Mugishaaaa Moiseeee…Ku nshuro ya mbere Umunyarwanda yegukanye Etape muri TdRda ya 2.1

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Byatangiye kuryoha ubwo Perezida Kagame Paul yahaga umugisha iyi Tour du Rwanda 2022, biza kuba akarusho ubwo Umugisha Mugisha Moise yegukanaga aka gace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, aba Umunyarwanda wa mbere utwaye Etape kuva iri siganwa ryazamurwa kuri 2.1.

Ku isaha ya saa sita na mirongo itanu, Umunyarwanda Mugisha Moise yakandagije ipine ku murongo w’umweru i Rebero ahazwi nko kuri Canal Olympia ahasorejwe Tour du Rwanda 2022.

Izindi Nkuru

Ni amateka yanditswe ku Banyarwanda, kuko Mugisha Moise abaye Umunyarwanda wa mbere wegukanye agace kuva iri rushanwa ryazamurwa ku gipimo cya 2.1.

Mugisha Moise wazamutse umusozi wa Rebero ari kumwe n’abakinnyi bakomeye b’ikipe ya Total Energies  Dujardin Sandy na Geniez Alexandre bombi begukanye uduce tumwe muri iri siganwa.

Abasesengura umukino w’amagare by’umwihariko Tour du Rwanda babonye uburyo aba bakinnyi basoje aka gace, bavuga ko aba basore babiri ba Total Energies babonye uburyo Mugisha yagaragaje ishyaka bakirinda guhangana na we mu kwegukana aka gace, bakakamuharira.

Gusa iri siganwa ryegukanye n’Umunya-Eritrea Tesfazion Natnael ufite amateka akomeye muri iri rushanwa aho yakunze guhangana bikomeye.

Tesfazion Natnael kandi yegukanye Tour du Rwanda ya 2020, ubwo yarushaga yayitwaraga Umunyarwanda Mugisha Moise wanegukanye agace ka nyuma k’iri siganwa ry’uyu mwaka wa 2022, icyo gihe yari amurushije amasegonda 54”.

Mugisha Moise akoze amateka

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru