Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
MTN mu isura nshya no kwagura ibikorwa biyiganisha ku rwego ruhambaye
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yatangije ibirango bishya byayo bizanye no kwagura inshingano, byose bigamije kuganisha iyi sosiyete y’itumanaho kugera ku rwego ruhambaye rw’ikigo cy’ikoranabuhanga rigezweho.

Ibi birango bishya bya MTN Rwanda, bizanye n’inshingano nshya z’iyi sosiyete yaguye ibikorwa byayo ku buryo serivisi zayo ziva izo kuba iz’itumanaho gusa ahubwo zikaba iz’ikoranabuhanga.

Ni impinduka zigamije gutuma MTN igera ku ntego yihaye zo muri 2025 zo kuzaba ari ikigo kiri mu biyoboye mu ikoranabuhanga muri Afurika mu bijyanye n’itumanaho.

MTN Rwanda itangaza ko intego zayo ari ugutuma abakoresha umurongo wayo ndetse n’abaturarwanda bose barushaho koroherwa n’ikoranabuhanga ku buryo bazakomeza kudatakaza umwanya mu bikorwa binyuranye.

Serisvisi z’iyi sosiyete, zikaba zizagera ku rwego rwo kuba harimo iz’itumanaho, iz’imari ndeste n’ibindi bikorwa biri mu murongo wo kuzamura ubukungu bw’Igihugu nko mu bijyanye n’ibikorwa remezo.

Mitwa Ng’ambi, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, avuga ko ikoranabuhanga n’iterambere biza ku isonga muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda, bityo ko ari byo byatumye iyi sosiyete yagura inshingano zayo mu rwego rwo gushyigikira gahunda z’Igihugu.

Yagize ati “Igikwiye ni uko tutasigara inyuma nk’ikigo cy’itumanaho. Mu myaka 23 ishize twagiye tugenda n’Igihugu, ku bw’ibyo tugomba no gutera intambwe tukava muri ‘analog’ tukaba ikigo cy’ikoranabuhanga.”

Akomeza avuga ko izi mpinduka zimaze igihe zikorwaho ku buryo ubu imirongo ya MTN Rwanda yashyizwe ku rwego rwa Digital kandi ko byafashihe abakiliya bayo ndetse n’abafatanyabikorwa nk’uko iyi sosiyete iyoboye mu bijyanye n’itumanaho mu Rwanda.

Ibirango bishya bya MTN Rwanda, bigaragaza inyuguti zigize izina ryayo zaanditse mu ibara ry’umukara ndetse n’uruziga ririmo rikaba ari umukara bikaba biteretse mu ibara ryayo risanzweho rw’umuhondo mu gihe ubusanzwe izi nyuguti zabaga ari ibara ry’umweru uretse T yabaga iri mu muhondo.

Umuyobozi muri MTN Rwanda ushinzwe abafatabuguzi ndetse n’ikoranabuhanga, Yaw Ankoma Agyapong yatangaje ko iyi sura nshya no kwagura inshingano bigamije kurushaho gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu.

Yavuze ko iyi mikorere mishya izafasha mu gukuraho ikinyuranyo cy’ibyo abantu baterekezaga gukora ntibabishyire mu bikorwa ndetse n’ibyo babashaga gukora.

Yaw Ankoma Agyapong yavuze kandi ko hagiye gutangiza ubukangurambaga bwiswe “What are you doing today?” [cyangwa se ‘Uri gukora iki?’] buzaba bugamije gushimira abari kugira ibyo bakora biganisha Igihugu ku iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

###

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

Afurika iramagana ivangura riri gukorerwa Abanyafurika muri Ukraine mu bikorwa byo guhunga

Next Post

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

USA: Umugabo yarasiye abana be batatu mu rusengero arabica arangije na we arirasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.