Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
General Muhoozi yavuze umuntu yubaha by’ikirenga nyuma y’ababyeyi be
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akaba umuhungu wa Perezida Museveni, yongeye gushima Perezida Paul Kagame, avuga ko ari intwari asanzwe afatiraho icyitegererezo.

Ni mu butumwa yanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda, ku rubuga nkoranyambaga rwA X, amaze iminsi yarongeye gukoresha cyane.

Muri ubu butumwa yashyizeho mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza, General Muhoozi yagize ati “Afande Kagame ni mwiza nkanjye, kandi ni Intwari, ni umuntu w’icyitegererezo kuri njye.”

General Muhoozi ukunze kwita Perezida Kagame, ‘My Uncle’; yongeye kubimwita, aho yakomeje ubutumwa bwe n’ubundi mu rurimi rw’ikinyarwanda agira ati “Nkunda Uncle wanjye cyane.”

General Muhoozi Kainerugaba, ni kenshi akunze kugaragaza ko Perezida Paul Kagame ari umuntu yubaha by’ikirenga, kandi afatiraho icyogererezo, aho mezi macye ashize, muri Nzeri uyu mwaka na bwo yari yagize ati “Nyuma ya Data na Mama ndetse na Afande Saleh [Se wabo, umuvandimwe wa Museveni] ntakindi kiremwa-muntu nubaha nka ‘my uncle Perezida Kagame. Ni umujyanama akaba n’umwarimu kuri njye.”

General Muhoozi wagize uruhare rukomeye mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, wigeze kumara imyaka itatu urimo igitotsi, yanabishimiwe na Perezida Paul Kagame ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru y’amavuko ye y’imyaka 48 byabaye muri 2022 byabereye muri Uganda.

Muri 2023 kandi General Muhoozi yizihirije isabukuru ye y’imyaka 49 mu Rwanda, aho yavuze ko yagombaga gukorera ibi birori kwa ‘my Uncle’ Paul kagame, ndetse akaba ari na ko byagenze, kuko yakiriwe n’Umukuru w’u Rwanda mu rugo.

Muri Werurwe 2022, ubwo General Muhoozi yakoreraga ingendo mu Rwanda zo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi, yanagabiwe Inka z’Inyambo na Perezida Kagame, aho nyuma y’umwaka umwe, muri Mata umwaka ushize wa 2023, yavuze ko Inka 10 yagabiwe na Perezida w’u Rwanda, zari zarorotse zimaze kuba 17.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

Umwana wapfiriye ku ishuri bikavugwa ko yiyahuye umuryango we wabivuze ukundi

Next Post

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.