Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Mozambique, yatangaje burundu ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yegukanywe na Daniel Chapo wari umukandida w’ishyaka Frelimo rya Filipe Jacinto Nyusi urangije manda ze waranzwe no gukorana n’u Rwanda, byumwihariko mu bikorwa by’umutekano.

Ni nyuma y’amatora yabaye tariki 09 Ukwakira 2024, aho ibyayavuyemo bigaragaza ko Daniel Chapo, yegukanye intsinzi ku majwi 70,7%.

Ni mu gihe Venancio Mondlane w’ishyaka Podemos bari bahanganye cyane muri aya matora, we yabonye amajwi 20,2%.

Daniel Chapo, w’imyaka 47 y’amavuko, abaye Perezida wa Mozambique wa mbere wavutse nyuma y’Ubwigenge bw’iki Gihugu, akaba yari aherutse gutangaza ko yifuza kubona Mozambique iba Igihugu cy’intangarugero muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yari yagize ati “Ndashaka kuba Perezida w’abaturage bose ba Mozambique, bakunga ubumwe uhereye i Rovuma ukagera i Maputo. Mureke twimakaze inzira y’ibiganiro, kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kubaka Igihugu. Ntabwo igihugu kizatera imbere kuko twagiye mu mihanda tukigaragambya, ahubwo Igihugu kizatera imbere binyuze mu biganiro bigamije amahoro, ituze, umutekano ndetse no gukunda umurimo.”

Yakomeje avuga ko amarembo afunguye kandi yiteguye gutega ugutwi umuturage wa Mozambique wese, uzagaragaza ko afite umutima n’ubushake, cyangwa ibitekerezo biganisha ku iterambere ry’Igihugu.

Aya matora yabaye tariki 09 z’uku kwezi k’Ukwakira, yakurikiwe n’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavugaga ko yaba yarabayemo uburiganya.

Ndetse ku itariki 18 z’uku kwezi, Mondlena wari umukandida muri aya matora, yishwe n’abantu bitwaje intwaro bamugabyeho igitero imodoka ye bayirasa urufaya rw’amasasu mu murwa mukuru i Maputo, ahasiga ubuzima.

Ku ngingo ijyanye n’imikoranire hagati ya Mozambique n’u Rwanda mu by’umutekano, abibikurikiranira hafi baravuga ko Perezida Daniel Chapo, azagumana ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri iyi Ntara yari yarasaritswe n’ibyihebe.

Daniel Chapo ni we watsinze amatora ya Perezida muri Mozambique
Asimbuye Nyusi waranzwe no gukorana n’u Rwanda byumwihariko mu mutekano
Filipe Nyusi yakunze kugaragaza ubucuti n’u Rwanda yagendereye inshuro zinyuranye

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Icyifuzo Tshisekedi aherutse gutangaza cyatangiye kugerwa amajanja

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.