Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu busobanuro WASAC isabwa guha PAC burimo uburyo gusobanura uko ayarenga miliyari ebyiri yakoreshejwe

radiotv10by radiotv10
08/09/2021
in MU RWANDA
0
Mu busobanuro WASAC isabwa guha PAC burimo uburyo gusobanura uko ayarenga miliyari ebyiri yakoreshejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa leta (PAC) yasabye ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC) ibusobanuro by’ibibazo bijyanye n’imicungire mibi y’umutungo bimaze igihe kinini biyigaragaramo nyamara ntibikemuke. WASAC irasabwa gusobanura uburyo amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari ebyiri yakoreshejwe.

PAC ivuga ko WASAC ari cyo kigo cyonyine kikiri kubazwa ibya raporo ya 2018 na 2019 mu gihe abandi bo bageze ku ya 2020-2021 bityo bakaba babona ko bidindiza imikorere mu kunoza serivisi igenera abaturage.

PAC kandi inenga WASAC guhora ishora akayabo k’amafaranga mu mishinga yo kugeza amazi mu bice bikunze kuyabura mu mujyi wa Kigali ariko ntibikorwe, bigatuma abaturage bahora bataka icyo kibazo.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yagaragaje ko mu igenzura bakoze muri 2018 -2019 , basanze WASAC yarishyuye Milliyoni 103 z’amafaranga y’u Rwanda (103,000,000 FRW) inshuro ebyiri ku muntu umwe ariko ntiyagaruzwa.

Uretse izi miliyoni 103, WASAC kandi irabazwa amafaranga arenga miliyari ebyiri z’amanyarwanda itarabonera ubusobanuro bw’imikoreshereze yayo.

Mu buryo iki gikorwa cyari cyateguwe, byari kuba mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko biza kuba ngombwa WASAC isabwa kwitaba PAC imbonankubone bitewe n’uko interineti yayo yatinzaga ibazwa.

Image

PAC iri guhata ibibazo WASAC ku mikoreshereze mibi y’umutungo

PAC ivuga ko gutinda kwa raporo za WASAC ari ikibazo bashobora kugereranya n’agasuzuguro ndetse kandi ko ikeneye no kumenya impamvu y’amabanga WASAC ifitanye na Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) ituma ibaha raporo y’imikoreshereze y’umutungo ariko ikayima umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta.

WASAC ivuga ko kudatanga raporo za 2019-2020 na 2020-2021 , byatewe n’amakosa yari yagaragaye muri raporo zabanje basanga  byagira ingaruka no ku yindi myaka ikurikira bituma batazitanga kuko babanje kuyakosora.

Image

PAC irashaka kumenya neza igituma imikorere ya WASAC ikomeza gucumbagira

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

VOLLEYBALL: U Rwanda rwatangiye neza irushanwa ry’igikombe cya Afurika rutsinda u Burundi mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame

Next Post

Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.