Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

MTN Rwanda yongeye kuzanira Abanyarwanda amahirwe agamije gufasha buri wese gutunga ‘Smartphone’

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
MTN Rwanda yongeye kuzanira Abanyarwanda amahirwe agamije gufasha buri wese gutunga ‘Smartphone’
Share on FacebookShare on Twitter

Kirehe– Mu gutangiza icyiciro cya kabiri cyo kwegereza abaturage itumanaho rya interineti, Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda yamuritse telefone nshya ya ‘Smartphone’ yiswe ‘Ikosora+’ igura ibihumbi 20 Frw gusa, kandi utabasha kuyabonera rimwe na we akohereza kwishyura muri gahunda ya ‘Make make’.

Ni muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gufasha Abanyarwanda bose gutunga telefone zigezweho, igamijwe koborohereza kugerwaho n’ikoranabuhanga rya interineti, rikomeje kwifashishwa mu kubona serivisi zitandukanye.

Ni telefone izajya igurishwa ibihumbi 20 Frw ku buryo uzananirwa kuyigura kuri aya mafaranga azoreherezwa kuyibona muri gahunda ya ‘MakeMake’ nk’uko Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe abisobanura.

Yagize ati “Dufite umubare munini urenga Miliyoni tuzagezaho iyi telefone ya IKOSORA+ ku buryo buri Munyarwanda wese agerwaho n’itumanaho rya Interineti.

Dufite igisubizo kandi kuri ba bandi bafite ubushobozi bucye batabasha kuyishyura ibihumbi 20, icyo tugiye gukora, tugiye  kuborohereza kwishyura muri gahunda ya ‘MakeMake’ ku buryo tuzajya dukorana na bo bityo umukiliya akihitiramo.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yizeje ko abadafite amafaranga ahagije na bo batekerejweho

Bamwe mu baturage baguze kuri iyi telefone y’Ikosora+, bemeza ko igiye kujya ibafasha mu itumanaho ryifashijwe interineti kuko hari n’abifuzaga telefone zigezweho ariko bakagorwa n’ubushobozi kuko zihenze.

Nyiransabimana Fortunée  yagize ati “Hari imbuga nkoranyambaga ukaba wakuraho amakuru cyangwa ukaba wajya kuri YouTube ukareba hirya no hino ibikorerwayo, ukaba wanayifotoza wabika amafoto.”

Hategekimana Silas we yagize ati “Mu gihe  yaguraga ibihumbi nk’ijana cyangwa ijana na mirongo itanu, kuyabona bigoye. Igiye kumfasha gucatinga kubera ko nyine iyo ucatinga n’umuntu ubasha gukomunikana ari hanze cyangwa mu Gihugu.”

Minisitiri w’Ikorabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yavuze ko kuba sosiyete y’Itumanaho nka MTN Rwanda yorohereza abaturage mu kubagezaho ikoranabuhanga ku giciro gito, bizafasha kurushaho gukoresha ikoranabuhanga nk’uko biri muri gahunda yo guha abaturage ikoranabuhanga baryikoreshereje ubwabo.

Ni telefone umuntu azajya agura ibihumbi 20 Frw, akongeraho 1 000 Frw kugira ngo abashe kubona ifatabuguzi rya Interineti ya 1GB buri munsi mu gihe cy’ukwezi kose, anahabwe iminota 100 yo guhamagara na SMS 100 mu gihe cy’iminsi mirongo itatu.

Icyiciro cya mbere muri iyi gahunda ya ‘Connect Rwanda’, MTN Rwanda yatanze Telefone zigezweho zirenga ibihumbi 26 zatangwaga ku buntu.

Iki cyiciro cya kabiri cyatangirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Kirehe, kuko ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB bw’umwaka ushize bwashyize aka Karere kuri 70%  by’abaturage batazi ikoreshwa rya interineti.

Minisiriri Paula yashimiye MTN Rwanda
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Pudence Rubingisa na we yitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda Mapula Bodibe

Abaje muri iyi gahunda kandi banasusurukijwe n’umuhanzi ugezweho Chris Eazy
Byari ibyishimo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe imwe mu Rwanda yeguye anavuga impamvu ibimuteye

Next Post

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.