Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga MTN Rwanda, yegukanye igihembo cy’umusoreshwa mwiza w’umwaka wa 2021, mu basoreshwa b’ibigo bikuru, kiba icya 15 itwaye.

Ni igihembo yahawe mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ku munsi wahariwe gushimira abasora wizihijwe ku nshuro ya 20 wanahuriranye no kwizihiza n’isabukuru y’imyaka 25 y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahooro (RRA).

Ni umuhango wabaye ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 muri Kigali Convention Center, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Muri iki gikorwa ngarukamwaka gitegurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, hahembwe abasoreshwa bo mu byiciro bitandukanye birimo abacuruzi baciriritse ndetse n’ibigo bifite ishoramari ryagutse.

MTN Rwanda nka sosiyete iza ku isonga muri serivisi z’itumanaho mu Rwanda, yashimiwe kugira uruhare rukomeye mu kuzamura iterambere ry’ubukungu binyuze mu kwishyura imisoro mu buryo buboneye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ari iby’agaciro kwakira iki gihembo gishimangira uruhare iyi sosiyete igira mu gufasha Leta mu guteza imbere ubukungu.

Yagize ati “Twishimiye iri shimwe ry’umusoreshwa mwiza, twegukanye ku nshuro ya 15 zikurikiranya, ni umusaruro w’imbaraga dushyira mu gufasha ubukungu binyuze mu ihangwa ry’imirimo.”

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021, MTN Rwanda yishyuye imisoro n’amahoro bingana na miliyari 67,9 Frw. Muri uwo mwaka kandi MTN Rwanda yagize uruhare mu gushyigikira imirimo irenga ibihumbi 60 yashowemo arenga Miliyari 300 Frw mu Gihugu imbere.

Muri uyu muhango, Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, Pascal Bizimana Rugenintwali yavuze ko imisoro itangwa yagiye yiyongera uko imyaka yagiye ishira indi igataha, biturutse ku gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no gukusanya imisoro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wayoboye uyu muhango, we yasabye abacuruzi bose yaba abaciriritse n’abanini, gucika ku ngeso yo kudatanga inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga (EBM), abasaba gucika ku mvugo yo kubaza abaguzi niba bifuza izi nyemezabwishyu cyangwa batazifuza.

MTN Rwanda yahawe igihembo cy’umusoreshwa mukuru mwiza
Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente
Witabiriwe n’abatandukanye
N’abandi bo muri Guverinoma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

Next Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.