Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga MTN Rwanda, yegukanye igihembo cy’umusoreshwa mwiza w’umwaka wa 2021, mu basoreshwa b’ibigo bikuru, kiba icya 15 itwaye.

Ni igihembo yahawe mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ku munsi wahariwe gushimira abasora wizihijwe ku nshuro ya 20 wanahuriranye no kwizihiza n’isabukuru y’imyaka 25 y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahooro (RRA).

Ni umuhango wabaye ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 muri Kigali Convention Center, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Muri iki gikorwa ngarukamwaka gitegurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, hahembwe abasoreshwa bo mu byiciro bitandukanye birimo abacuruzi baciriritse ndetse n’ibigo bifite ishoramari ryagutse.

MTN Rwanda nka sosiyete iza ku isonga muri serivisi z’itumanaho mu Rwanda, yashimiwe kugira uruhare rukomeye mu kuzamura iterambere ry’ubukungu binyuze mu kwishyura imisoro mu buryo buboneye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ari iby’agaciro kwakira iki gihembo gishimangira uruhare iyi sosiyete igira mu gufasha Leta mu guteza imbere ubukungu.

Yagize ati “Twishimiye iri shimwe ry’umusoreshwa mwiza, twegukanye ku nshuro ya 15 zikurikiranya, ni umusaruro w’imbaraga dushyira mu gufasha ubukungu binyuze mu ihangwa ry’imirimo.”

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021, MTN Rwanda yishyuye imisoro n’amahoro bingana na miliyari 67,9 Frw. Muri uwo mwaka kandi MTN Rwanda yagize uruhare mu gushyigikira imirimo irenga ibihumbi 60 yashowemo arenga Miliyari 300 Frw mu Gihugu imbere.

Muri uyu muhango, Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, Pascal Bizimana Rugenintwali yavuze ko imisoro itangwa yagiye yiyongera uko imyaka yagiye ishira indi igataha, biturutse ku gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no gukusanya imisoro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wayoboye uyu muhango, we yasabye abacuruzi bose yaba abaciriritse n’abanini, gucika ku ngeso yo kudatanga inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga (EBM), abasaba gucika ku mvugo yo kubaza abaguzi niba bifuza izi nyemezabwishyu cyangwa batazifuza.

MTN Rwanda yahawe igihembo cy’umusoreshwa mukuru mwiza
Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente
Witabiriwe n’abatandukanye
N’abandi bo muri Guverinoma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Next Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.