Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga MTN Rwanda, yegukanye igihembo cy’umusoreshwa mwiza w’umwaka wa 2021, mu basoreshwa b’ibigo bikuru, kiba icya 15 itwaye.

Ni igihembo yahawe mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ku munsi wahariwe gushimira abasora wizihijwe ku nshuro ya 20 wanahuriranye no kwizihiza n’isabukuru y’imyaka 25 y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahooro (RRA).

Ni umuhango wabaye ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 muri Kigali Convention Center, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Muri iki gikorwa ngarukamwaka gitegurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, hahembwe abasoreshwa bo mu byiciro bitandukanye birimo abacuruzi baciriritse ndetse n’ibigo bifite ishoramari ryagutse.

MTN Rwanda nka sosiyete iza ku isonga muri serivisi z’itumanaho mu Rwanda, yashimiwe kugira uruhare rukomeye mu kuzamura iterambere ry’ubukungu binyuze mu kwishyura imisoro mu buryo buboneye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ari iby’agaciro kwakira iki gihembo gishimangira uruhare iyi sosiyete igira mu gufasha Leta mu guteza imbere ubukungu.

Yagize ati “Twishimiye iri shimwe ry’umusoreshwa mwiza, twegukanye ku nshuro ya 15 zikurikiranya, ni umusaruro w’imbaraga dushyira mu gufasha ubukungu binyuze mu ihangwa ry’imirimo.”

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021, MTN Rwanda yishyuye imisoro n’amahoro bingana na miliyari 67,9 Frw. Muri uwo mwaka kandi MTN Rwanda yagize uruhare mu gushyigikira imirimo irenga ibihumbi 60 yashowemo arenga Miliyari 300 Frw mu Gihugu imbere.

Muri uyu muhango, Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, Pascal Bizimana Rugenintwali yavuze ko imisoro itangwa yagiye yiyongera uko imyaka yagiye ishira indi igataha, biturutse ku gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no gukusanya imisoro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wayoboye uyu muhango, we yasabye abacuruzi bose yaba abaciriritse n’abanini, gucika ku ngeso yo kudatanga inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga (EBM), abasaba gucika ku mvugo yo kubaza abaguzi niba bifuza izi nyemezabwishyu cyangwa batazifuza.

MTN Rwanda yahawe igihembo cy’umusoreshwa mukuru mwiza
Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente
Witabiriwe n’abatandukanye
N’abandi bo muri Guverinoma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Next Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.