Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasuye bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu, anahumuriza abagizweho ingaruka n’ibi biza byatewe n’imvura, yanaguye ubwo yasuraga bimwe muri ibi bikorwa.

Umukuru w’Igihugu yasuye ikigo cya Centre Scolaire Noël Nyundo, kiri mu byagizweho ingaruka cyane n’ibiza, aho umugezi wa Sebeya wuzuye ugasenya amashuri y’iki kigo.

Umukuru w’Igihugu yageze kuri iri shuri, imvura iri kugwa, yasobanuriwe uburyo ibi biza byangije ibyumba by’amashuri by’iki kigo cyagizweho ingaruka zikomeye n’ibi biza, aho hari ibice bimwe by’iri shuri bitari kwigirwamo kuko byasenyutse.

Perezida Kagame kandi yanasuye abanyeshuri biga muri iri Shuri ribanza, areba uko abanyeshuri bari gukomeza amasomo nyuma yuko bimwe mu byumba bigiragamo byangijwe n’ibiza.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuganye na bamwe mu bana biga muri iri shuri, abagezaho ubutumwa bw’ihumure nkuko yari yanabubagejejeho mbere ibi biza bikimara kuba.

Yavuganye kandi n’ubuyobozi bw’iri shuri, bwamusobanuriye ingaruka iri shuri ryahuye na zo nyuma y’ibi biza n’uburyo riri gufasha abanyeshuri gukomeza amasomo rinafashijwemo na Leta.

Uku gusura bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu Perezida Kagame yatangiriye mu gasantere ka Mahoko, akomereza muri iri shuri, yagaragazaga ko ababajwe n’ibi biza, nkuko binakubiye mu butumwa yageneye abagizweho ingaruka na byo mbere.

Yanasuye kandi uruganda rw’icyayi rwa Pfunda, na rwo ruri mu byangijwe cyane n’ibi biza, aho imyuzure yinjiye muri zimwe mu nyubako z’uru ruganda zangiritse cyane, ubu rukaba rutarongera gukora kuva ibi biza byagwirira aka gace.

Umukuru w’Igihugu yagaragarijwe aho amazi yagiye amanukira akagenda ahitana ibyo yahasangaga byose birimo ibikorwa remezo byari bigize uru ruganda.

Muri uru ruganda, hagaragara imikoki n’ibinogo byinshi byagiye bisigwa n’ibi biza, aho amazi menshi yagiye anyura agasiga ibi byose bicitse.

Perezida Paul Kagame kandi yagiye ahari hateraniye abaturage bo muri aka Karere ka Rubavu, bamwakiranye ubwuzu nubwo bagizweho ingaruka n’ibiza, ariko bakaba bishimiye kuba bahumurijwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahari hateraniye aba baturage, yahageze imvura iri kugwa, abaturage bamwakirana ibyishimo byinshi bamukomera amashyi.

Ubutumwa bw’ihumure

Perezida Paul Kagame ubwo yaganirizaga aba baturage bagizweho ingaruka n’ibiza, bacumbikiwe kuri site ya Nyemeramihigo, yababwiye ko yaje kubahumuriza kubera ibyago bagize byatewe n’ibi biza byabaye mu cyumweru gishize.

Ati “Byari ukubasura, ukubasuhuza no kubihanganisha kugira ngo mukomeze mwihangane nkuko n’ubundi mwihanganye, ibiza byatugwiririye, imyuzure, amazu yangiritse, abacu twatakaje ari bo n’ikibazo kinini cyane, abakomeretse, ibyo byose nzi ko abagishoboye kuba bariho muhanganye nacyo. Icyanzanye hano cyari ukubasura.”

Umukuru w’Igihugu yizeje aba baturage ko Leta y’u Rwanda ikomeza kubatekereza. Ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Perezida Kagame yavuze ko bamwe bazafashwa gusubira mu byabo mu gihe cya vuba. Ati “Ariko ubu turacyahanganye kugira ngo nibura mushobore kugira ubuzima no muri iki gihe mutari mu ngo zanyu cyangwa mudashobora gukora imirimo musanzwe mukora.”

Ni ubutumwa bwakiriwe neza n’aba baturage bagaragarije Umukuru w’Igihugu ibyishimo batewe no kuba yaje kubahumuriza ndetse no kubagaragariza ko Leta ikomeje kubatekereza.

Ubwo yasuraga ibikorwa byangijwe n’ibiza

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kabare says:
    3 years ago

    Thank you for the information, na president wacu dukunda yakoze guhumuriza urwanda nkuko dusanzwe tubimushimira! Narambire kubona ibyiza murwanda kdi abagizweho ingaruka nibiza niba humura bafite urwanda rutabatatira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 9 =

Previous Post

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Next Post

Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Habonetse umurambo w'Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.