Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mu mvura itava ku butaka Perezida Kagame yagiye guhumuriza abashegeshwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yasuye bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu, anahumuriza abagizweho ingaruka n’ibi biza byatewe n’imvura, yanaguye ubwo yasuraga bimwe muri ibi bikorwa.

Umukuru w’Igihugu yasuye ikigo cya Centre Scolaire Noël Nyundo, kiri mu byagizweho ingaruka cyane n’ibiza, aho umugezi wa Sebeya wuzuye ugasenya amashuri y’iki kigo.

Umukuru w’Igihugu yageze kuri iri shuri, imvura iri kugwa, yasobanuriwe uburyo ibi biza byangije ibyumba by’amashuri by’iki kigo cyagizweho ingaruka zikomeye n’ibi biza, aho hari ibice bimwe by’iri shuri bitari kwigirwamo kuko byasenyutse.

Perezida Kagame kandi yanasuye abanyeshuri biga muri iri Shuri ribanza, areba uko abanyeshuri bari gukomeza amasomo nyuma yuko bimwe mu byumba bigiragamo byangijwe n’ibiza.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuganye na bamwe mu bana biga muri iri shuri, abagezaho ubutumwa bw’ihumure nkuko yari yanabubagejejeho mbere ibi biza bikimara kuba.

Yavuganye kandi n’ubuyobozi bw’iri shuri, bwamusobanuriye ingaruka iri shuri ryahuye na zo nyuma y’ibi biza n’uburyo riri gufasha abanyeshuri gukomeza amasomo rinafashijwemo na Leta.

Uku gusura bimwe mu bikorwa byangijwe n’ibiza mu Karere ka Rubavu Perezida Kagame yatangiriye mu gasantere ka Mahoko, akomereza muri iri shuri, yagaragazaga ko ababajwe n’ibi biza, nkuko binakubiye mu butumwa yageneye abagizweho ingaruka na byo mbere.

Yanasuye kandi uruganda rw’icyayi rwa Pfunda, na rwo ruri mu byangijwe cyane n’ibi biza, aho imyuzure yinjiye muri zimwe mu nyubako z’uru ruganda zangiritse cyane, ubu rukaba rutarongera gukora kuva ibi biza byagwirira aka gace.

Umukuru w’Igihugu yagaragarijwe aho amazi yagiye amanukira akagenda ahitana ibyo yahasangaga byose birimo ibikorwa remezo byari bigize uru ruganda.

Muri uru ruganda, hagaragara imikoki n’ibinogo byinshi byagiye bisigwa n’ibi biza, aho amazi menshi yagiye anyura agasiga ibi byose bicitse.

Perezida Paul Kagame kandi yagiye ahari hateraniye abaturage bo muri aka Karere ka Rubavu, bamwakiranye ubwuzu nubwo bagizweho ingaruka n’ibiza, ariko bakaba bishimiye kuba bahumurijwe n’Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahari hateraniye aba baturage, yahageze imvura iri kugwa, abaturage bamwakirana ibyishimo byinshi bamukomera amashyi.

Ubutumwa bw’ihumure

Perezida Paul Kagame ubwo yaganirizaga aba baturage bagizweho ingaruka n’ibiza, bacumbikiwe kuri site ya Nyemeramihigo, yababwiye ko yaje kubahumuriza kubera ibyago bagize byatewe n’ibi biza byabaye mu cyumweru gishize.

Ati “Byari ukubasura, ukubasuhuza no kubihanganisha kugira ngo mukomeze mwihangane nkuko n’ubundi mwihanganye, ibiza byatugwiririye, imyuzure, amazu yangiritse, abacu twatakaje ari bo n’ikibazo kinini cyane, abakomeretse, ibyo byose nzi ko abagishoboye kuba bariho muhanganye nacyo. Icyanzanye hano cyari ukubasura.”

Umukuru w’Igihugu yizeje aba baturage ko Leta y’u Rwanda ikomeza kubatekereza. Ati “Uko muhangayitse natwe biraduhangayikishije, kubona uko mumeze, ndetse tunashakisha ibishoboka byose kugira ngo dushobore kubafasha muri ibi bihe bitoroshye murimo.”

Perezida Kagame yavuze ko bamwe bazafashwa gusubira mu byabo mu gihe cya vuba. Ati “Ariko ubu turacyahanganye kugira ngo nibura mushobore kugira ubuzima no muri iki gihe mutari mu ngo zanyu cyangwa mudashobora gukora imirimo musanzwe mukora.”

Ni ubutumwa bwakiriwe neza n’aba baturage bagaragarije Umukuru w’Igihugu ibyishimo batewe no kuba yaje kubahumuriza ndetse no kubagaragariza ko Leta ikomeje kubatekereza.

Ubwo yasuraga ibikorwa byangijwe n’ibiza

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kabare says:
    3 years ago

    Thank you for the information, na president wacu dukunda yakoze guhumuriza urwanda nkuko dusanzwe tubimushimira! Narambire kubona ibyiza murwanda kdi abagizweho ingaruka nibiza niba humura bafite urwanda rutabatatira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 3 =

Previous Post

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Next Post

Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Habonetse umurambo w'Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.