Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu myaka 18 bwa mbere urutonde rw’abahatanira igihembo cy’umukinnyi mwiza hari utarugaragayeho

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu myaka 18 bwa mbere urutonde rw’abahatanira igihembo cy’umukinnyi mwiza hari utarugaragayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva muri 2005, rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo ntiyaje ku rutonde rw’abakinnyi 30 bagomba kuzavamo uzegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi [Ballon d’Or], mu gihe mugenzi we Lionel Messi aruyoboye.

Urutonde rw’abakinnyi bazatorwamo uzatwara Ballon d’Or ya 2023 rwatangajwe kuri uyu wa Gatatu, ruriho abakinnyi benshi b’ibyamamare biganjemo abakina muri Shampiyona y’u Bwongereza [English Premier League].

Abenshi baravuga ko Messi nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona mu Bufaransa ndetse n’igikombe cy’Isi, ari we uhabwa amahirwe ya mbere yo kwegukana iki gihembo kiruta ibindi ku mukinnyi ku giti cye.

Ariko nanone ntawakwirengagiza rutahizamu Erling Braut Haaland wa Manchester City wegukanye ibikombe 3 bikomeye birimo Shampiyona y’Abongereza, FA Cup na UEFA Champions League kandi abigizemo uruhare rugaragara cyane aho yatsindagamo ibitego byinshi.

Hari n’andi mazina agarukwaho cyane, nka Kevin De Bruyne, Rodri, n’abandi.

 

Kuva muri 2005 habaye amateka

Kuva 2005 ni bwo bwa mbere bibaye ko urutonde rw’abakinnyi 30 ba nyuma bahatanira iki gihembo rusohoka hakaburaho kizigenza Cristiano Ronaldo ahanini bijyanye n’uko atagize umwaka w’imikino mwiza.

 

URUTONDE RWOSE

Josko Gvardiol, Andre Onana, Jamal Musiala, Karim Benzema, Mohamed Salah, Bukayo Saka, Kevin de Bruyne, Jude Bellingham, Randal Kolo Muani, Bernardo Silva, Khvicha Kvaratskhelia, Emiliano Martinez, Ruben Dias, Erling Haaland, Nicolo Barella, Martin Odegaard, Ilkay Gundogan, Yassine Bounou, Julian Alvarez, Vinicius Jr, Rodri, Antoine Griezmann, Lionel Messi, Lautaro Martinez, Robert Lewandowski, Kim Min-Jae, Luka Modric, Kylian Mbappe, Victor Osimhen na Harry Kane.

Umuhango wo gutanga ibi bihembo uteganyijwe kuba tariki ya 30 Ukwakira 2023, ukabera i Paris Mu Bufaransa muri Théâtre du Châtelet.

Deus Abel KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Next Post

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.