Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Mu mirwano ingabo z’u Rwanda zishe inyeshyamba hafi ya Palma

radiotv10by radiotv10
23/07/2021
in MU RWANDA
0
Mozambique: Mu mirwano ingabo z’u Rwanda zishe inyeshyamba hafi ya Palma
Share on FacebookShare on Twitter

Abashinzwe umutekano muri Mozambique bavuga ko ingabo z’u Rwanda zoherejwe gufasha kurwanya abarwanyi bazahaje intara ya Cabo Delgado zishe abarwanyi babuza amahwemo abaturage b’iki gihugu.

Abasirikare n’abapolisi 1,000 b’u Rwanda boherejwe muri iyo ntara iri mu majyaruguru ya Mozambique aho abantu bagera ku 800,000 bavuye mu byabo abagera ku 3,000 bakicwa kuva mu 2017, benshi muri bo baciwe imitwe n’izo nyeshyamba.

Ingabo z’u Rwanda zageze muri iki gihugu tariki ya 9 y’uku kwezi kwa karindwi bisabwe na Mozambique, hanashingiwe “ku masezerano menshi” ibihugu byombi bifitanye, nk’uko leta y’u Rwanda yabitangaje.

Amakuru avuga ko abasirikare b’u Rwanda ubwo barimo bagenzura ishyamba riri hafi y’umujyi wa Palma muri iki cyumweru, basakiranye n’abo barwanyi bakarwana. Abashinzwe umutekano bavuga ko ingabo z’u Rwanda zabakurikiranye, zikica abagera kuri 30.

Mozambique itegereje ko umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Africa yo mu majyepfo, SADC, na wo uyoherereza ingabo zo kuyifasha guhashya izi nyeshyamba zimaze imyaka ine zimonogoza.

Abasirikare ba Portugal bo bahamaze igihe batoza ingabo za Mozambique, ariko biboneka ko zananiwe kwirangiriza ubwazo ikibazo cy’izi nyeshyamba zitwa al-Shabab.

Mbere, Mozambique yabanje kutemera kuba yafashwa n’ingabo z’amahanga, ihitamo gukoresha abacanshuro bigenga.

Ariko aba barwanyi bateye umujyi wa Palma n’umwigimbakirwa wayo wa Afungi – ahakorera umushinga Liquefied Natural Gas (LNG) wa miliyari $20 wa kompanyi Total yo mu Bufaransa abawukoreraga barahunga, bituma Mozambique ihindura umuvuno.

Mu ngabo 1,000 z’u Rwanda zoherejwe, izigera kuri 300 zoherejwe gucunga umutekano mu gace ka Afungi, nk’uko byatangajwe n’uruhande rw’u Rwanda ubwo izi ngabo zagendaga.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

Mugheni Kakule Fabrice, wakiniraga AFC Leopards yasinyiye AS Kigali

Next Post

APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.