Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Mu minsi ibiri ikurikirana hamenyekanye urupfu rw’abahanzi babiri b’Abarundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’urupfu rw’umuhanzikazi w’Umurundi Miss Erica, mu Burundi hongeye kuvugwa urupfu rw’undi muhanzi uzwi nka Sam Overmix waririmbye indirimbo Kiradodora yigeze guca ibintu mu Burundi no mu Rwanda.

Indirimbo Kiradodora yamamaye mu myaka ya 2006, iri mu zakunzwe cyane mu Burundi no mu Rwanda ndetse no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Umuhanzi Sam Overmix waririmbye iyi ndirimbo, yitabye Imana mu cyumweru gishize, ku wa Gatandatu tariki 18 Ugushyingo 2023, azize uburwayi.

Urupfu rwa nyakwigendera rwamanyekanye kuri iki Cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2023, ariko amakuru aturuka i Burundi avuga ko yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 18 Ugushyingo 2023.

Uyu muhanzi wari umaze iminsi aririmba indirimbo z’abandi mu tubari, bivugwa ko yari amaze iminsi arwaye ariko ntiyajya kwivuza, aho mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yarembye akajya kwa muganga ari na bwo yahise yitaba Imana.

Urupfu rwa Sam Overmix ruje nyuma y’umunsi umwe, umuhanzikazi Miss Erica na we wo mu Burundi, yitabye Imana, we witabye Imana tariki 17 Ugushyingo 2023.

Aba bahanzi b’Abarundi bitabye Imana nyuma y’amezi umunani, undi muhanzi witwa Saidi Brazza wamamaye mu ndirimbo ‘Yameze amenyo’ na yo yakunzwe cyane mu karere, na we yitabye Imana muri Werurwe 2023.

Umuhanzi Sam Overmix yitabye Imana
Urupfu rwe rukurikiranye n’urwa Miss Erica

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Ubutumwa bw’ikiniga bw’umukambwe wayoboye America nyuma yo gupfusha umugore bari bamaranye imyaka 77

Next Post

Muri Gare ya Musanze habyutse haduka inkongi y’umuriro

Related Posts

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, biravugwa ko yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Gare ya Musanze habyutse haduka inkongi y’umuriro

Muri Gare ya Musanze habyutse haduka inkongi y’umuriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.