Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss yamenyesheje Abanyarwanda ko Igihugu cye kiri kunyura mu bihe bikomeye kinjijwemo n’ibikorwa by’iterabwoba, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanya-Israel, asaba u Rwanda gukomeza kukiba hafi.

Ni mu ijambo ryatanzwe na Ambasaderi Einat Weiss riri ku rubuga rwa X rwa Ambasade ya Israle mu Rwanda, aho avuga ko mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Igihugu cyabo cyisanze mu majye.

Ati “Ntakundi nabyita uretse ubwicanyi buri gukorerwa imiryango, buri gukorerwa abana, buri gukorerwa abasaza n’abakecuru, buri gukorerwa abantu b’inzirakarengane, batagize icyo bakora.”

Akomeza avuga ko izi nzirakarengane ziri kuburira ubuzima mu bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Hamas w’Abanya-Palestine binjiye muri Israel bakica abaturage badafite ikintu na kimwe bazizwa.

Ati “Babyukiye ku gitero cy’iterabwoba cyateguwe na Hamas yohereje abantu benshi bakajya kwica abantu badafite icyo babahora, yewe batari banazi abantu bagabyeho igitero.”

Ambasaderi Einat Weiss muri iri jambo rye yagize aho afatwa n’ikiniga, ageze ku ngaruka zikomeje kubaho kubera ibi bitero, aho yagize ati “Mwibaze kubura inshuti yawe ya hafi cyangwa abantu bawe ba hafi b’umuryango wawe, abana bawe kubera ko gusa hari ibitero by’iterabwoba bigamije gusiba Israel ku ikarita y’Isi.”

We are going through a difficult time as a country, but we will emerge stronger!
WE ALWAYS HAVE, ALWAYS WILL!

Here’s an explainer from @AmbEinatWeiss about an extremely devastating terror attack on #Israel that has so far led to the murder of over 600 innocent Israelis.… pic.twitter.com/D0aDCO6CRz

— Israel in Rwanda (@IsraelinRwanda) October 8, 2023

Akomeza avuga ko abari gukora ibi nta ntego n’imwe bari kurwanira, uretse kwica abantu gusa ati “nta gitekerezo na kimwe kibiri inyuma, nta mpamvu n’imwe bafite barwanira uretse kwica gusa. Bamwe mu bishwe ni urubyiruko rwari ruri mu birori byo kwishima.”

Avuga kandi ko hari Abanya-Israel benshi bafashwe bunyago bakuwe mu ngo zabo bari baryamye bakaba bajyanywe i Gaza. Ati “Ntituzi uko bamerewe, ntituzi niba bafite icyo kurya cyangwa icyo kunywa. Icyo tuzi gusa ni ko harimo abana bato cyane barimo abafite imyaka ibiri, ibibondo, abakecuru n’abasaza, ibi ni ibintu Isi idashobora kwihanganira.”

Akomeza agira ati “Turasaba Abanyarwanda n’abandi bose batuye Isi baturi hafi gukora ibyo bashoboye byose, bakarwanya ibiri kuba, bakavuga mu ijwi ryo hejuru ko muri kumwe na Israel.”

Ibi bitero byatangiye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, byatumye Israel na yo itangiza urugamba mu bikorwa bya gisirikare bigamije guhangana n’uyu mutwe. Kugeza ubu habarwa Abanya-Israel 600 bamaze kuburira ubuzima muri iyi mirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Rwanda: Nyuma y’icyumweru abandi bantu bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu zisa

Next Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.