Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu isuti y’Ubururu bwijimye Prince Kid yageze mu Rukiko bwa mbere

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu isuti y’Ubururu bwijimye Prince Kid yageze mu Rukiko bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, bwa mbere yagejewe imbere y’Urukiko kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ishimwe Dieudonne ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikekwa ko byakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Prince Kid watawe muri yombi mu mpera z’ukwezi gushize, akekwaho ibikorwa binyuranye birimo kuba yarasabaga aba bakobwa bitabiriye iri rushanwa mu bihe bitandukanye, kuryamana abizeza kuzegukana amakamba.

Bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa, ubwabo ni bo batanze amakuru y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikekwa ko bakorewe n’uyu musore Ishimwe Dieudonne AKA Prince Kid uyobora Rwanda Inspiration Backup yateguraga Miss Rwanda.

Ifatwa rye ryanagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu Nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, aho yavuze ko bitumvikana kuba umuntu yahanga umurimo w’irushanwa ry’ubwiza agamije gucuruza abantu kandi akabacuruza na we yabanje “kugira ibyo abakoresha.”

Ifungwa rya Prince Kid ryavuzweho cyane n’abantu batandukanye barimo n’abitabiriye iri rushanwa nka Amanda Akaliza wavuze ko yari aremerewe n’umutwaro wo gukomeza guceceka ihohoterwa rivugwa muri Miss Rwanda.

Uyu mukobwa wabaye Igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2021, yaboneye gushishikariza abandi bakobwa baba barahuye n’ihohoterwa muri iri rushanwa, gushira amanga bakabivuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Huye: Ukurikiranyweho gusambanya umwana avuga ko yabitewe n’amadayimoni na Primus 2

Next Post

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Related Posts

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.