Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
5
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK), batangije gahunda yiswe ‘Macye Macye’ izafasha abakiliya b’iyi sosiyete y’itumano gutunga telefone zigezweho (Smartphones) na tablets mu buryo bworoshye, aho bazajya babasha kuzigura mu buryo bw’umweenda.

Ibi bikoresho bizajya bitangwa n’amaguriro ya MTN Rwanda arimo ku cyicaro gikiru cyayo ndetse n’andi, aho abakiliya bazabasha gufata telefone y’umwenda bifuza ubundi bakajya bishyura 200 Frw ku munsi bandika *182*12#.

Buri gikoresho (Smartphone cyangwa tablet) izatangwa muri ubu buryo kizajya kishyurwa aya mafaranga 200 Frw, azaba ari kumwe na bundle y’ubuntu ya internet, ama-unite yo guhamagara ndetse na SMS.

MTN kandi ivuga ko abakiliya bazashyirirwaho uburyo bazajya bishyura bagendeye ku bushake bwabo yaba ari ku munsi, ku cyumweru cyangwa ku kwezi, aho bazajya bishyura hakoreshejwe Mobile Money.

Iyi gahunda ya MTN Rwanda iri mu murongo wo gukomeza guha serivisi zinoze abakiliya bayo no mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kugezwaho ibisubizo by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko kuba hari abatagiraSmartphone, biri mu bikomeje kubera imbogamizi abakiliya b’iyi sosiyete gukoresha internet.

Yagize ati “Ubufatanye bwacu na Banki ya Kigai buje kongerera ubushobozi abantu kubasha gukoresha internet no gukomeza gahunda yo kugeza smartphones kuri bose.”

Uyu muyobozi wa MTN Rwanda avuga ko abantu bose bakwiye kuba mu buzima bw’ikoranabuhanga, ati “Hamwe na ‘Macye Macye’, twiyemeje gutuma abantu benshi babasha kunogerwa n’ikoranabuhanga rya Internet ikaba ikiraro cyo guhuza ikoranabuhanga rigezwemo mu Gihugu, aho 75% y’abaturage badafite smartphone.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi yavuze ko iyi banki yishimiye gukorana na MTN Rwanda mu rwego rwo gukomeza kungera umubare w’Abanyarwanda batunze smartphone.

Yavuze ko iyi Banki isanzwe ishyize imbere uburyo bw’ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi yayo bityo ko iyi gahunda ije kubashyigikira.

Yagize ati “Rero iyi gahunda ije ari umusemburo wo gukomeza kongera ubushobozi bw’abantu bose babasha kubona serivisi za Banki hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi mukuru ushinzwe abacuruzi n’ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Yaw Ankoma Agyapong yavuze ko igihe abantu babashije gutunga smartphone, baba banakwiye kubona internet.

Ati “Telefone na Internet birajyana, ntabwo wagira kimwe udafite ikindi. Rero ku bakiriya bacu, turababwira ko ‘gahunda ni MTN 4G, dore ko tunabafitiye pack zihendutse za internet ya 4G izabafasha kubasha kureba amashusho no kuyamanura.”

Yaw Ankoma Agyapong yaboneyeho kumenyesha abakiliya ba MTN Rwanda bifuza internet ya 4G, ko igihe ari iki kuko ibiciro byayo biri hasi.

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye

RADIOTV10

Comments 5

  1. Daniel Hitayezu says:
    3 years ago

    Ibi nibyiza cyane kuko nkatwe tubarura simcard za mtn kubera amaterefone dufite bamwe arashaje atakibasha kubona network rwose turabashimiye cyane.

    Reply
  2. Ndamuzeye Jean paul says:
    3 years ago

    4G irahenze cyane rwose

    Reply
  3. Ishimwe Patrick says:
    3 years ago

    Nonese mwabikoze bikaba rusange nabakorana nizindi bank babona smart phone

    Reply
  4. Bazibonera Protais says:
    3 years ago

    Iyo gahunda izatangira ryari ko njyewe nyikeneye cyane?
    Babikore vuba twiteguye kwishyura neza!

    Reply
  5. NIYITEGEKA David says:
    3 years ago

    Ubu s BK ntozashyiraho inyungu z’umurengera cga telephone zizatangwa Ku giciro nubundi!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

Next Post

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

IFOTO: Minisitiri kuri 'Pupitre' asoma igitabo n'abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.