Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
5
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK), batangije gahunda yiswe ‘Macye Macye’ izafasha abakiliya b’iyi sosiyete y’itumano gutunga telefone zigezweho (Smartphones) na tablets mu buryo bworoshye, aho bazajya babasha kuzigura mu buryo bw’umweenda.

Ibi bikoresho bizajya bitangwa n’amaguriro ya MTN Rwanda arimo ku cyicaro gikiru cyayo ndetse n’andi, aho abakiliya bazabasha gufata telefone y’umwenda bifuza ubundi bakajya bishyura 200 Frw ku munsi bandika *182*12#.

Buri gikoresho (Smartphone cyangwa tablet) izatangwa muri ubu buryo kizajya kishyurwa aya mafaranga 200 Frw, azaba ari kumwe na bundle y’ubuntu ya internet, ama-unite yo guhamagara ndetse na SMS.

MTN kandi ivuga ko abakiliya bazashyirirwaho uburyo bazajya bishyura bagendeye ku bushake bwabo yaba ari ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, aho bazajya bishyura hakoreshejwe Mobile Money.

Iyi gahunda ya MTN Rwanda iri mu murongo wo gukomeza guha serivisi zinoze abakiliya bayo no mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kugezwaho ibisubizo by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko kuba hari abatagiraSmartphone, biri mu bikomeje kubera imbogamizi abakiliya b’iyi sosiyete gukoresha internet.

Yagize ati “Ubufatanye bwacu na Banki ya Kigai buje kongerera ubushobozi abantu kubasha gukoresha internet no gukomeza gahunda yo kugeza smartphones kuri bose.”

Uyu muyobozi wa MTN Rwanda avuga ko abantu bose bakwiye kuba mu buzima bw’ikoranabuhanga, ati “Hamwe na ‘Macye Macye’, twiyemeje gutuma abantu benshi babasha kunogerwa n’ikoranabuhanga rya Internet ikaba ikiraro cyo guhuza ikoranabuhanga rigezwemo mu Gihugu, aho 75% y’abaturage badafite smartphone.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko iyi banki yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu rwego rwo gukomeza kungera umubare w’Abanyarwanda batunze smartphone.

Yavuze ko iyi Banki isanzwe ishyize imbere uburyo bw’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi yayo bityo ko iyi gahunda ije kubashyigikira.

Yagize ati “Rero iyi gahunda ije ari umusemburo wo gukomeza kongera ubushobozi bw’abantu bose babasha kubona serivisi za Banki hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi mukuru ushinzwe abacuruzi n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Yaw Ankoma Agyapong yavuze ko igihe abantu babashije gutunga smartphone, baba banakwiye kubona internet.

Ati “Telefone na Internet birajyana, ntabwo wagira kimwe udafite ikindi. Rero ku bakiriya bacu, turababwira ko ‘gahunda ni MTN 4G, dore ko tunabafitiye pack zihendutse za internet ya 4G izabafasha kubasha kureba amashusho no kuyamanura.”

Yaw Ankoma Agyapong yaboneyeho kumenyesha abakiliya ba MTN Rwanda bifuza internet ya 4G, ko igihe ari iki kuko ibiciro byayo biri hasi.

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye

RADIOTV10

Comments 5

  1. Daniel Hitayezu says:
    3 years ago

    Ibi nibyiza cyane kuko nkatwe tubarura simcard za mtn kubera amaterefone dufite bamwe arashaje atakibasha kubona network rwose turabashimiye cyane.

    Reply
  2. Ndamuzeye Jean paul says:
    3 years ago

    4G irahenze cyane rwose

    Reply
  3. Ishimwe Patrick says:
    3 years ago

    Nonese mwabikoze bikaba rusange nabakorana nizindi bank babona smart phone

    Reply
  4. Bazibonera Protais says:
    3 years ago

    Iyo gahunda izatangira ryari ko njyewe nyikeneye cyane?
    Babikore vuba twiteguye kwishyura neza!

    Reply
  5. NIYITEGEKA David says:
    3 years ago

    Ubu s BK ntozashyiraho inyungu z’umurengera cga telephone zizatangwa Ku giciro nubundi!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

Next Post

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

IFOTO: Minisitiri kuri 'Pupitre' asoma igitabo n'abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.