Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss yamenyesheje Abanyarwanda ko Igihugu cye kiri kunyura mu bihe bikomeye kinjijwemo n’ibikorwa by’iterabwoba, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanya-Israel, asaba u Rwanda gukomeza kukiba hafi.

Ni mu ijambo ryatanzwe na Ambasaderi Einat Weiss riri ku rubuga rwa X rwa Ambasade ya Israle mu Rwanda, aho avuga ko mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Igihugu cyabo cyisanze mu majye.

Ati “Ntakundi nabyita uretse ubwicanyi buri gukorerwa imiryango, buri gukorerwa abana, buri gukorerwa abasaza n’abakecuru, buri gukorerwa abantu b’inzirakarengane, batagize icyo bakora.”

Akomeza avuga ko izi nzirakarengane ziri kuburira ubuzima mu bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Hamas w’Abanya-Palestine binjiye muri Israel bakica abaturage badafite ikintu na kimwe bazizwa.

Ati “Babyukiye ku gitero cy’iterabwoba cyateguwe na Hamas yohereje abantu benshi bakajya kwica abantu badafite icyo babahora, yewe batari banazi abantu bagabyeho igitero.”

Ambasaderi Einat Weiss muri iri jambo rye yagize aho afatwa n’ikiniga, ageze ku ngaruka zikomeje kubaho kubera ibi bitero, aho yagize ati “Mwibaze kubura inshuti yawe ya hafi cyangwa abantu bawe ba hafi b’umuryango wawe, abana bawe kubera ko gusa hari ibitero by’iterabwoba bigamije gusiba Israel ku ikarita y’Isi.”

We are going through a difficult time as a country, but we will emerge stronger!
WE ALWAYS HAVE, ALWAYS WILL!

Here’s an explainer from @AmbEinatWeiss about an extremely devastating terror attack on #Israel that has so far led to the murder of over 600 innocent Israelis.… pic.twitter.com/D0aDCO6CRz

— Israel in Rwanda (@IsraelinRwanda) October 8, 2023

Akomeza avuga ko abari gukora ibi nta ntego n’imwe bari kurwanira, uretse kwica abantu gusa ati “nta gitekerezo na kimwe kibiri inyuma, nta mpamvu n’imwe bafite barwanira uretse kwica gusa. Bamwe mu bishwe ni urubyiruko rwari ruri mu birori byo kwishima.”

Avuga kandi ko hari Abanya-Israel benshi bafashwe bunyago bakuwe mu ngo zabo bari baryamye bakaba bajyanywe i Gaza. Ati “Ntituzi uko bamerewe, ntituzi niba bafite icyo kurya cyangwa icyo kunywa. Icyo tuzi gusa ni ko harimo abana bato cyane barimo abafite imyaka ibiri, ibibondo, abakecuru n’abasaza, ibi ni ibintu Isi idashobora kwihanganira.”

Akomeza agira ati “Turasaba Abanyarwanda n’abandi bose batuye Isi baturi hafi gukora ibyo bashoboye byose, bakarwanya ibiri kuba, bakavuga mu ijwi ryo hejuru ko muri kumwe na Israel.”

Ibi bitero byatangiye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, byatumye Israel na yo itangiza urugamba mu bikorwa bya gisirikare bigamije guhangana n’uyu mutwe. Kugeza ubu habarwa Abanya-Israel 600 bamaze kuburira ubuzima muri iyi mirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − six =

Previous Post

Rwanda: Nyuma y’icyumweru abandi bantu bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu zisa

Next Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.