Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in MU RWANDA
0
Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Abasigajwe n'amateka (Photo/Internet)

Share on FacebookShare on Twitter

Abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru ndetse n’abatabariwa muri iki cyiciro bavuga ko bigoye kugira ngo abana bo muri iyi miryango bakwiga ngo nibura barangize amashuri abanza, bagasaba gushyirirwaho umwihariko mu burezi.

Abaganiriye na RADIOTV10 ni abo mu Turere twa Huye (Amajyepfo) na Gakenke (Amajyaruguru), bavuga ko kuba batabasha kwiga ngo nibura barangize amashuri abanza biri mu bituma badatera imbere.

Bavuga ko bamwe mu bana banga kugana ishuri kuko baba babona n’ababyeyi babo batararikandagiyemo.

Umwe yagize ati “nk’ubu uwo mugabo uvuga ntiyize, hari igihe uwo muhungu we atekereza ati ‘ese ko Papa akuze akaba angannye gutya atarize, njyewe bantoteza ngo nige, njye nakurikije ubwenge afite’.”

Undi avuga ko hari n’abana bava mu ishuri kubera imibereho mini baba bayemo.

Ati “Iyo abana babo babonye iwabo batabaha ibiryo neza baratoroka barara iyo ngiyo mu binani.”

Bamwe mu babashije kugera mu ishuri bavuga ko basoje amashuli yisumbuye imbaraga zo gukomeza zigacikira aho ndetse n’abasoje kaminuza bamwe babura gisunika yo kubona akazi nk’abantu amateka agaragaza ko basigajwe inyuma.

Umwe yagize ati « Naragarageje ndadepoza ariko aho tudepoza, ntibanaduhamagare ntimunakore n’ibizamini ntunamenye n’aho dosiye yarengeye. »

Umwe muri bo avuga ko Leta isanzwe yarashyizeho politiki igenga ibyiciro byihariye nk’abafite ubumuga n’urubyiruko ariko « abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma nta politiki ihari, nibura hagiyeho politiki ivuga iti ‘abasigajwe inyuma n’amateka nk’abantu batishoboye hariho ingamba zibafasha mu gihe umuntu atazubahirije hari ibihano’. »

Aba babashije kwiga bavuga ko mu gihe bakoroherezwa kubona akazi, byanatanga umusaruro wo gutuma barumuna babo bakunda ishuri.

Umwe ati « Bizatuma na wa wundi uri kwanga ishuri arikunda kuko abasha kubona ko na we uri gutera imbere kubera ko wize. »

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Joseph Curio Havugimana avuga ko kuzamura abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, binyuzwa muri gahunda zisanzweho zo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda.

Ati « Gahunda zo gufasha abana zijyana no gutez imbere imibereho y’abaturage, gukurikirana niba umwana ageze igihe cyo kwiga, akajya kwiga ; niba uwo muryango udafite amikoro, izo gahunda zigafasha uwo muryango. »

Kugeza ubu imibare y’ihuriro ry’abahuriye ku mwuga w’ububumbyi COPORWA, igaragaza ko abari muri iki cyiciro ari ibihumbi birenga 35 mu Gihugu, muri ababashije kwiga amashuri abanza ni 6 119, abize ayisumbuye ni 1 038, naho abize imyuga ni 290 mu gihe abageze muri kaminuza ari 52.

Vedaste KUBWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

Mu isuti y’Ubururu bwijimye Prince Kid yageze mu Rukiko bwa mbere

Next Post

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.