Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
5
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK), batangije gahunda yiswe ‘Macye Macye’ izafasha abakiliya b’iyi sosiyete y’itumano gutunga telefone zigezweho (Smartphones) na tablets mu buryo bworoshye, aho bazajya babasha kuzigura mu buryo bw’umweenda.

Ibi bikoresho bizajya bitangwa n’amaguriro ya MTN Rwanda arimo ku cyicaro gikiru cyayo ndetse n’andi, aho abakiliya bazabasha gufata telefone y’umwenda bifuza ubundi bakajya bishyura 200 Frw ku munsi bandika *182*12#.

Buri gikoresho (Smartphone cyangwa tablet) izatangwa muri ubu buryo kizajya kishyurwa aya mafaranga 200 Frw, azaba ari kumwe na bundle y’ubuntu ya internet, ama-unite yo guhamagara ndetse na SMS.

MTN kandi ivuga ko abakiliya bazashyirirwaho uburyo bazajya bishyura bagendeye ku bushake bwabo yaba ari ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, aho bazajya bishyura hakoreshejwe Mobile Money.

Iyi gahunda ya MTN Rwanda iri mu murongo wo gukomeza guha serivisi zinoze abakiliya bayo no mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kugezwaho ibisubizo by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko kuba hari abatagiraSmartphone, biri mu bikomeje kubera imbogamizi abakiliya b’iyi sosiyete gukoresha internet.

Yagize ati “Ubufatanye bwacu na Banki ya Kigai buje kongerera ubushobozi abantu kubasha gukoresha internet no gukomeza gahunda yo kugeza smartphones kuri bose.”

Uyu muyobozi wa MTN Rwanda avuga ko abantu bose bakwiye kuba mu buzima bw’ikoranabuhanga, ati “Hamwe na ‘Macye Macye’, twiyemeje gutuma abantu benshi babasha kunogerwa n’ikoranabuhanga rya Internet ikaba ikiraro cyo guhuza ikoranabuhanga rigezwemo mu Gihugu, aho 75% y’abaturage badafite smartphone.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko iyi banki yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu rwego rwo gukomeza kungera umubare w’Abanyarwanda batunze smartphone.

Yavuze ko iyi Banki isanzwe ishyize imbere uburyo bw’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi yayo bityo ko iyi gahunda ije kubashyigikira.

Yagize ati “Rero iyi gahunda ije ari umusemburo wo gukomeza kongera ubushobozi bw’abantu bose babasha kubona serivisi za Banki hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi mukuru ushinzwe abacuruzi n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Yaw Ankoma Agyapong yavuze ko igihe abantu babashije gutunga smartphone, baba banakwiye kubona internet.

Ati “Telefone na Internet birajyana, ntabwo wagira kimwe udafite ikindi. Rero ku bakiriya bacu, turababwira ko ‘gahunda ni MTN 4G, dore ko tunabafitiye pack zihendutse za internet ya 4G izabafasha kubasha kureba amashusho no kuyamanura.”

Yaw Ankoma Agyapong yaboneyeho kumenyesha abakiliya ba MTN Rwanda bifuza internet ya 4G, ko igihe ari iki kuko ibiciro byayo biri hasi.

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye

RADIOTV10

Comments 5

  1. Daniel Hitayezu says:
    3 years ago

    Ibi nibyiza cyane kuko nkatwe tubarura simcard za mtn kubera amaterefone dufite bamwe arashaje atakibasha kubona network rwose turabashimiye cyane.

    Reply
  2. Ndamuzeye Jean paul says:
    3 years ago

    4G irahenze cyane rwose

    Reply
  3. Ishimwe Patrick says:
    3 years ago

    Nonese mwabikoze bikaba rusange nabakorana nizindi bank babona smart phone

    Reply
  4. Bazibonera Protais says:
    3 years ago

    Iyo gahunda izatangira ryari ko njyewe nyikeneye cyane?
    Babikore vuba twiteguye kwishyura neza!

    Reply
  5. NIYITEGEKA David says:
    3 years ago

    Ubu s BK ntozashyiraho inyungu z’umurengera cga telephone zizatangwa Ku giciro nubundi!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

Next Post

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

IFOTO: Minisitiri kuri 'Pupitre' asoma igitabo n'abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.