Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mozambique: Bidasubirwaho hatangajwe uwatsinze amatora y’uzasimbura Perezida Nyusi inshuti y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Mozambique, yatangaje burundu ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yegukanywe na Daniel Chapo wari umukandida w’ishyaka Frelimo rya Filipe Jacinto Nyusi urangije manda ze waranzwe no gukorana n’u Rwanda, byumwihariko mu bikorwa by’umutekano.

Ni nyuma y’amatora yabaye tariki 09 Ukwakira 2024, aho ibyayavuyemo bigaragaza ko Daniel Chapo, yegukanye intsinzi ku majwi 70,7%.

Ni mu gihe Venancio Mondlane w’ishyaka Podemos bari bahanganye cyane muri aya matora, we yabonye amajwi 20,2%.

Daniel Chapo, w’imyaka 47 y’amavuko, abaye Perezida wa Mozambique wa mbere wavutse nyuma y’Ubwigenge bw’iki Gihugu, akaba yari aherutse gutangaza ko yifuza kubona Mozambique iba Igihugu cy’intangarugero muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Yari yagize ati “Ndashaka kuba Perezida w’abaturage bose ba Mozambique, bakunga ubumwe uhereye i Rovuma ukagera i Maputo. Mureke twimakaze inzira y’ibiganiro, kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kubaka Igihugu. Ntabwo igihugu kizatera imbere kuko twagiye mu mihanda tukigaragambya, ahubwo Igihugu kizatera imbere binyuze mu biganiro bigamije amahoro, ituze, umutekano ndetse no gukunda umurimo.”

Yakomeje avuga ko amarembo afunguye kandi yiteguye gutega ugutwi umuturage wa Mozambique wese, uzagaragaza ko afite umutima n’ubushake, cyangwa ibitekerezo biganisha ku iterambere ry’Igihugu.

Aya matora yabaye tariki 09 z’uku kwezi k’Ukwakira, yakurikiwe n’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavugaga ko yaba yarabayemo uburiganya.

Ndetse ku itariki 18 z’uku kwezi, Mondlena wari umukandida muri aya matora, yishwe n’abantu bitwaje intwaro bamugabyeho igitero imodoka ye bayirasa urufaya rw’amasasu mu murwa mukuru i Maputo, ahasiga ubuzima.

Ku ngingo ijyanye n’imikoranire hagati ya Mozambique n’u Rwanda mu by’umutekano, abibikurikiranira hafi baravuga ko Perezida Daniel Chapo, azagumana ingabo z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri iyi Ntara yari yarasaritswe n’ibyihebe.

Daniel Chapo ni we watsinze amatora ya Perezida muri Mozambique
Asimbuye Nyusi waranzwe no gukorana n’u Rwanda byumwihariko mu mutekano
Filipe Nyusi yakunze kugaragaza ubucuti n’u Rwanda yagendereye inshuro zinyuranye

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Icyifuzo Tshisekedi aherutse gutangaza cyatangiye kugerwa amajanja

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi burimo ubwo guhosha imyigaragambyo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.