Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN Rwanda yongeye kuzanira Abanyarwanda amahirwe agamije gufasha buri wese gutunga ‘Smartphone’

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
MTN Rwanda yongeye kuzanira Abanyarwanda amahirwe agamije gufasha buri wese gutunga ‘Smartphone’
Share on FacebookShare on Twitter

Kirehe– Mu gutangiza icyiciro cya kabiri cyo kwegereza abaturage itumanaho rya interineti, Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda yamuritse telefone nshya ya ‘Smartphone’ yiswe ‘Ikosora+’ igura ibihumbi 20 Frw gusa, kandi utabasha kuyabonera rimwe na we akohereza kwishyura muri gahunda ya ‘Make make’.

Ni muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gufasha Abanyarwanda bose gutunga telefone zigezweho, igamijwe koborohereza kugerwaho n’ikoranabuhanga rya interineti, rikomeje kwifashishwa mu kubona serivisi zitandukanye.

Ni telefone izajya igurishwa ibihumbi 20 Frw ku buryo uzananirwa kuyigura kuri aya mafaranga azoreherezwa kuyibona muri gahunda ya ‘MakeMake’ nk’uko Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe abisobanura.

Yagize ati “Dufite umubare munini urenga Miliyoni tuzagezaho iyi telefone ya IKOSORA+ ku buryo buri Munyarwanda wese agerwaho n’itumanaho rya Interineti.

Dufite igisubizo kandi kuri ba bandi bafite ubushobozi bucye batabasha kuyishyura ibihumbi 20, icyo tugiye gukora, tugiye  kuborohereza kwishyura muri gahunda ya ‘MakeMake’ ku buryo tuzajya dukorana na bo bityo umukiliya akihitiramo.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yizeje ko abadafite amafaranga ahagije na bo batekerejweho

Bamwe mu baturage baguze kuri iyi telefone y’Ikosora+, bemeza ko igiye kujya ibafasha mu itumanaho ryifashijwe interineti kuko hari n’abifuzaga telefone zigezweho ariko bakagorwa n’ubushobozi kuko zihenze.

Nyiransabimana Fortunée  yagize ati “Hari imbuga nkoranyambaga ukaba wakuraho amakuru cyangwa ukaba wajya kuri YouTube ukareba hirya no hino ibikorerwayo, ukaba wanayifotoza wabika amafoto.”

Hategekimana Silas we yagize ati “Mu gihe  yaguraga ibihumbi nk’ijana cyangwa ijana na mirongo itanu, kuyabona bigoye. Igiye kumfasha gucatinga kubera ko nyine iyo ucatinga n’umuntu ubasha gukomunikana ari hanze cyangwa mu Gihugu.”

Minisitiri w’Ikorabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko kuba sosiyete y’Itumanaho nka MTN Rwanda yorohereza abaturage mu kubagezaho ikoranabuhanga ku giciro gito, bizafasha kurushaho gukoresha ikoranabuhanga nk’uko biri muri gahunda yo guha abaturage ikoranabuhanga baryikoreshereje ubwabo.

Ni telefone umuntu azajya agura ibihumbi 20 Frw, akongeraho 1 000 Frw kugira ngo abashe kubona ifatabuguzi rya Interineti ya 1GB buri munsi mu gihe cy’ukwezi kose, anahabwe iminota 100 yo guhamagara na SMS 100 mu gihe cy’iminsi mirongo itatu.

Icyiciro cya mbere muri iyi gahunda ya ‘Connect Rwanda’, MTN Rwanda yatanze Telefone zigezweho zirenga ibihumbi 26 zatangwaga ku buntu.

Iki cyiciro cya kabiri cyatangirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Kirehe, kuko ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB bw’umwaka ushize bwashyize aka Karere kuri 70%  by’abaturage batazi ikoreshwa rya interineti.

Minisiriri Paula yashimiye MTN Rwanda
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Pudence Rubingisa na we yitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mapula Bodibe

Abaje muri iyi gahunda kandi banasusurukijwe n’umuhanzi ugezweho Chris Eazy
Byari ibyishimo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 5 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe imwe mu Rwanda yeguye anavuga impamvu ibimuteye

Next Post

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.