Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu busobanuro WASAC isabwa guha PAC burimo uburyo gusobanura uko ayarenga miliyari ebyiri yakoreshejwe

radiotv10by radiotv10
08/09/2021
in MU RWANDA
0
Mu busobanuro WASAC isabwa guha PAC burimo uburyo gusobanura uko ayarenga miliyari ebyiri yakoreshejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa leta (PAC) yasabye ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC) ibusobanuro by’ibibazo bijyanye n’imicungire mibi y’umutungo bimaze igihe kinini biyigaragaramo nyamara ntibikemuke. WASAC irasabwa gusobanura uburyo amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari ebyiri yakoreshejwe.

PAC ivuga ko WASAC ari cyo kigo cyonyine kikiri kubazwa ibya raporo ya 2018 na 2019 mu gihe abandi bo bageze ku ya 2020-2021 bityo bakaba babona ko bidindiza imikorere mu kunoza serivisi igenera abaturage.

PAC kandi inenga WASAC guhora ishora akayabo k’amafaranga mu mishinga yo kugeza amazi mu bice bikunze kuyabura mu mujyi wa Kigali ariko ntibikorwe, bigatuma abaturage bahora bataka icyo kibazo.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yagaragaje ko mu igenzura bakoze muri 2018 -2019 , basanze WASAC yarishyuye Milliyoni 103 z’amafaranga y’u Rwanda (103,000,000 FRW) inshuro ebyiri ku muntu umwe ariko ntiyagaruzwa.

Uretse izi miliyoni 103, WASAC kandi irabazwa amafaranga arenga miliyari ebyiri z’amanyarwanda itarabonera ubusobanuro bw’imikoreshereze yayo.

Mu buryo iki gikorwa cyari cyateguwe, byari kuba mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko biza kuba ngombwa WASAC isabwa kwitaba PAC imbonankubone bitewe n’uko interineti yayo yatinzaga ibazwa.

Image

PAC iri guhata ibibazo WASAC ku mikoreshereze mibi y’umutungo

PAC ivuga ko gutinda kwa raporo za WASAC ari ikibazo bashobora kugereranya n’agasuzuguro ndetse kandi ko ikeneye no kumenya impamvu y’amabanga WASAC ifitanye na Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) ituma ibaha raporo y’imikoreshereze y’umutungo ariko ikayima umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta.

WASAC ivuga ko kudatanga raporo za 2019-2020 na 2020-2021 , byatewe n’amakosa yari yagaragaye muri raporo zabanje basanga  byagira ingaruka no ku yindi myaka ikurikira bituma batazitanga kuko babanje kuyakosora.

Image

PAC irashaka kumenya neza igituma imikorere ya WASAC ikomeza gucumbagira

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 6 =

Previous Post

VOLLEYBALL: U Rwanda rwatangiye neza irushanwa ry’igikombe cya Afurika rutsinda u Burundi mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame

Next Post

Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.