Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yatangije ibirango bishya byayo bizanye no kwagura inshingano, byose bigamije kuganisha iyi sosiyete y’itumanaho kugera ku rwego ruhambaye rw’ikigo cy’ikoranabuhanga rigezweho.

Ibi birango bishya bya MTN Rwanda, bizanye n’inshingano nshya z’iyi sosiyete yaguye ibikorwa byayo ku buryo serivisi zayo ziva izo kuba iz’itumanaho gusa ahubwo zikaba iz’ikoranabuhanga.

Ni impinduka zigamije gutuma MTN igera ku ntego yihaye zo muri 2025 zo kuzaba ari ikigo kiri mu biyoboye mu ikoranabuhanga muri Afurika mu bijyanye n’itumanaho.

MTN Rwanda itangaza ko intego zayo ari ugutuma abakoresha umurongo wayo ndetse n’abaturarwanda bose barushaho koroherwa n’ikoranabuhanga ku buryo bazakomeza kudatakaza umwanya mu bikorwa binyuranye.

Serisvisi z’iyi sosiyete, zikaba zizagera ku rwego rwo kuba harimo iz’itumanaho, iz’imari ndeste n’ibindi bikorwa biri mu murongo wo kuzamura ubukungu bw’Igihugu nko mu bijyanye n’ibikorwa remezo.

Mitwa Ng’ambi, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, avuga ko ikoranabuhanga n’iterambere biza ku isonga muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda, bityo ko ari byo byatumye iyi sosiyete yagura inshingano zayo mu rwego rwo gushyigikira gahunda z’Igihugu.

Yagize ati “Igikwiye ni uko tutasigara inyuma nk’ikigo cy’itumanaho. Mu myaka 23 ishize twagiye tugenda n’Igihugu, ku bw’ibyo tugomba no gutera intambwe tukava muri ‘analog’ tukaba ikigo cy’ikoranabuhanga.”

Akomeza avuga ko izi mpinduka zimaze igihe zikorwaho ku buryo ubu imirongo ya MTN Rwanda yashyizwe ku rwego rwa Digital kandi ko byafashihe abakiliya bayo ndetse n’abafatanyabikorwa nk’uko iyi sosiyete iyoboye mu bijyanye n’itumanaho mu Rwanda.

Ibirango bishya bya MTN Rwanda, bigaragaza inyuguti zigize izina ryayo zaanditse mu ibara ry’umukara ndetse n’uruziga ririmo rikaba ari umukara bikaba biteretse mu ibara ryayo risanzweho rw’umuhondo mu gihe ubusanzwe izi nyuguti zabaga ari ibara ry’umweru uretse T yabaga iri mu muhondo.

Umuyobozi muri MTN Rwanda ushinzwe abafatabuguzi ndetse n’ikoranabuhanga, Yaw Ankoma Agyapong yatangaje ko iyi sura nshya no kwagura inshingano bigamije kurushaho gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu.

Yavuze ko iyi mikorere mishya izafasha mu gukuraho ikinyuranyo cy’ibyo abantu baterekezaga gukora ntibabishyire mu bikorwa ndetse n’ibyo babashaga gukora.

Yaw Ankoma Agyapong yavuze kandi ko hagiye gutangiza ubukangurambaga bwiswe “What are you doing today?” [cyangwa se ‘Uri gukora iki?’] buzaba bugamije gushimira abari kugira ibyo bakora biganisha Igihugu ku iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

###

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 5 =

Previous Post

Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga

Next Post

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.