Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye kwirahirwa

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA
0
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye kwirahirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye kuvugwa imyato nyuma yo guhashya abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba bari bakambitse mu duce bari bahungiyemo ubwo bari bamaze kwirukanwa n’ubundi n’izi ngabo zifatanyije n’iza Mozambique.

Aba barwanyi bari baracumbitse mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma nyuma y’uko byirukanywe n’ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zibakuye mu birindiro byazo.

Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique ziherutse gutangiza ibikorwa byo kwirukana ibi byihebe muri utu duce.

Muri ibi bikorwa byasanze izi nyeshyamba aho zari zarakambitse mu mirima ishashe y’imyumbati, zarashweho urufaya rw’amasasu n’ingabo z’u Rwanda, ziyoberwa ibibaye ari na bwo ibi byihebe byahise bikizwa n’amaguru mu gihe hari n’ibyahasize ubuzima.

Kuva ingabo z’u Rwanda zagera muri Mozambique, zirahiriwe na benshi kubera ibikorwa byo guhashya iyi mitwe y’iterabwoba yari yarazahaje abaturage bo muri Mozambique baravuye mu byabo.

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 yagarutse ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Bihugu binyuranye, yavuze ko ibikorwa byo guhashya imitwe y’iterabwoba muri Mozambique bigeze kuri 85%.

Yagize ati “15% uduce duto tw’aba bantu basigaye, bahunze bajya mu bindi bice batari barimo ubu barabakurikirana kugira ngo naho bahasukure neza.”

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku bikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda anavuga ko kurindira umutekano Abanyarwanda ari byo biza ku isonga, bityo ko abazahirahira kuwuhungabanya bazahura n’akaga gakomeye.

Perezida Kagame wavuze ko u Rwanda rufite abanyamwuga mu kurwana intambara, yavuze ko abazagerageza kurushozaho intambara, inzego z’umutekano z’u Rwanda zizabasanga aho bacaniye uwo muriro kuko u Rwanda ari ruto.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 12 =

Previous Post

Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati

Next Post

Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda

Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.