Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yatangije ibirango bishya byayo bizanye no kwagura inshingano, byose bigamije kuganisha iyi sosiyete y’itumanaho kugera ku rwego ruhambaye rw’ikigo cy’ikoranabuhanga rigezweho.

Ibi birango bishya bya MTN Rwanda, bizanye n’inshingano nshya z’iyi sosiyete yaguye ibikorwa byayo ku buryo serivisi zayo ziva izo kuba iz’itumanaho gusa ahubwo zikaba iz’ikoranabuhanga.

Ni impinduka zigamije gutuma MTN igera ku ntego yihaye zo muri 2025 zo kuzaba ari ikigo kiri mu biyoboye mu ikoranabuhanga muri Afurika mu bijyanye n’itumanaho.

MTN Rwanda itangaza ko intego zayo ari ugutuma abakoresha umurongo wayo ndetse n’abaturarwanda bose barushaho koroherwa n’ikoranabuhanga ku buryo bazakomeza kudatakaza umwanya mu bikorwa binyuranye.

Serisvisi z’iyi sosiyete, zikaba zizagera ku rwego rwo kuba harimo iz’itumanaho, iz’imari ndeste n’ibindi bikorwa biri mu murongo wo kuzamura ubukungu bw’Igihugu nko mu bijyanye n’ibikorwa remezo.

Mitwa Ng’ambi, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, avuga ko ikoranabuhanga n’iterambere biza ku isonga muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda, bityo ko ari byo byatumye iyi sosiyete yagura inshingano zayo mu rwego rwo gushyigikira gahunda z’Igihugu.

Yagize ati “Igikwiye ni uko tutasigara inyuma nk’ikigo cy’itumanaho. Mu myaka 23 ishize twagiye tugenda n’Igihugu, ku bw’ibyo tugomba no gutera intambwe tukava muri ‘analog’ tukaba ikigo cy’ikoranabuhanga.”

Akomeza avuga ko izi mpinduka zimaze igihe zikorwaho ku buryo ubu imirongo ya MTN Rwanda yashyizwe ku rwego rwa Digital kandi ko byafashihe abakiliya bayo ndetse n’abafatanyabikorwa nk’uko iyi sosiyete iyoboye mu bijyanye n’itumanaho mu Rwanda.

Ibirango bishya bya MTN Rwanda, bigaragaza inyuguti zigize izina ryayo zaanditse mu ibara ry’umukara ndetse n’uruziga ririmo rikaba ari umukara bikaba biteretse mu ibara ryayo risanzweho rw’umuhondo mu gihe ubusanzwe izi nyuguti zabaga ari ibara ry’umweru uretse T yabaga iri mu muhondo.

Umuyobozi muri MTN Rwanda ushinzwe abafatabuguzi ndetse n’ikoranabuhanga, Yaw Ankoma Agyapong yatangaje ko iyi sura nshya no kwagura inshingano bigamije kurushaho gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu.

Yavuze ko iyi mikorere mishya izafasha mu gukuraho ikinyuranyo cy’ibyo abantu baterekezaga gukora ntibabishyire mu bikorwa ndetse n’ibyo babashaga gukora.

Yaw Ankoma Agyapong yavuze kandi ko hagiye gutangiza ubukangurambaga bwiswe “What are you doing today?” [cyangwa se ‘Uri gukora iki?’] buzaba bugamije gushimira abari kugira ibyo bakora biganisha Igihugu ku iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

###

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga

Next Post

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.