Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu kwezi kumwe mu Rwanda hapfuye Umunyamakuru wa gatatu

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
1
Mu kwezi kumwe mu Rwanda hapfuye Umunyamakuru wa gatatu

Jean Claude Nsengimana ubanza ku ruhande rw'ibumoso

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru w’imwe muri Televiziyo zikorera mu Rwanda, yitabye Imana mu buryo butunguranye, aba uwa gatatu upfuye mu gihe kitageze mu kwezi kumwe n’igice.

Uyu munyamakuru witwa Jean Claude Nsengimana wakorera GoodRich TV, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 15 Gicurasi 2022.

Amakuru dukesha urubuga Umuyoboro.com, avuga ko kuri iki Cyumweru uyu Munyamakuru yiriwe ari muzima ndetse ko ntakibazo na gito yari afite, akaba yitabye Imana nyuma yo kujya kuryama bisanzwe.

Jean Claude Nsengimana wari uzwi nka Bright, yari asanzwe akora ikiganiro Impamba y’umunsi yakoranaga n’undi munyamakuru mugenzi we kuri GoodRich TV.

Bamwe mu bakora umwuga w’Itangazamakuru, bashenguwe n’urupfu rwa mugenzi wabo, bamwifuriza kugira iruhuko ridashira.

Uyu munyamakuru wa Goodrich TV yitabye Imana nyuma y’ukwezi kumwe kuzuye, undi Munyamakuru wari ufite izina rikomeye mu Rwanda, Celestin Ntawuyirushamaboko yitabye Imana azize uburwayi.

Celestin Ntawuyirushamaboko wakoreraga BTN TV, yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 15 Mata 2022 aho yari arwariye mu bitaro bya Kibagabaga.

Tariki indwi Mata 2022, undi Munyamakuru Herman Ndayisaba wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, na we yitabye Imana azize uburwayi bw’igisukari (Diabetes) yari amaranye igihe.

Abanyamakuru batatu bitabye Imana mu gihe kitageze mu kwezi kumwe n’igice, bikaba bikomeje gutuma bamwe mu bakora uyu mwuga bashengurwa n’impfu za bagenzi babo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jo says:
    4 years ago

    Ikinyamakuru ni Umusemburo.com not umuyoboro.com

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nine =

Previous Post

Umukino wa APR na Rayon ugiye kwandika amateka

Next Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.