Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Mozambique, yatangaje burundu ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yegukanywe na Daniel Chapo wari umukandida w’ishyaka Frelimo rya Filipe Jacinto Nyusi urangije manda ze waranzwe no gukorana n’u Rwanda, byumwihariko mu bikorwa by’umutekano.

Ni nyuma y’amatora yabaye tariki 09 Ukwakira 2024, aho ibyayavuyemo bigaragaza ko Daniel Chapo, yegukanye intsinzi ku majwi 70,7%.

Ni mu gihe Venancio Mondlane w’ishyaka Podemos bari bahanganye cyane muri aya matora, we yabonye amajwi 20,2%.

Daniel Chapo, w’imyaka 47 y’amavuko, abaye Perezida wa Mozambique wa mbere wavutse nyuma y’Ubwigenge bw’iki Gihugu, akaba yari aherutse gutangaza ko yifuza kubona Mozambique iba Igihugu cy’intangarugero muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yari yagize ati “Ndashaka kuba Perezida w’abaturage bose ba Mozambique, bakunga ubumwe uhereye i Rovuma ukagera i Maputo. Mureke twimakaze inzira y’ibiganiro, kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kubaka Igihugu. Ntabwo igihugu kizatera imbere kuko twagiye mu mihanda tukigaragambya, ahubwo Igihugu kizatera imbere binyuze mu biganiro bigamije amahoro, ituze, umutekano ndetse no gukunda umurimo.”

Yakomeje avuga ko amarembo afunguye kandi yiteguye gutega ugutwi umuturage wa Mozambique wese, uzagaragaza ko afite umutima n’ubushake, cyangwa ibitekerezo biganisha ku iterambere ry’Igihugu.

Aya matora yabaye tariki 09 z’uku kwezi k’Ukwakira, yakurikiwe n’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavugaga ko yaba yarabayemo uburiganya.

Ndetse ku itariki 18 z’uku kwezi, Mondlena wari umukandida muri aya matora, yishwe n’abantu bitwaje intwaro bamugabyeho igitero imodoka ye bayirasa urufaya rw’amasasu mu murwa mukuru i Maputo, ahasiga ubuzima.

Ku ngingo ijyanye n’imikoranire hagati ya Mozambique n’u Rwanda mu by’umutekano, abibikurikiranira hafi baravuga ko Perezida Daniel Chapo, azagumana ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri iyi Ntara yari yarasaritswe n’ibyihebe.

Daniel Chapo ni we watsinze amatora ya Perezida muri Mozambique
Asimbuye Nyusi waranzwe no gukorana n’u Rwanda byumwihariko mu mutekano
Filipe Nyusi yakunze kugaragaza ubucuti n’u Rwanda yagendereye inshuro zinyuranye

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Icyifuzo Tshisekedi aherutse gutangaza cyatangiye kugerwa amajanja

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.