Mu Bufaransa abahinzi bakoze imyigaragambyo idasanzwe bavuga n’ikizatuma bayihagarika

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Abahinzi bo mu Bufaransa, bakoze imyigaragambyo bakoresheje ibimodoka bihinga, bafunga imihanda yerecyeza i Paris, bamagana uburyo umwuga wabo udahabwa agaciro kandi ufatiye runini benshi.

Muri iyi myigaragambyo bavuga ko umusaruro wabo ugurwa ku giciro gito, kandi bagacibwa imisoro ihanitse ndetse no kuba ibyo bahinga birutishwa ibyavuye mu mahanga.

Izindi Nkuru

Aba Bahinzi kandi binubira ko Guverinoma ikomeje kubatesha agaciro yitwaje amategeko arengera ibidukikije.

Iyi myigaragambyo yatumye Abapolisi basaga 15 000 bajya mu mihanda ngo bahangane n’abigaragambya, icyakora ngo ntibemerewe guhutaza uburenganzira bw’aba bahinzi.

Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi bo mu Bufaransa (FNSEA), Arnaud Rousseau yatangaje ko bategereje imyanzuro ya Leta ku bibazo bayigejejeho, kugira ngo babone guhagarika imyigaragambyo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru