zatangiye kubarira iminsi ku ntoki, umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko kuba izi ngabo zigiye kuva muri Congo bidashobora kuba igisubizo cy’umutekano mucye umaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa Congo nk’izingiro ry’ibibazo biri mu mubano w’u Rwanda na Congo.

Yagize ati “Kuvayo kwazo ntacyo byica nta n’icyo bikiza, kuko mu gihe bamazeyo ntacyo byagabanyije. Numva ko ikibazo kitari izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ku mubano w’u Rwanda na DRC, kuko bashoboraga no kubana neza izi ngabo zitaragenda. Kuba izi ngabo zagenda ntacyo bihindura.”

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko Abanyekongo basaga miliyoni 26 bugarijwe n’inzara, abandi bari mu buhungiro. Ibyo ngo biri mu bibazo bikomeye izi ngabo zigera ku bihumbi 15 zigiye gusiga muri Congo. Ku bw’ibyo ngo hakenewe ubufasha bwihuse kugira ngo abasivile batarushaho kugarizwa n’ibibazo bikomeye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Next Post

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Related Posts

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w'Ubukungu n'Iterambere rya Afurika y'Amajyepfo (SADC) zari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

by radiotv10
16/06/2025
0

Another group of troops from the Southern African Development Community (SADC), who had been on a mission in the Democratic...

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

by radiotv10
16/06/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu...

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

by radiotv10
16/06/2025
0

Kigali is a vibrant capital city of Rwanda, it is mostly known for its cleanliness, safety, growing cultural and social...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

16/06/2025
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

16/06/2025
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

16/06/2025
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

16/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

16/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.