Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo

radiotv10by radiotv10
06/04/2024
in MU RWANDA
0
Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yavuze ko mu gihe u Rwanda n’Isi yose bagiye kwinjira mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga akwiye no kwamagana ibiri kubera muri Congo, kuko byaba bibabaje mu gihe ibyabaye mu Rwanda byakongera kugira ahandi biba. 

Abahanga mu ngeri zitandukanye bavuye mu Bihugu binyuranye by’Isi; kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mata 2024, bateraniye Kigali mu nama mpuzamahanga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 30 ishize.

Bibukiranyije uko ibihe byagiye bisimburana kuva mu itegurwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza ishyizwe mu bikorwa igahitana abatutsi barenga miliyoni imwe.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yavuze ko amahanga yarebereye igikorwa cy’ubunyamaswa cyakorewe umuntu mu kinyajana cya 20.

Yagize ati “Jenoside yambuye ubuzima ikiremwamuntu, yakoze ku kintu gitinyitse kuruta ibindi, ubuzima. Abatutsi bo mu Rwanda bishwe mu buryo bwa kinyamaswa, ababishe muri ubwo buryo; bashyiraga mu bikorwa umugambi mubisha w’ubutegetsi bwariho. Ubwo butegetsi bwashaka kurimbura Abatutsi bose, ubu bugome ndengakamere bwakorewe ikiremwamuntu; ni bwo bwasoje ikinyejana cya 20, ubu ni kimwe mu bigize amateka rusange y’ikiremwamuntu.”

Minisitiri Bizimana yavuze ko amahanga atagomba kongera gusubiramo imyitwarire bagize mu mwaka wa 1994, aho yatereranye Abatutsi bariho bicwa mu Rwanda, asaba ko ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bwamaganwa.

Yagize ati “Ku mupaka w’u Rwanda; muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abishe abantu mu mwaka wa 1994 icyo Gihugu kirabacumbikiye kinabafasha gukomeza gukora ibyaha. Muzamure ijwi ryanyu. Byaba ari ikibazo gikomeye mu gihe icyaha cyamennye amaraso cyakongera kugaruka nyuma y’imyaka 30.”

Aba bahanga baganiriye kuri iyi ngingo mbere iminsi ibiri ngo hatangizwe igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Amahanga yibutswa imyitwarire yagize mu myaka 30 ishize; na yo azaba ahagarariwe muri iki gikorwa, ndetse kugeza magingo aya u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za America bayoboye abemera ko hari icyo batakoze, cyari mu bushobozi bwabo cyanashoboraga guhagarika ishyira mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside.

Dr Jean Damascene Bizimana yasabye amahanga kwamagana ibibera muri Congo

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Next Post

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.