Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasuye bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu, anahumuriza abagizweho ingaruka n’ibi biza byatewe n’imvura, yanaguye ubwo yasuraga bimwe muri ibi bikorwa.

Umukuru w’Igihugu yasuye ikigo cya Centre Scolaire Noël Nyundo, kiri mu byagizweho ingaruka cyane n’ibiza, aho umugezi wa Sebeya wuzuye ugasenya amashuri y’iki kigo.

Umukuru w’Igihugu yageze kuri iri shuri, imvura iri kugwa, yasobanuriwe uburyo ibi biza byangije ibyumba by’amashuri by’iki kigo cyagizweho ingaruka zikomeye n’ibi biza, aho hari ibice bimwe by’iri shuri bitari kwigirwamo kuko byasenyutse.

Perezida Kagame kandi yanasuye abanyeshuri biga muri iri Shuri ribanza, areba uko abanyeshuri bari gukomeza amasomo nyuma yuko bimwe mu byumba bigiragamo byangijwe n’ibiza.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuganye na bamwe mu bana biga muri iri shuri, abagezaho ubutumwa bw’ihumure nkuko yari yanabubagejejeho mbere ibi biza bikimara kuba.

Yavuganye kandi n’ubuyobozi bw’iri shuri, bwamusobanuriye ingaruka iri shuri ryahuye na zo nyuma y’ibi biza n’uburyo riri gufasha abanyeshuri gukomeza amasomo rinafashijwemo na Leta.

Uku gusura bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu Perezida Kagame yatangiriye mu gasantere ka Mahoko, akomereza muri iri shuri, yagaragazaga ko ababajwe n’ibi biza, nkuko binakubiye mu butumwa yageneye abagizweho ingaruka na byo mbere.

Yanasuye kandi uruganda rw’icyayi rwa Pfunda, na rwo ruri mu byangijwe cyane n’ibi biza, aho imyuzure yinjiye muri zimwe mu nyubako z’uru ruganda zangiritse cyane, ubu rukaba rutarongera gukora kuva ibi biza byagwirira aka gace.

Umukuru w’Igihugu yagaragarijwe aho amazi yagiye amanukira akagenda ahitana ibyo yahasangaga byose birimo ibikorwa remezo byari bigize uru ruganda.

Muri uru ruganda, hagaragara imikoki n’ibinogo byinshi byagiye bisigwa n’ibi biza, aho amazi menshi yagiye anyura agasiga ibi byose bicitse.

Perezida Paul Kagame kandi yagiye ahari hateraniye abaturage bo muri aka Karere ka Rubavu, bamwakiranye ubwuzu nubwo bagizweho ingaruka n’ibiza, ariko bakaba bishimiye kuba bahumurijwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahari hateraniye aba baturage, yahageze imvura iri kugwa, abaturage bamwakirana ibyishimo byinshi bamukomera amashyi.

Ubutumwa bw’ihumure

Perezida Paul Kagame ubwo yaganirizaga aba baturage bagizweho ingaruka n’ibiza, bacumbikiwe kuri site ya Nyemeramihigo, yababwiye ko yaje kubahumuriza kubera ibyago bagize byatewe n’ibi biza byabaye mu cyumweru gishize.

Ati “Byari ukubasura, ukubasuhuza no kubihanganisha kugira ngo mukomeze mwihangane nkuko n’ubundi mwihanganye, ibiza byatugwiririye, imyuzure, amazu yangiritse, abacu twatakaje ari bo n’ikibazo kinini cyane, abakomeretse, ibyo byose nzi ko abagishoboye kuba bariho muhanganye nacyo. Icyanzanye hano cyari ukubasura.”

Umukuru w’Igihugu yizeje aba baturage ko Leta y’u Rwanda ikomeza kubatekereza. Ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Perezida Kagame yavuze ko bamwe bazafashwa gusubira mu byabo mu gihe cya vuba. Ati “Ariko ubu turacyahanganye kugira ngo nibura mushobore kugira ubuzima no muri iki gihe mutari mu ngo zanyu cyangwa mudashobora gukora imirimo musanzwe mukora.”

Ni ubutumwa bwakiriwe neza n’aba baturage bagaragarije Umukuru w’Igihugu ibyishimo batewe no kuba yaje kubahumuriza ndetse no kubagaragariza ko Leta ikomeje kubatekereza.

Ubwo yasuraga ibikorwa byangijwe n’ibiza

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kabare says:
    3 years ago

    Thank you for the information, na president wacu dukunda yakoze guhumuriza urwanda nkuko dusanzwe tubimushimira! Narambire kubona ibyiza murwanda kdi abagizweho ingaruka nibiza niba humura bafite urwanda rutabatatira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Next Post

Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Habonetse umurambo w'Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.